Lt. Gen. Kayizari, Dr. Mujawamariya na Karabaranga babaye ba Ambasaderi
None kuwa gatanu tariki ya mbere Werurwe 2013, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.
Inama y’Abaminisitiri yatangiye yifuriza imirimo myiza abagize Guverinoma bashya, inashimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika icyizere yagiriye abagize Guverinoma bose, ari abashya n’abayisanzwemo; nabo bamwizeza kuzakorana umurava kugira ngo Igihugu kigere ku iterambere twifuza mu mibereho myiza y’Abanyarwanda.
1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 22/02/2013, imaze kuyikorera ubugororangingo.
2. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho aho imyiteguro y’Umwiherero w’Abayobozi igeze, isaba ababishinzwe kuyinoza kugira ngo uwo Mwiherero uzagere ku myanzuro ishimishije.
3. Inama y’Abaminisitiri yemeje politiki zikurikira:
- Politiki yo guteza imbere siporo mu Rwanda;
- Politiki y’Igihugu yo kurandura imirimo mibi ikoreshwa abana n’ingamba zo kuyishyira mu bikorwa.
4. Inama y’Abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko ikurikira:
- Umushinga w’Itegeko ku micungire y’umutungo w’abashakanye, impano z’umuryango n’izungura; imaze kuwukorera ubugororangingo;
- Umushinga w’itegeko rigenga Umurimo w’Abanoteri.
5. Inama y’Abaminisitiri yemeje Iteka rya Perezida rihindura kandi ryuzuza Iteka rya Perezida No 55/01 ryo ku wa 02/11/2012 rigena ingano y’imishahara n’ibindi bigenerwa Abanyapolitike Bakuru b’Igihugu n’uburyo bitangwa.
6. Inama y’Abaminisitiri yasabiye aba bakurikira guhagararira u Rwanda ku rwego rwa Ambasaderi:
- Bwana KARABARANGA Jean Pierre, mu Buhorandi
- Dr. MUJAWAMARIYA Jeanne d’Arc, mu Burusiya
- Lieutenant General Ceasar KAYIZARI, muri Turukiya
7. Mu Bindi:
a) Minisitiri w’Umutungo Kamere yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko u Rwanda ruzizihiza Umunsi mpuzamahanga w’amazi ku itariki ya 20 Werurwe 2013; muri urwo rwego hateguwe icyumweru cyahariwe amazi kuva ku itariki ya 18 kugeza ku ya 23 Werurwe, kizibanda ku gushishikariza abaturage kugira uruhare mu gufata amazi neza.
b) Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ku itariki ya 15 Werurwe 2013, u Rwanda ruzizihiza Umunsi mpuzamahanga wahariwe umuguzi. Muri urwo rwego kuva ku itariki ya 5 kugeza ku ya 17 Werurwe hateguwe ibikorwa bijyanye no kwita ku burenganzira bw’umuguzi. Insanganyamatsiko ni, “Turengere umuguzi twihesha agaciro”;
c) Minisitiri Ushinzwe Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva tariki ya 27 kugeza ku ya 29 Werurwe 2013, u Rwanda ruzakira Inama ngarukamwaka ya 4 y’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba ku buzima n’imurikagurishwa mpuzamahanga ku bikorwa byerekeranye n’ubuzima. Iyo nama izibanda ku buzima bw’umwana na nyina, indwara zitandura, itangwa rya serivisi zinoze n’imikorere y’inzego z’ubuvuzi.
d) Minisitiri w’Umuco na Siporo yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko ku itariki ya 20 Werurwe 2013, u Rwanda ruzizihiza Umunsi mpuzamahanga w’Ururimi gakondo. Ku rwego rw’Igihugu uwo munsi uzizihirizwa mu Karere ka Gakenke, Umurenge wa Muhondo, ku itariki ya 18 Werurwe 2013. Muri urwo rwego, hateguwe imurikabikorwa ku rurimi gakondo rizabera kuri Sitade Nto Amahoro i Remera, kuva tariki ya 18 kugeza ku ya 20 Werurwe 2013.
Insanganyamatsiko ni, “Ururimi rw’Ikinyarwanda, Isoko y’Ubumwe n’Iterambere”.
Iri tangazo ryashyizweho umukono na MUSONI Protais
Minisitiri Ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri
0 Comment
Ariko ko mu kibuga hahoramo bamwe gusa nta bakiri bato bari bamenya akazi? Igihe kirageze koa abato nabo batangira guhabwa imyanya.
ni wowe ukigejeje se abantu muransetsa umuto uzajya guhangana nibibazo byurwanda asize inkumi ye hariya nta mitoma? reka abahaze irari rya gisore sha bayobore ndavuga (abakuru,inararibonye) nge ndi profeseur ariko imyaka yange sinayijyana kuyobora urwanda, kuko nkiri muto wangu ndacyashaka kuba ndya ubuzima
Urababaje ngirango uri,professor udashoboye
Tekereza uwo professeur urya ubusa ngo ari kurya ubusore bwe. Icyo nemeranyije nawe ntabwo yayobora urwanda ahubwo nubwarimu ntabwo abukwiye kuko ndikumva namugira umurozi kuko aroga abana ababwira ko bagomba kurya ubusore bwabo ntibatekereze gutegeka urwanda. Genda rwanda urababaje aho hari generation waretse zikaba zimeze nkibihuhungwa bidatekereza nejo hawe hazaza.
Ndabibona… we ihangane niba systeme ari uko mu kibuga hajyamo abakuze buriya anawe uko imyaka ihita indi igataha uba uri gukura ubwo igihe cyawe kizagera nawe winjire mu kibuga.
KIST BARABIGENZA GUTE
Ariko abantu mwabaye mute?
KISTbarayigenza bate se new
e ufite ubushobozi wenyine
ukutibonamo ubushobozi niki
bazo mu Rwanda tu
That is good!
Muja se kist ayisigiye nde disi?abahawe imilimo mishya tubifije imilimo myizzzaaaaaa.
félicitation Mr KARABARANGA JP
ariko se kuki abantu bamwe aribo basimburana kumyanya runaka nukuvuga ko ntabandi bashoboye baba mu RWANDA IGIHUGU NICYATWESE ibiryo iyobibaye bike twabisaranganya twese tukabaho
bibeshye kayizari yari akwiye kujya kuduhagarira muri Fifa cyangwa se BRALIRWA.
ICYAKORA BIRABABAJE ABANTU BASIMBURANA KUVA 1994 ABIGA BIGIRA IKI?MZEE GERAGEZA NAMARASO MASHYA EJO TUTAZABA NKO MULI TUNIZIYA, KANDI UKORA BYINSHI BYIZA AHO NAHO HAREBE ASANTE
Ndashimira HE uburyo ahora yongera imbaraga mu ikipe abereye umutoza n’umuyobozi.
Ndamunenga ariko nanone ko atabona abakinnyi benshi kandi beza bahora barangiza mumakademi y’imikino hirya nohino mugihugu ndetse no mumahanga. Guhemba abakinyi bakina sinabyaye cga igicaumurundi aho kubaha ikarita y’umuhondo byaba ngombwa itukura bakava mukibuga. Urugero; Jenerali usengera cyangwa usengererwa izayose akagenda akambakamba cg agatangira kurasana, aho kubona ikarita agororerwa guhagararira igihugu, kuba ministiri w’umuco na siporo ugahita ugahita wiyongereraho inkumi n’abangavubose…
HE, mwari mukwiye kureba uko mushyira abakinnyi b’urubyiruko mu ikipe mubereye umuyobozi kuko turabishoboye. Abo basaza barahaze kdi rimwe narimwe baragutenguha ntubimenye kuko bahora bukubwira ngo byose ni salama HE.
Lt Gen. Siza Kayizari, bakujyanye muri gahunda nyayo mwana! Turahombye sinzingera kubona icyashara, ntacyo ariko nzajya ngurirwa n’abandi. Uzirinde network nkiyaranze ba Kayumba.Uzitonde mushaija gwe
Sha mwihangane muzaba muyobora
Hahaahaa!!!abakiri bato mujye kwihangira imirimo!!iyo babibabwira se mugirango barabakinisha?ubundi muzisuzume murebe uko ireme ry’uburezi bwanyu uko rihagaze(ndabwira abahabwa degree buri munsi).
Itonde wa mwana we, ushobora kwikuza ukahakomerekera!!! ushobora kuba utazi ibibazo biri hanze aha.
Harya kayizari we azi gusoma?
ababizi mutubwire?
cg niwe bavuze utazi no kwandika I?
Martin!iririre sha ngo ntazi gusoma maze yinjiye ari mubanyarwanda bake barangije icyiciro cya 1 cya kaminuza nawe ngo inasome? basoma manange bravo afande uzagakorane umurava!!!!!
u man ?/ninde wakubwiye ko abayobozi bingabo batazi gusoma????? icyakubwira ko aribo bambere mu kwita kuburezi bwabakozi,iterambere nibo bambere wangu!ubyibagirwe ibyo.
Icyakora niba nawe ubizi ntacyo bizakumarira nubwo burere buke!Ariko aho wakuriye nta bakuru bahaba?Ubwo se iyo utinyuka ukavuga ko umuntu wabaye umugaba w’ingabo atazi gusoma nta pfunwe ubivugana?Mbega ikinyabupfura gike?Uragakizwa gusa nta kindi nagutuka!
yize menshi cyane kukurusha. ariko ntukavuge ibigambo nkibyo.uzirinde kwandika ibyo utekereje byose
fora ninde uzaba recteur wa université national du Rwanda? harya izatangirana na nzeri 2013?
Gukinisha abasheshe akanguhe ni byo bitumye ikipe ya HE igiye kuva mu kibuga nabi.
Iyo general atangiye kwigizwa
Kure y’igisirikare?haba hari
impanvu itari nziza kuba
ambassador bisaba ubunyanga
mugayo cyane
NDABASUHUJE MWES BAKUNZI BURURUBUGA,NKIMARA GUSOMA IZIMPINDUKA ZIRI KUBA MURI ZA KAMINUZA NDIKWIBAZA UKO ONE UNIVERSITY IZABA IYOBOWE,IKINDI NDIBAZA IYI KIPE IHORA MUKIBUGA ARI IMWE NIBA NTAWUSAZA NGO ANANIRWE GUTERA ISHOTI NKUKO BIGOMBA,MWIBUKE NA BARCELONE UBURYO ISIGAYE ITSINDWA BITEWE NUBUSAZA NYABUNEKA MWIBUKE ABAKIRI BATO,UBUNDI MWIREBERE NGO ITERAMBERE RIRIHUTA.
NDABASUHUJE MWES BAKUNZI BURURUBUGA,NKIMARA GUSOMA IZIMPINDUKA ZIRI KUBA MURI ZA KAMINUZA NDIKWIBAZA UKO ONE UNIVERSITY IZABA IYOBOWE,IKINDI NDIBAZA IYI KIPE IHORA MUKIBUGA ARI IMWE NIBA NTAWUSAZA NGO ANANIRWE GUTERA ISHOTI NKUKO BIGOMBA,MWIBUKE NA BARCELONE UBURYO ISIGAYE ITSINDWA BITEWE NUBUSAZA NYABUNEKA MWIBUKE ABAKIRI BATO,UBUNDI MWIREBERE NGO ITERAMBERE RIRIHUTA.
Njye ndabona mubeshya. Ubwo se abakuze mubona mu buyobozi ni bande? Ni bangahe? Ahubwo njye ndisabira HE kureba abantu bafite ubushobozi kandi basheshe akanguhe akabaha ubuyobozi kuko bo bazi nibura gushyira mu gaciro. Muzajye mureba ibihugu by’ahandi abo bikoresha, baba ari abantu basheshe akanguhe kandi b’inararibonye.Naho mu Rwanda usanga abayobozi hafi ya bose ari abasore n’inkumi. Uzajye kureba ba Gitifu b’imirenge n’abutugari bose ni abana bataramenya gusesengura neza ibibazo ari nacyo gituma usanga amadosiye menshi akorwa mu mirenge no mu tugari nta bushishozi burimo. Ahubwo hano mu Rwanda wagira ngo abakuze hari imiziro bafite.
Ibivugwa n’abantu ni ibitekerezo byabo, ariko umuyobozi ureberera igihugu, (President Paul Kagame)areba kure cyane kdi arashishoza. abayobozi ashiraho barakwiye kdi bakora uko bashoboye bagateza imbere igihugu muri rusange. Rero ni mugabanye amagambo arimo amarangamutima.
nuko bitangira, un Général ambassador? bye bye bye. Ese arabyishimiye ra?
niwe uzi neza uko abyiyumvamo , gusa ndizera ko ntakundi byamera kuko uko bizaba siko biba biteguye.
God bless him.
Congratulations Karabaranga.Turashimira President Kagame ko azi kureba kure!!akazi rero uzahagarire igihugu neza.
Yes impinduka ninziza ariko James na Musa n’abakinnyi bashaje,ikindi n’uko ba Moyars bingwizamurongo bagakwiye gusezererwa abo mu mujyi wa Kigali, Kamonyi,Musanze,Nyabihu,Rubavu,Huye na Kayonze nyobozi muri rusange murakoze kwakira ibitekerezo byacu dutegereje ubushishozi buzava mu mwiherero.
ariko ibyo byose murabivugira iki?mwakuye amaboko mu mifuka mugakora, mukareba ko mutikenura kandi mujye mu menya ko iyakaremye ariyo ikamena.kwirirwa mutukana cg musebanya ntacyo bizabagezaho harya ngo nuko batabamenya ariko ubisoma amenya ko byavuzwe n’umunyarwanda mureke kutwangiriza umuco suko abanyarwanda twarezwe amagambo make ibikorwa byinshi,abo bagaya uwabibaha ngo wirebere uburyo babizambya.
mawbaye mute imirimo yurubyiruko niyo hasi bakavunika kuko nibo bafite imbaraga ubundi abasaza bagafata akayabo bakajya kurihira abana babo iburayi kugirango bazaze banabasimbure mubure kwihangira imrimo aha mbabwije ukuri niba utazi ikipe uko ikinira mukibuga wowe ushaje ntaho wigejeje hanga umurimo nureba nabi nawo bagukuzeho sha warubyirukowe
Comments are closed.