Digiqole ad

Gitega: Umuryango FPR Inkotanyi urishimira ibyo umaze kugeraho

Umuryango FPR Inkotanyi mu Kagali ka Kinyange Umurenge wa Gitega ho mu karere ka Nyarugenge urushimira ibikorwa bitandukanye umaze kugeraho birimo kugira uruhare mu iyubakwa ry’ibikorwa remezo.

Ibi byatangajwe kuri iki cyumweru tariki ya 28 mata 2013 na Manigabe Pancras uhagarariye uyu muryango mu kagali ka Kinyange , Umurenge wa Gitega ubwo nteko rusange y’abanyamuryango yari yateranye.

Manigabe umuyobozi w’umuryango muri aka Kagali yasabye abanyamuryango gukomeza umurava wabo

Manigabe yatangaje ko , ibikorwa byose bagezeho byakozwe n’abaturage ubwabo, ibyo bikorwa bikaba birimo gutanga umusanzu mu iyubakwa ry’amashuri, imihanda n’ibindi bikorwa remezo bitandukanye.

Yavuze kandi ko iyi nteko rusange yateguwe mu rwego rwo kugira ngo abanyamuryango bongere bahure bisuzume bareba aho bageze, banashyire ku rutonde ibyo bateganya gukora mu gihe kiri imbere.

Nyuma y’ibiganiro ubusabane bwarakozwe
Abitabiriye iyi Nteko rusange bagize n’umwanya wo kwidagadura

Akaba yarabye abaturage bari bitabiriye iyi Nteko muri rusange gukomeza kwitabira ibikorwa bya leta muri birimo nk’igikorwa cy’amatora y’abadepite giteganyijwe mu kwezi kwa cyenda uyu mwaka.

Norbert NYUZAHAYO

Umuseke.com

 

en_USEnglish