Digiqole ad

Gitwe: Umuforomo mwiza w’ejo hazaza yahembwe

Ruhango – Kuri uyu wa 26 Gashyantare 2015, ku cyicaro cy’ishuri rikuru ry’i Gitwe ISPG hatanzwe impamyabumenyi ku banyeshuri 230 barirangijemo, umunsi wabaye uw’ibyishimo kuri Mukomeza Jean Bosco wegukanye ibihembo bibiri birimo icyo kurusha abandi biganaga mu giforomo no kuba uwa mbere mu kizamini ku rwego rw’igihugu.

Bishoboka ko uyu ari umwe mu minsi Mukomeza adashobora kuzibagirwa mu buzima bwe.
Mukomeza mu byishimo byo kuba uwa mbere mu baforomo bagenzi barangije amasomo

Abaforomo ni urwego rw’abaganga rukenerwa cyane mu bitaro kandi ruhura kenshi n’abarwayi. Mu Rwanda haracyabarirwa umubare muto w’abaforomo, abaganga n’ababyaza ugereranyije n’ababakeneye.

Abarangije mu ishuri rya ISPG Gitwe uyu munsi ni abanyeshuri 230 barangije mu mashami ane; igiforomo, ubumenyamuntu, Ikoranabuhanga n’ishami ry’ikoranabuhanga n’icungamutungo.

Mu guhemba abanyeshuri bahize abandi umusore witwa Jean Bosco Mukomeza urangije mu ishami ry’igiforomo yahawe amashimwe abiri.

Yahembewe kubona amanota ya mbere mu bandi aha i Gitwe mu ishami rye ndetse anahabwa ikindi gihembo cyo kuba yararushije bagenzi be amanota mu kizamini cy’Inama Nkuru y’Abaforomo n’Ababyaza.

Amakuru agera k’Umuseke yemeza ko Mukomeza yari anafite amahirwe menshi yo kwegukana igihembo cy’umunyeshuri witwaye neza kurusha abandi mu myitwarire (Discipline) mu myaka itatu bamaze biga i Gitwe.

Mukomeza yabwiye Umuseke ko ibihembo yahawe ari ishema n’ibyishimo kuri we kuko hari n’abandi benshi azi bakoze neza.

Senateri Prof. Laurent Nkusi wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango yashimiye ababyeyi bashinze iri shuri abizeza ko Leta y’u Rwanda izakomeza kubaba mu guteza imbere igihugu mu burezi.

Ati “Mukomeze kwigisha abanyeshuli indangagaciro z’umunyarwanda maze abarangije bajye bazigaragaza aho bagiye hose

Mufashe igihugu kurwanya ibyorezo biri kwinjira mu rubyiruko; ibiyobyabwenge n’irari ry’ibintu bituma urubyiruko rugwa mu mutego wo kugurishwa bakajyanwa gukoreshwa imirimo y’urukozasoni cyangwa y’agahato mu mahanga”.

Dr. Rugengande Jered umuyobozi wa ISPG yashimiye abanyeshuri barangije umuhate n’ubwitonzi byabaranze mu gihe bari bari ku ishuri abasaba ko ubwo barangije amasomo yabo bakwiye guhora batyaza ubwenge uko bwije nuko bukeye.

Bwaa mbere Mukomeza ahabwa igihembo cyo guhiga abandi.
Bwaa mbere Mukomeza ahabwa igihembo cyo guhiga abandi.
Bwa kabiri kabiri yegukana icy'imyitwarire yahawe n'Umuyobozi w'Akarere ka Ruhango.
Bwa kabiri kabiri yegukana icy’imyitwarire yahawe n’Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango.
Ibihembo ni ishema kuri we
Ibihembo ni ishema kuri we
Abaforomo barahiriye mu ruhame kuzita ku barwayi bose uko bnikwiye.
Abaforomo barahiriye mu ruhame kuzita ku barwayi bose uko bnikwiye.
Uyu mubyeyi ni umwe mu bakuze barangije muri ISPG.
Uyu mubyeyi ni umwe mu bakuze barangije muri ISPG.
Abarimu ba ISPG bari ku karasisi biyereka abashyitsi.
Abarimu ba ISPG bari ku karasisi biyereka abashyitsi.
Dr. Jered Rugengande_ Umuyobozi wa ISPG na Dr. Veronique Tumusabyimana_ Umuyobozi w'ikirenga wa ISPG.
Dr. Jered Rugengande_ Umuyobozi wa ISPG na Dr. Veronique Tumusabyimana_ Umuyobozi w’ikirenga wa ISPG.
Senateri Nkusi Laurent yahawe impano y'igitabo cya Bibiliya
Senateri Nkusi Laurent yahawe impano y’igitabo na Bibiliya
Itorero 'Indashyikirwa' rya ISPG niryo ryasusurukije ibirori.
Itorero ‘Indashyikirwa’ rya ISPG niryo ryasusurukije ibirori

Photos/Damyxon/UM– USEKE

Jean Damascene NTIHINYUZWA
UM– USEKE.RW/Ruhango

2 Comments

  • Twizereko babigishije kutagira umushiha ku barwayi

  • Ibyo ni umugani kuko babirenze kera.

Comments are closed.

en_USEnglish