Digiqole ad

Espoir FC yanganyije na Rayon Sports, Police na AS Kigali ziratsinze…Mukura biranga

 Espoir FC yanganyije na Rayon Sports, Police na AS Kigali ziratsinze…Mukura biranga

Kubera ikibuga kibi, umukino wakinirwaga hejuru cyane.

Mu mpera z’iki cyumweru Shampiyona y’u Rwanda yakomeje, Espoir FC imbere y’abakunzi bayo mu Karere ka Rusizi, yanganyije na Rayon Sports 0-0. Nyuma y’umukino abatoza b’amakipe yombi bavuze ko bagowe n’ikibuga.

Kubera ikibuga kibi, umukino wakinirwaga hejuru cyane.
Kubera ikibuga kibi, umukino wakinirwaga hejuru cyane.

Kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Ukwakira 2016, habaye imikino ine y’umunsi wa kabiri wa Shampiyona y’u Rwanda, AZAM Rwanda Premier League.

Abakunzi b’umupira w’amaguru benshi bambutse ishyamba rya Nyungwe, baturuka i Kigali bajya mu Karere ka Rusizi, kureba umukino wahuje amakipe atozwa n’Abarundi, Ndayizeye Jimmy wa Espoir FC  na Masudi Djuma wa Rayon Sports.

Uyu mukino wongeye guhuza Ndikumana Bodo, rutahizamu wa Espoir FC na Rayon Sports yakiniraga umwaka w’imikino ushize, wabereye kuri Stade ya Rusizi. Ntiwagaragayemo uburyo bwinshi bushobora kubyara ibitego, ibyo Jimmy Ndayizeye utoza Espoir FC  avuga ko byatewe n’ikibuga kibi.

Ati “Ku bibuga nk’ibi biba bigoye gutegura umupira mwiza, no kurema uburyo bw’igitego bwinshi. Natwe tuhitoreza, bidusaba gukina umupira w’imbaraga nyinshi, no kwiga gutera mu izamu amahirwe make tubona mu mikino tuhakinira. Gusa uyu munsi ntibyakunze. Ariko muri rusange nishimiye uko umukino urangiye kuko na Rayon sports twakinaga ni ikipe ikomeye”

Abafana ba Rayon bambutse ishyamba rya Nyungwe baturutse i Kigali.
Abafana ba Rayon bambutse ishyamba rya Nyungwe baturutse i Kigali.
Abakunzi ba Espior nabo bari babyambariye.
Abakunzi ba Espior nabo bari babyambariye.

Rayon Sports yakinnye uyu mukino ibura abakinnyi batanu basanzwe babanzamo, aribo Manzi Thierry, Mugheni Fabrice, Moussa Camara, na Muhire Kevin bafite ibibazo by’imvune, na Mutsinzi Ange Jimmy uri kwitegura ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye.

Nyuma y’iminota icyenda (9) umukino utangiye, Kwizera Pierrot yateye ishoti ry’imoso ari hanze y’urubuga rw’amahina, umunyezamu wa Espoir FC, umurundi Sozera Anselme awukubita ibipfunsi.

Umukino wakomeje gukinirwa hagati kugera ku munota wa 34, ubwo myugariro Wilonda Jacques yateraga umupira muremure, ukagera kuri Hakundukize Adolphe wasigaranye na Ndayishimiye Eric Bakame, ariko uyu rutahizamu wa Espoir FC ntiyashobora kuboneza mu izamu.

Mu gice cya kabiri, Masudi Djuma watozaga ikipe idafite rutahizamu yakoze impinduka, Nsengiyumva Moustapha aha umwanya Lomami Frank, na Manishimwe Djabel asimbura Nova Bayama.

Byatumye Rayon Sports itangira gusatira ikoresheje impande cyane urw’ibumoso rwakinagaho Savio Nshuti Dominique.

Ku munota wa 67, Yves Rwigema Rayon Sports wabanje mu kibuga bwa mbere kuva yava muri APR FC, yahinduye umupira usanga Kwizera Pierrot imbere y’izamu atera ishoti, bigoranye rikurwamo n’umunyezamu wa Espoir FC, wahise ababara intoki amara iminota bamuvura.

Yves Rwigema noneho yabanje mu kibuga, niwo mukino we wa mbere wa Shampiyona muri Rayon Sports.
Yves Rwigema noneho yabanje mu kibuga, niwo mukino we wa mbere wa Shampiyona muri Rayon Sports.

Umukino wose warangiye nta gitego kibonetse, kandi ngo ni umusaruro washimishije Masudi Djuma utoza Rayon Sports.

Yagize ati “Nari nabivuze mbere. Naje i Rusizi nifuza intsinzi, bitakunda nkashaka inota rimwe. Iryo ndaribonye rero, nishimiye uko bigenze. Sinavuga ko twagowe n’ikibuga, kuko twagikiniyeho twese. Gusa twe byatugoye kurushaho kuko tutakimenyereye. Kandi hari abakinnyi benshi ntari mfite. Uko byagenze ndabyishimiye.”

Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi:

Espoir FC: Sozera Anselme, Nyandwi Saddam, Hatungimana Bazil, Mbogo Ally, Wilonda Jacques (c), Mutunzi Clement, Hakundukize Adolphe, Ndikumana Bodo, Bao Balala, Bishara Tresor, Moninga Walosambo.

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric Bakame, Nzayisenga Jean d’Amour Mayor, Mugisha Francois Master, Munezero Fiston, Yves Rwigema, Niyonzima Olivier Sefu, Kwizera Pierrot, Nshuti Dominique Savio, Nova Bayama, Nahimana Shassir na Nsengiyumva Moustapha.

Uko indi mikino yagenze:

Kuwa gatanu tariki 21 Ukwakira 2016

AS Kigali 3-0 Marines

Kuwa gatandatu tariki 22 Ukwakira 2016

Kirehe FC 0-1 Sunrise FC

Police FC 2-1 Bugesera FC

Mukura VS 1-0 Etincelles FC

Ku cyumweru tariki 23 Ukwakira 2016

Gicumbi Fc vs APR Fc (Stade de Kigali, 15.30)

SC Kiyovu vs Amagaju Fc (Mumena, 15.30)

Musanze Fc vs Pepiniere Fc (Nyakinama (15.30)

 

Andi mafoto yaranze umukino wa Rayon Sports na Espoir

 

Kwizera Pierrot ari muri bacye ba Rayon Sports bigaragaje muri uyu mukino.
Kwizera Pierrot ari muri bacye ba Rayon Sports bigaragaje muri uyu mukino.
Nshuti Dominique Savio uzwiho amacenga menshi uyu munsi byamugoye kubera ikibuga kibi.
Nshuti Dominique Savio uzwiho amacenga menshi uyu munsi byamugoye kubera ikibuga kibi.
Nyandwi Saddam arwanira umupira na Jean d'Amour bakunda kwita Mayor wa Rayon.
Nyandwi Saddam arwanira umupira na Jean d’Amour bakunda kwita Mayor wa Rayon.
Hari ubwo byasabaga kugerageza amashoti ya kure ariko igitego kiranga kirabura ku mpande zombi.
Hari ubwo byasabaga kugerageza amashoti ya kure ariko igitego kiranga kirabura ku mpande zombi.
Lomami Frank na Manishimwe Djabel babanje ku ntebe y'abasimbura.
Lomami Frank na Manishimwe Djabel babanje ku ntebe y’abasimbura.
Bugingo Emmanuel (ibumoso) ushizwe Sports muri MINISPOC, umunyamabanga wa Rayon Sports Gakwaya Olivier (hagati) na Ntampaka Theogene wayoboraga Rayon Sports barebye uyu mukino.
Bugingo Emmanuel (ibumoso) ushizwe Sports muri MINISPOC, umunyamabanga wa Rayon Sports Gakwaya Olivier (hagati) na Ntampaka Theogene wayoboraga Rayon Sports barebye uyu mukino.
Umutoza w'Umubiligi Ivan Jacky Minnaert wahoze atoza Rayon Sports, ubu bikavugwa ko agiye gusubira muri Rayon Sports yatoje afite undi mwanya utari uwo gutoza, nawe yarebye uyu mukino.
Umutoza w’Umubiligi Ivan Jacky Minnaert wahoze atoza Rayon Sports, ubu bikavugwa ko agiye gusubira muri Rayon Sports yatoje afite undi mwanya utari uwo gutoza, nawe yarebye uyu mukino.
Mayor wa Rusizi na Brig Gen. Vincent Gatama ukuriye ingabo muri Rusizi bareba Espoir FC yabo.
Mayor wa Rusizi na Brig Gen. Vincent Gatama ukuriye ingabo muri Rusizi bareba Espoir FC yabo.
Muri stade hari benshi baturutse i Kigali bajya kureba uyu mukino.
Muri stade hari benshi baturutse i Kigali bajya kureba uyu mukino.

Roben NGABO
UM– USEKE.RW

en_USEnglish