Digiqole ad

Imyambarire: Ujya gusaba akazi akwiye kwita ku byo yambara

 Imyambarire: Ujya gusaba akazi akwiye kwita ku byo yambara

Imyambarire ni kimwe mu bigaragaza umuntu uwo ari we, Abanyarwanda bo hambere babizi cyane kuko iyo batahaga ubukwe hari abimwaga ibyicaro abandi bakajyanwa ikambere no mu myanya y’ibyubahiro kubera uko bambaye. Ujya gusaba akazi na we aba akwiye kugira uko yambara kugira ngo hatagira umucishamo ijisho akaba yabura akazi kubera uko yigaragaje.

Uba ukwiye kugaragara neza, ukambara ibijyanye
Uba ukwiye kugaragara neza, ukambara ibijyanye

Abahanga mu by’imyambarire bavuga ko na none biba byiza iyo wambaye imyenda ijyanye n’akazi ugiye gusaba, gusa bakavuga ko imyambarire igaragaza uko mu mutwe hawe hameze bityo rero ko akazi kose waba ugiye gusaba uba ukwiye kugaragara neza.

Benshi mu bazi igisobanuro cyo kwambara bemeza ko umwambaro mwiza uha ijambo uwambaye, bikaba akarusho ku bagabo, bon go hari umwihariko w’imyambarire baba bakwiye kugaragaramo igihe bagiye gusaba akazi ku munsi wa mbere.

Zimwe mu ngingo nkuru wakwibandaho

  • Mbere yo kwerekeza aho ujya gusaba akazi ni ngombwa guhitamo inkweto nziza ndetse n’umukandara wambaye  byaba byiza uramutse usa  n’inkweto wambaye,
  • ni byiza guhitamo ishati y’ibara rimwe,
  • isaha ni kimwe mu bintu udakwiye kwibagirwa, cyane ko niyo uyambaye bishobora kwerekana ko uzi guha agaciro ndetse no gukoresha neza igihe,
  • Ni ngombwa kwambara amasogisi ndetse  byaba akarusho akaba afite ibara rimwe,
  • Ni ngombwa kwibuka guhitamo igikapu cyiza cyo gutwaramo ibyangombwa byawe.

Umugabo nyawe ni uwimenya ndetse agaha agaciro buri kintu cyose, gutera imbere nabyo  biva mu mbaraga wakoresheje. Hitamo neza witondere imyambaro wambara ku munsi wa mbere wo gusaba akazi utazisama wasandaye ukaba wabura akazi kubera kutamenya imyambarire.

Gerageza ingendo yawe ijyane n'uko wambaye
Gerageza ingendo yawe ijyane n’uko wambaye
Agakweto k'ingozi gahanagure neza
Agakweto k’ingozi gahanagure neza
Iyo wambaye agasaha babona ko ugendera ku gihe kandi uri rutica umugambi
Iyo wambaye agasaha babona ko ugendera ku gihe kandi uri rutica umugambi
Malete utwayemo ibyangombwa igomba kuba igaragara neza
Malete utwayemo ibyangombwa igomba kuba igaragara neza

Robert KAYIHURA
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • Ni sawa kabisa nanjye rwose ngomba kubi kurikiza peuuuu

Comments are closed.

en_USEnglish