ISIS ivuga ko yashinze ibirindiro no muri Yemen
Nyuma ya Iraq, Syria, Libya ubu umutwe wa ISIS washyize ibindi birindiro muri Yemen, iki gihugu kikaba kimaze iminsi cyarabaye isibaniro hagari y’aba Houthi n’ingabo za Leta zifashijwe n’izo mu bihugu by’Abarabu biyobowe na Arabie Saoudite.
Abahanga bavuga ko ISIS yageze muriYemen umwaka ushize ariko ubu ngo nibwo ikimara kuhafata neza.
Muri Video bashyize ahagaragara kuri uyu wa mbere, abarwanyi ba ISIS bagaragaye bashing idalapo ryabo muri bumwe mu butayu bwo muri Yemen, hafi y’umurwa mukuru wa Yemen witwa Sana’a.
Abarwanyi ba ISIS bisunganye n’aba Houthi bafashijwe na Iran mu kurwanya ingabo za Yemen zifashijwe n’ibihugu by’Abarabu biyobowe na Arabie Saoudite.
Iki kivugwa ngo ni uko aba barwanyi bashaka gusimbura Al Quaeda muri kariya gace keregereye umwigimbakirwa w’Abarabu(Arabian Peninsula).
Mu kwezi gushize ISIS yateze bombe mu misigiti iri muri Sana’a zihitana abantu benshi.
Ziriya bombe zaturikijwe n’abarwanyi bane bari bazambaye mu mikandara bajya mu misigiti bica abantu 137 bakomeretsa abandi 357 nk’uko Mailonline yabyanditse.
UM– USEKE.RW
3 Comments
ibi byarahanuwe.
ibyahanuwe bigiye gusohora,
Ubundi imperuka iregereje,hasigaye gufata yerusalem.ubundi impanda igahita ivuga,eliminate nabakafree kakababaho:-S
Comments are closed.