Digiqole ad

Irak: Abantu 10 bakomerekeye i Mossoul

Abantu  10 bakomerekeye mu mirwano  ahitwa Mossoul!

Kuri uyu wa mbere   Abantu 10  nibo  bakomerekeye mu mirwano mu gace kitwa   Mossoul muri Iraki , imirwano ikaba yabaye hagati  y’ingabo zicunga umutekano muri iki gihugu  n’ abigaragambyaga batifuzako ingabo z’  Amerika   zava ku butaka bw’iki gihugu nkuko bitangazwa n’ abahamya babibonye ndetse n’ abaganga.

Ingabo zirinda umutekano  zikaba zakoresheje  imbunda zirasa amazi aho zarasaga mu kirere kugirango zitangire abo bigaragambyaga bageraga ku  bihumbi  3.000  bifuzaga kugira aho bahurira  bose kandi hamwe .

Umwe mu makuru aturuka mu bitaro biherereye  i Mossoul mu banganga b’ ibitaro bagize bati : “twakiriye abantu10 bakomeretse , harimo abapolisi. Ibikomere byabo byatewe n’ amabuye ndetse n’ inkoni.

Jenerali Hassan Karim Khoudaïr, akaba na komanda  w’ingabo wo mu ntara ya  Ninive, yemeje ko ingabo zirinda umutekano  zitigeze zirasa ku bigaragambyaga.

Mu kiganiro n’ abanyamakuru kuri uyu wa mbere Jenerali Hassan akaba yagize ati :”ahubwo twe dufite abapolisi benshi bakomeretse bakaba  batewe ibyuma n’inkota zari zitwajwe n’ abigaragambya  “,

Yongeyeho agira  ati : “twakiriye amabwiriza aturuka kwa minisitiri w’intebe wa Irak Nouri al Maliki atwihanagiriza bidasubirwaho ngo twe  kurasa ku bigaragambya. Ibikomere byabo byatewe n’ amabuye yajugunywaga kuri bo bayateraterana “.

Kuri iki cyumweru kandi abantu  basaga 5.000 bakaba nabo barigaragambije mu mujyi munini uherereye mu  majyaruguru ya Irak, aho basabaga kubahiriza ingengabihe  isaba Abanyamerika  bari ku butaka bwabo gusubira mu gihugu cyabo nkuko biteganijwe mu mpera z’uyu mwaka.

Kuwa gatandatu, abashyigikiye umwe mubihayimana ( l’imam )uturuka mu bwoko bwa Abashiyite  Moktada al Sadr nabo bakaba barigaragambije mu murwa mukuru Bagdad, aho bavugaga ko biteguye kurwana inkundura niba igisirikare cy’  Abanyamerika kidasubiye iwabo  nkuko biteganijwe .

Kuwa kane  ushize, abarenga  5.000  nabo bakaba barigagaragambije mu gace ka Bassorah, kari mu majyepho aka gace kakaba gakungahaye kuri peteroli aho baburiraga Abanyamerika kujya iwabo mu maguru mashya.

Mu rugendo aherutsemo mu murwa mukuru Bagdad hari kuri uyu wa gatanu, uyobora ingabo zo mu mazi  (amiral) Mike Mullen, akaba n’umugaba w ‘ingabo z’Abanyamerika akaba yaratangaje ko guverinoma y’ abanya Iraki  itigeze isaba itariki nyakuri yo gutahukana igisirikare cy’ Abanyamerika kiri ku butaka bwa Irak.

Jonas Muhawenimana
Umuseke.com

en_USEnglish