Digiqole ad

Gutabariza uwahohotewe ni inshingano za buri Munyarwanda– Mme Jeanette Kagame

Madame Jeanette Kagame kuri uyu wa Kane tariki ya 27 Gashyantare 2014  abinyujije mu muryango imbuto Foundation k’ubufatanye na polisi y’igihugu yatangije ikigo cyita kubakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina kikanabagira inama ‘Isange One Stop Center’ mu bitaro by’Akarere ka Nyagatere mu Ntara y’Iburasirazuba.

Mme Jeanette Kagame ageza ijambo rye kubari bitabiriye uyu mu hango
Mme Jeanette Kagame ageza ijambo rye kubari bitabiriye uyu mu hango

Madame Jeanette kagame ufite gahunda yo gukwirakwiza ibigo nk’ibi mu bitaro byose by’Uturere tugize igihugu mu rwego rwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gufasha abarikorewe yavuze ko gutabariza uwahohotewe ari inshingano za buri Munyarwanda, bityo abaturarwanda bose bakaba basabwa kwirinda guhishira abakora icyaha cy’ihohoterwa.

Muri uwo muhango, Madame Jannette Kagame yashimiye abantu bose bagira uruhare mu bikorwa byo kurwanya no guhashya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, aho Yanashimye abakomeje kugira uruhare mu kugaragaza icyo kibazo, batanga amakuru, bitandukanye n’umuco wahozeho wo guhishira iki cyaha.

Avuga ko gutanga amakuru bituma abahohotewe bamenyekana bagafashwa, abahohoteye na bo bagakurikiranwa bagahanwa.

yagize ati : “N’ubwo dushima abatanga amakuru, hari abandi bantu barimo ababyeyi, abayobozi, n’abaturanyi bashobora kuba abafatanyacyaha iyo bahishiriye cyangwa basibanganya ibimenyetso ku byaha by’ihohoterwa. Ibyo ni ukwirengagiza uburenganzira bwa muntu. Ababishinzwe bakurikirane abo bantu,bashyikirizwe ubutabera.”

Afungura iki kigo k'umugaragaro mu bitaro bya Nyagatare
Afungura iki kigo k’umugaragaro mu bitaro bya Nyagatare

Madamu Jeanette Kagame yafashe umwanya wo  gushimira Polisi y’u Rwanda kubw’imbaraga ikomeje  gushyira  mu bikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Minisitiri w’umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil Harelimana, wari witabiriye uyu muhango  yashimiye  Madamu Jannette Kagame, kubera inkunga ikomeye atera Polisi y’u Rwanda mu bikorwa byayo byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Musa Fazil Harelimana yanamushimiye ku kuba yarashinze Isange One Stop Center ku bitaro bya Polisi, ubu amahanga akaba aza kwigira kuri iki kigo.

Yerekeje Nyagatere ari kumwe na Guverinere w'Intara Odette Uwamariya
Yerekeje Nyagatere ari kumwe na Guverinere w’Intara Odette Uwamariya
Hano berekwaga aho ikigo kizakorera n'uko kizajya gikora
Hano berekwaga aho ikigo kizakorera n’uko kizajya gikora
Abitabiriye uyu muhango bagaragazaga akanyamuneza
Abitabiriye uyu muhango bagaragazaga akanyamuneza
Minisititiri Hazil ashima Madamu Kagame ku bw'ikigo Isanga One Stop Center
Minisititiri Hazil ashima Madamu Kagame ku bw’ikigo Isanga One Stop Center

RNP
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • intego yacu ni ukugeza abanyarwanda ku mibereho myiza izira akarengane , izira ihoterwa

  • akarengane gaci mu rwanda, kandi ndizera ko niba hari impanuro zumvikana kurusha izundi wese, kandi ndatekereza ko ihohetera rimaze kumanuka kurugero rugaragara ugererenanije ni imyaka ishize. turashima cyane mama rwanda madame wa prezida wa republika mukwita kubrenganzira bwa muntu cyane cyane uburenganzira bw’abana

  • ntabwo dukwiye guhishira umuntu wese uhohotera mu genzi wecyangwa abana dukwiye kumurwanya kandi tukabimenyesha ubuyobozi kugirango bubakurikiranire hafi.

Comments are closed.

en_USEnglish