Digiqole ad

ILPD yahuguye abashinzwe amakuru mu bigo bijyanye n’amategeko

 ILPD yahuguye abashinzwe amakuru mu bigo bijyanye n’amategeko

Abarangije amahugurwa bose hamwe

Nyanza – Kuri uyu wa gatanu tariki 12/8/2016 mu karere ka Nyanza mu ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko ILPD (The Institute of Legal Practice and development) basoje amahugurwa y’abashinzwe itangazamakuru n’itumanaho mu nzego zitandukanye mu butabera ku bijyanye na “Media Legal reporting .”

Ku munsi wa nyuma w'amahugurwa bakoreraga i Nyanza
Ku munsi wa nyuma w’amahugurwa bakoreraga i Nyanza

Abahawe amahugurwa ngo bungutse byinshi mu gutangaza kinyamwuga ibijyanye n’amategeko ibi ngo bikazabafasha cyane mu mirimo yabo.

Denise  Nsanga  ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru muri komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge  yavuze ko  bungutse ubumenyi ku gutara no gutangaza amakuru agendanye n’ibirebana n’amategeko.

Ati “Ubu ni ubumenyi twari dukeneye mu kazi kacu mu bigendanye n’amategeko.”

Nsanga avuga ko ibyo bavanye muri aya mahugurwa bizatuma bakora akazikabo neza kurushaho kuko ubumenyi bahawe buri mu byo bari bakeneye kuko ubusanzwe batize ibigendanye n’amategeko kandi bari bakeneye kubimenya no kubihuza n’akazi kabo k’itumanaho n’itangazamakuru ry’ibigo bakorera.

Epimaque Musafiri wari uhagarariye umuyobozi w’irishuri rya ILPD ryahuguye aba bakozi yavuze ko abahigiwe bafite uruhare runini mu bijyanye n’itumanaho.

Ibyo bahuguwe ngo bizaha umusaruro ibigo bakorera byibanda cyane cyane mu bigendanye n’amategeko kuko aba bakozi babo bari bakeneye kubihuza n’ibyo nabo bize by’itumanaho n’itangazamakuru.

Abarangije amahugurwa bakorera ibigo binyuranye mu Rwanda birebana n'iby'amategeko
Abarangije amahugurwa bakorera ibigo binyuranye mu Rwanda birebana n’iby’amategeko
Umwrimu wabigishije hamwe na Musafiri Epimaque ushinzwe kwandika abanyeshuri wari uhagarariye umuyobozi w’ishuri rya ILDP
Umwrimu wabigishije hamwe na Musafiri Epimaque ushinzwe kwandika abanyeshuri wari uhagarariye umuyobozi w’ishuri rya ILDP
Abagore barangije aya mahugurwa bishimiye iyi ntambwe bateye
Abagore barangije aya mahugurwa bishimiye iyi ntambwe bateye
Abarangije amahugurwa bose hamwe
Abarangije amahugurwa bose hamwe

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

en_USEnglish