Digiqole ad

EWSA yibutse 171 bahoze ari abakozi ba ELECTROGAZ

Mu ijoro ryo kuwa 17 Gicurasi ku kicaro cy’ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere. Ingufu, Amazi, Isuku n’isukura “EWSA” mu mujyi wa Kigali niho bahereye umuhango wo kwibuka abahoze ari abakozi bagera ku 171 ba ELECTROGAZ, yaje kwitwa EWSA, bazize jenoside yakorewe abatutsi.

IMG_9855
Urwibutso rw’abakozi bagera ku 117 bahoze ari aba ELECTROGAZ ruri ku kicaro cya EWSA

Pasteri Rutayisire  Antoinne yatanze ubuhamya avuga uburyo umugore we yigeze kwirukanwa mu bakozi ba ELECTROGAZ bavuga ngo atazaroga amazi kuko ari umututsikazi, ibyo kandi ngo bigakorwa n’abantu bafite amashuri bize cyane.

Pasteri Rutayisire akaba yavuze ko abanyarwanda bakwiye kurenga imyumvire y’amacakubiri bakubaka igihugu kimwe gituwe n’abanyarwanda bazira gucanamo ibice bishingiye ku kintu icyo aricyo cyose.

Ntare Karitanyi Umuyobozi wa EWSA yavuze ko bafite zo kwibuka abakozi bagenzi babo bakoraga ibishoboka ngo abanyarwanda babone amazi n’amashanyarazi ariko bakicwa kubera uko bavutse.

Ntare ati “ Ni muri urwo rwego EWSA izakomeza gufatanya no gufasha imiryango y’impfubyi n’abapfakazi ba Jenoside itishoboye tubagezaho amazi n’amashanyarazi mu midugudu batuyemo.”

Uyu muyobozi yavuze ko mu bushobozi bw’iki kigo bazajya banafasha kandi imiryango iharanira kurwanya Jenoside. EWSA ikaba yarahaye IBUKA inkunga ya miliyoni ebyiri mu gushyigikira imishinga n’ubushakashatsi bigamije kurwanya Jenoside.

Uyu muyobozi mu ijambo rye akaba yashimiye ingabo za RPA (RDF ubu) zahagaritse Jenoside, ndetse avuga ko abamugariye kuri urwo rugamba aria bantu bakwiye kwitabwaho cyane, ndetse ko na EWSA izakomeza kubaba hafi.

uhereye iburyo; Depite Kalisa, Min Francoise Isumbingabo  na Ntare Karitanyi
uhereye iburyo; Depite Kalisa, Min Francoise Isumbingabo na Ntare Karitanyi

Emma Francoise Isumbingabo   Umunyamabanga  wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi wari witabiriye uyu muhango yavuze ko EWSA yagize neza kwibuka abakozi bagenzi babo bakoraga bimwe bazize Jenoside.

Ati “ Kwibuka amateka mabi yaranze iki gihugu nibyo bizatuma hatongera kubaho Jenoside. Abakozi ba EWSA nabo bakaba bagomba kugira uruhare mu kusa ikivi bagenzi babo basize mu kugeza ku banyarwanda ingufu zibaganisha ku iterambere.”

Uyu muhango ukaba witabiriwe n’abayobozi bari bahagarariye CNLG na IBUKA ndetse n’abantu bo mu miryango y’abibukwaga ndetse n’inshuti zabo.

Dr Bideri Diogene (uhagarariye CNLG)
Iki gikorwa cyabanjirijwe n’urugendo rwo kwibuka rwanyuze hagati mu mujyi wa Kigali
IMG_9268
Aha bari barushoje binjira mu kigo cya EWSA
IMG_9406
Inshuti n’imiryango y’abishwe bari baje muri uyu muhango
IMG_9715
Dr Bideri Diogene (uhagarariye CNLG)
IMG_9762
Babanje gufata umunota wo kwibuka
IMG_9769
Mu gihe cy’umunota wo kwibuka
IMG_9838
Ntare Karitanyi umuyobozi mukuru wa EWSA mu ijambo rye yavuze ko bibabaje cyane kuba abayobozi b’ikigo batekereza kwica no kwicisha abakozi babo
IMG_9821
Ntare Karitanyi
IMG_9867
Begereye urwibutso rw’abo bakozi rwubatse aho
IMG_9959
Celestin Musabyimana wahoze ari umukozi muri EWSA avuga ko ibyabaye bibabaje cyane
IMG_0113
Pasteri Rutayisire Antoine
IMG_0218
Uwari ahagarariye IBUKA muri uyu muhango

 Photos/DS Rubangura

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.COM

en_USEnglish