Digiqole ad

Imirimo yo kubaka isoko rishya rya Muhanga igiye gutangira

 Imirimo yo kubaka isoko rishya rya Muhanga igiye gutangira

Isoko rya Muhanga rirashaje ngo hakenewe irishya rya kijyambere

Ku mugoroba wo kuri uyu wa  21/09/2015 mu nama nyunguranabitekerezo yahuje Ubuyobozi bw’Intara y’amajyepfo, Akarere ka Muhanga na bamwe mu bikorera, Dushimimana Claude  Umuyobozi wungirije  mu rugaga rw’abikorera mu ntara y’amajyepfo akaba na Perezida  wa  Kompanyi ifite kubaka isoko mu nshingano zayo (Muhanga Investment Group) yatangaje ko  bamaze gukusanya miliyoni zisaga 40  z’u Rwanda  zo kubaka isoko rya kijyambare.

Bamwe mu bikorera mu karere ka Muhanga bemeranyijwe ko bagomba gutanga imisanzu yo kubaka isoko.
Bamwe mu bikorera mu karere ka Muhanga bemeranyijwe ko bagomba gutanga imisanzu yo kubaka isoko.

Uyu n’umwe mu myanzuro abikorera bo mu karere ka Muhanga biyemeje gushyira  mu bikorwa nyuma y’umwiherero bakoreye mu karere ka Karongi  muri Mata  2015  bakavuga ko  bagomba kubaka  isoko rya kijyambare kuko  irihari rishaje cyane.

Claude Dushimimana wungirije mu rugaga rw’abikorera avuga ko abikorera 86 bashyize umukono  ku nyandiko mvugo  yemeza ko bagomba kubaka isoko,  abarenga 30 muri bo   aribo bamaze gutanga  miliyoni  40  zo gutangira,  aya mafaranga akaba amaze kugera kuri konti  bitiriye  MIG yagenewe inyubako, asigaye akazatangwa uko ubushobozi bugenda buboneka.

Uyu muyobozi kandi yavuze ko mbere y’uko batanga aya mafaranga babanje gukora inyigo n’igishushanyo cy’ahazubakwa isoko, bakora n’amasezerano y’ubufatanye bw’abikorera  n’Akarere kubera ko  hari igice  gito cy’imigabane akarere kagomba gushyira muri iyi nyubako.

Dushimimana ati “Hari ikizere gihari gishingiye kuri aya mafaranga abikorera bamaze gutanga, iki n’ikimenyetso kigaragaza ko n’andi asigaye agiye gutangwa gusa bisaba ko habaho ubukangurambaga mu bikorera”

Maj Gen Alex Kagame, Umuyobozi w’ingabo  mu ntara y’Amajyepfo, yabwiye  abikorera  ko bakwiye kwiha igihe kuko, iminsi  bihaye  iri yo guteza imbere Akarere kabo iri gushira nta kintu kigaragara bari bakora, abasaba ko  biha igihe ntarengwa cy’iminsi  imirimo yo kubaka isoko izatangira kubera ko  igihe ari amafaranga kugikoresha nabi  bitera igihombo.

Alphonse Munyantwali  Guverineri w’Intara  y’Amajyepfo wasabye abikorera  gufatira urugero rwiza ku karere ka Huye na Nyamagabe, kuko utu turere  twombi tumaze kubaka amasoko  ya kijyambere  kandi tutarusha ubushobozi  Akarere ka Muhanga, anabibutsa ko mu nama nyinshi bagiranye n’abikorera badahwema  kubibutsa ibikorwa nk’ibi biteza imbere akarere batuyemo.

Abakurikiranira hafi ubufatanye bw’abikorera mu karere ka Muhanga, bavuga ko  kudahuza ingufu biterwa  no kuba  hari amafaranga  bigeze gutanga mu cyitwaga Sosiyete y’ishoramari ya Muhanga,  agacungwa n’Ubuyobozi bw’akarere ariko akaba yaraburiwe irengero  kugeza n’uyu munsi.

Uwa kabiri uhereye iburyo Guv Munyantwali n'abandi bayobozi mu karere ka Muhanga no mu Ntara y'Amajyepfo.
Guverineri Alphonse Munyantwali aha inama aba bikorera b’i Muhanga.
Isoko rya Muhanga rirashaje ngo hakenewe irishya rya kijyambere
Isoko rya Muhanga rirashaje ngo hakenewe irishya rya kijyambere

MUHIZI Elisee
UM– USEKE.RW-Muhanga

1 Comment

  • Ntabyo bazapfa kugeraho haracyari utubazo tw’abayobozi bamwe bamwe

Comments are closed.

en_USEnglish