Haruna ntazakina umukino w'u Rwanda n'u Burundi
Kapiteni w’ikipe Amavubi, Haruna Niyonzima aratangaza ko atazitabira ubutumire bw’umutoza w’Amavubi bwo gukina n’Intamba ku ruganba kuko ngo ikipe akinira Younga Africans iri kwitegura umukino wo kwishyura w’amakipe yabaye aya mbere iwayo uzayihuza na Al Ahly yo mu Misiri.
Uyu mukinnyi avuga ko ikipe ye izakina na Al Ahly yo mu Misiri ku wa 03, Werurwe, 2014, bityo ko kwitabira ubutumire bw’Amavubi bitashoboka.
Umutoza w’Amavubi Eric Nshimiyimana yabwiye Umuseke ko nk’uko andi makipe k’umugabane w’Afurika abigenza, ikipe ya Haruna, Younga Africans, ishobora kubasaba ko Amavubi yamwemerera akagumana n’ikipe ye mu rwego rwo kwitegura gukina na Al Ahly.
Nshimiyimana yongeraho ko impamvu atahamagaye abakinnyi b’ikipe AS Kigali ari uko nabo bafite umukino wo kwishyura uzabahuza na Al Ahly Shandy yo mu gihugu cya Sudani tariki ya 9 Werurwe 2014
Kuri uyu wa 5 Werurwe, ikipe y’igihugu izakina umukino wa gicuti n’ikipe y’u Burundi. Mu mikino ibiri iheruka guhuza aya makipe yombi, u Rwanda rwatsinze umukino ubanza hano i Kigali ku bitego 3-1.
Mu mukino wo kwishyura Intamba ku rugamba z’u Burundi nazo zitsindira Amavubi i Bujumbura ibitego 3-1.
NKURUNZIZA Jean Paul
ububiko.umusekehost.com