Digiqole ad

Itorero CELPAR:Kwishyuza abifuza gufashwa

MUHANGA: Itorero CELPAR ririshyuza abifuza gufashwa na Compassion

Mu karere ka Muhanga, ababyeyi barinubira uko bari kwakwa amafaranga 1000 n’itorero CELPAR ngo rishyire abana babo mu mushinga Compassion ngo babarihire amashuri.

Kugirango bafashwe na Compassion barasabwa kwishyura!
Kugirango bafashwe na Compassion barasabwa kwishyura!

Uku kutavuga rumwe rero kwatangiye ubwo iri torero ryatangiye kwandika abana batishoboye bo mu karere ka Muhanga kugirango barihirwe amashuri  bagasabwa rero amafaranga 1000 kugirango babashe kurihirwa n’uyu muryango.

Bamwe mu babyeyi ntibumva impamvu y’aya mafaranga  kandi ubundi ubusanzwe abana barihirwa amashuri n’uyu mushinga ngo binjiriramo ubuntu, bamwe mubo twavuganye barimo batangaje ko bari baje kwiyandikisha ariko pasteur w’iryo torero akababwira ko bagomba kubanza kwishyura amafaranga y’umusanzu ngo ntibumva impamvu bashyiraho ikiguzi.

Umusaza Ntakobagira Anastase ati: ’’ sinumva impamvu batwishyuza njye ariya sinayatanga byaba ari nko gutanga ruswa’’ ariko nubwo ababyeyi bamwe batabyemera hari abandi bumva gutanga ayo mafaranga inshuro imwe gusa hanyuma umwana akarihirwa amashuri ntacyo bitwaye ngo abana bakigira ahantu hameze neza.

Umuyobozi w’itorero CELPAR Muhanga aratangaza ko ayo mafaranga yemejwe n’abahagarariye ababyeyi b’abana bazafashwa n’uyu muryango ngo bategure aho abo bana bazigira yongeyeho ko ngo iyo compasion ije kubasura igomba gusanga abana bigira ahantu heza kandi hafite isuku ngo niyo mpamvu y’ayo mafaranga.

Nyamara nubwo  gutegura ibikorwa bya compassion bikomeje muri iri torero, abahagarariye compassion mu rwego rw’igihugu ngo nta gahunda  y’ibikorwa byo gufasha abana bafitanye n’iri torero ndetse ko by’umwihariko ntanaho bateganya gukora ibikorwa bya compassion muri aka karere. Ibi rero biratera urujijo ababyeyi b’aba bana.

Mukatete Paulette
Umuseke.com

1 Comment

  • uyu mupastori watubwira izina rye ko ibi bitigeze bibaho,si non uyu munyamakuru yaba abeshyera itorero celpar,ni umuntu ku giti ke ariko wakagombye kuvuga uwo ariwe

Comments are closed.

en_USEnglish