Digiqole ad

Imikino yo kwibuka Rayon Sports na La Jeunnesse ku mukino wa nyuma

Remera – Amarushanwa yo kwibuka abakinnyi n’abakunzi ba siporo muri rusange bazize Jenocide yakorewe abatutsi mu 1994,mu mupira w’amaguru amakipe ane yabaye aya mbere yahatanye none kuwa 05 Kamena 2013 kuri Stade Amahoro. Amakipe ya Rayon Sports na La jeunesse nizo zabonye tike yo gukina umukino wa nyuma uzaba kuwa gatandatu.

Moses Kanamugire wa La jeunesse yabereye ibamba ikipe ya Police FC
Moses Kanamugire wa La jeunesse yabereye ibamba ikipe ya Police FC

Imikino yatangiye saa saba z’amanywa ikipe ya La Jeunnesse ihatanaga n’ikipe ya Police FC, amakipe yombi akaba yaje kunganya 0 – 0 nyuma y’iminota 90 y’umukino nuko hitabazwa za penaliti, La Jeunnesse ibasha kwinjiza 5 kuri 4 za Police FC iyi iba ivuyemo.

Umukino wa kabiri wahuje Rayon Sport yatwaye igikombe cya shampiona na Mukura VS zombie zo mu majyepfo y’u Rwanda.

Umukino warangiye Rayon Sports itsinze ibitego 2 kuri 1 cya Mukura.

Ibitego bya Rayon Sports byinjijwe na Niyonshuti Gad bakunze kwita Evra n’umutwe ku mupira uvuye muri corner, icya kabiri gitsindwa na Kambale Salita Gentil byose byinjiye mu gice cya mbere.

Igitego cya Mukurua cyinjiye mu gice cya kabiri gitsinzwe na Mugabo Gabriel, iki gitego kikaba kitavuzweho rumwe kuko kinjiye nyuma yuko uyu myugariro wa Mukura, unashakwa na Rayon Sports, yari amaze kugonga mu kirere umunyezamu Nzarora Marcel wa Rayon wafataga umupira.

Muri iki gice cya kabiri, ikipe ya Mukura ikaba yakinnye neza cyane kurusha Rayon Sports, ndetse inabura amahirwe menshi yo kwinjiza igitego cyo kwishyura bibiri yari yatsinzwe mu gice cya mbere.

Rayon Sports yakinaga idafite abakinnyi bayo nka Abuba Sibomana, umuzamu Bikorimana Gerard, Hategekimana Aphrodis n’abandi bari mu mavubi hamwe na Fuad Ndayisenga ubu ubarizwa Dubai.

Iyi mikino ikaba yarateguwe ku bufatanye hagati ya  RGB, Komite Olempike y’igihugu, CNLG, na Minispoc ndetse na  FERWAFA itsanganyamatsiko ikaba ari “twibuke abakinnyi bazize genocide twamagana abayihakana n’abayipfobya kandi duharanira kwigira.”

Imikino yabaye none ikaba yitabiriwe n’abantu bacye, umukino wa nyuma mu mipira w’amaguru ukazahuza Rayon Sports na La Jeunesse kuwa gatandatu itsinda ikegukana igikombe.

Abakinnyi ba Police
IMG_1359
Ndayishimiye Yousouf uzwi cyane nka Kabishi, rutahizamu wa Police FC ubu
IMG_1313
We na mugenzi we Murwanashyaka Corneille (ibumoso) ba rutahizamu ba Police bagerageje biranga
IMG_1343
Abafana ba Rayon bamwe bari batangiye kwinjira. Rwarutabura
IMG_1377
Gashugi Abdul Karim (uri guseka) yahoze muri Police ubu ari muri La Jeunnesse, uyu akaba murumuna wa Munyaneza Juma wamenyekanye mu Amavubi mu 1999
Abakinnyi ba La Jeunnesse bishimira intsinzi nyuma ya za penaliti
Abakinnyi ba La Jeunnesse bishimira intsinzi nyuma ya za penaliti
IMG_1401
Ba Mayors Leandre Karekezi na Murenzi Abdallah ba Gisagara na Nyanza mu majyepfo
IMG_1402
Iburyo ni umuyobozi wa FERWAFA Ntagungira Celestin
IMG_1404
Padiri Mugengana Wellars (wambaye umuhondo n’umukara) umwe mu baba hafi cyane ya Mukura VS
IMG_1410
Mukura na Rayon baje guhangana
IMG_1412
Ba captain b’amakipe yombi babanje gutanga ubutumwa bwo kwibuka. Uyu ni Mugabo Gabriel wa Mukura
IMG_1415
Nizigiyimana Karim wa Rayon Sports
IMG_1424
Mukura VS yabanje mu kibuga
IMG_1429
Rayon Sports yabanjemo
IMG_1438
Ubwitabire kuri iyi mikino bwari hasi
IMG_1448
Kambale Salita bita Papy Kamanzi wa Rayon ahanganye na Providence wa Mukura
IMG_1466
Umunyezamu Shyaka Robert wa Mukura yakoze akazi gakomeye cyane mu gice cya mbere
rayo
Abasore ba Rayon bishimira igitego cya kabiri

Photos/JD Nsengiyumva

JD NSENGIYUMVA Inzaghi
UM– USEKE.RW

0 Comment

  • uyumwaka nuwibyishimo kuba rayon orayon ……………..tukurinyuma imana izabidufashemo mwizina ryabareyo

  • Nishimiye gukomeza gutsinda kwa GIKUNDIRO. Komereza aho RAYON.

  • Mwatubwira iki gikombe gifita angahe ko nta cubu c’ubusa.

Comments are closed.

en_USEnglish