Digiqole ad

Gatsibo: Utishoboye ufite umwana urengeje imyaka 18 ntahabwa inkunga y’ingoboka

27 Mutarama 2015 – Abaturage bo mu karere ka Gatsibo basaba ko ubuyobozi bwasubiramo bukanoza uburyo bwo gutoranya abakwiye guhabwa inkunga y’ingoboka muri gahunda ya VUP kuko ngo basanga harimo abo yirengagiza kandi bababaye, kuko ngo idahabwa ufite mu rugo umuntu urengeje imyaka 18. 

Mu murenge wa Remera i Gatsibo abaturage bitabiriye igikorwa cyo kureba abashyirwa ku rutonde rw'abahabwa  inkunga y'ingoboka
Mu murenge wa Remera i Gatsibo abaturage bitabiriye igikorwa cyo kureba abashyirwa ku rutonde rw’abahabwa inkunga y’ingoboka

Ubu ibigenderwaho kugira ngo ushyirwe ku rutonde rw’abazahabwa inkunga y’ingoboka muri gahunda ya VUP ugomba kuba utishoboye, nta mwana  uri hejuru y’imyaka 18 uba mu rugo rw’uyu ukeneye inkunga ndetse ngo ushaka gushyirwa ku rutonde ngo akaba atabasha no guhingira umuturanyi we ngo abe yagira icyo amuhemba.

Gahunda ya VUP ni gahunda yashyizweho  mu  mirenge imwe n’imwe ifite abaturage bakennye kurusha abandi kandi badafite ingufu zo gukora bagahabwa inkunga y’ingoboka.

Abaturage bo bavuga ko kuba ufite umwana urengeje imyaka 18 mu rugo atari impamvu yatuma uw’intege nke kandi ukennye adafashwa kuko ngo hari ubwo uwo muntu urengeje iyo myaka ashobora kuba ntacyo amariye uwo muntu utishoboye.

Beatrice Ishemaryabakobwa avuga ko gutoranya abakene batishoboye ngo bajye bahabwa amafaranga y’ingoboka byaranzwe n’amaranga mutima kuko ngo hari igihe usanga umukecuru cyangwa umusaza w’intege nke abana n’umwana ariko ngo ntafashwe kuko uwo mwana arengeje imyaka 18.

Ishemaryabakobwa ati “Nkanjye mbana n’ubwandu hamwe n’ubumuga nakuye ku kubagwa, mfite abana batanu, nta nzu ngira ndakodesha, ubwisungane mu kwivuza mbutangirwa n’ababikira, ariko ntabwo banshyira mu bahabwa inkunga. Ndasaba ubuyobozi ko bwasubiramo iki gikorwa.”

Athanase Munyakayanza umuyobozi w’Umudugudu mu kagali ka Bushobora Umurenge wa Remera avuga ko iki cyo kudafasha ufite umwana urengeje imyaka 18 hari abo cyasubije inyuma.

Ati “Kuba ushinzwe ino gahunda ku karere avuga ko umuntu ufite umwana mu rugo urengeje imyaka 18 atagomba guhahabwa inkunga, njye mbona hari abantu iri bwiriza ryasubije inyuma kuko hari igihe uba ufite umwana mu rugo ntacyo akumariye ndetse hari n’igihe aba yarakunaniye, gusa ntakundi twabigenza twakurikije itegeko nk’uko babitubwiye.”

James Gatunge umukozi w’Akarere ka Gatsibo ushinzwe  ibikorwa bya VUP  avuga ko  inkunga y’ingoboka yo muri gahunda ya VUP  ihabwa umuryango utishoboye, umuryango utagira umuntu n’umwe wagira icyo afasha urugo ndetse ngo hakaba nta n’undi uhari wabasha guhingira umuturanyi  nibura ngo agire icyo amuhemba.

Ati  “umuntu ubasha gukora mu rugo ashobora kuba ari umwana mu rugo, umwuzukuru uba muri urwo rugo cyangwa undi muntu wese bigaragara ko abashije gukora  iyo bimeze bityo nta  muntu wo muri urwo rugo wemerewe gushyirwa ku rutonde rw’abahabwa inkunga y’ingoboka.”

Muri iyi gahunda abakennye ariko bafite ingufu bagahabwa imirimo  igiye itandukanye nko gukora  imihanda, amaterasi n’indi bakishyurwa amafaranga yo kwifashisha mu iterambere ryabo.

Abaje kuyobora igikorwa cyo guhitamo abatishoboye bagomba gufashwa
Abaje kuyobora igikorwa cyo guhitamo abatishoboye bagomba gufashwa
Abaturage baje kureba ko bashyirwa ku rutonde
Abaturage baje kureba ko bashyirwa ku rutonde
Babwirwa ko ufite umuntu urengej imyaka 18 mu rugo adashyirwa ku rutonde rw'abahabwa inkunga y'ingoboka
Babwirwa ko ufite umuntu urengej imyaka 18 mu rugo adashyirwa ku rutonde rw’abahabwa inkunga y’ingoboka
Bateze amatwi amabwiriza ngenderwaho
Bateze amatwi amabwiriza ngenderwaho
Bavuga ko hari ubwo wagira umuntu mu rugo urengeje imyaka 18 ariko ntacyo amariye uwo babana
Bavuga ko hari ubwo wagira umuntu mu rugo urengeje imyaka 18 ariko ntacyo amariye uwo babana


Photos/P C Nyirindekwe/UM– USEKE

Pierre Claver NYIRINDEKWE
UM– USEKE.RW

en_USEnglish