Digiqole ad

BURUNDI : 14 Bivuganywe na Kolera ahitwa Rumonge

Abantu 14 nibo bamaze gufatwa n’icyorezo cya koléra muri komini ya Rumonge mu ntara
ya  Bururi, mu majyepho y’ u Burundi aba barwayi akaba ari abamaze kubarurwa mu
byumweru bitatu gusa bishize nkuko amakuru aturuka muri bamwe mu baganga baho 
babivuga.
abarundi bugarijwe na Kolera

photo: ibendera ry’igihugu cy’ u Burundi

Bikorimana Charle ashinzwe ibikorwa by’isuku n’isukura mu karere ka Rumonge , mu
kiganiro yagiranye kuri telephoni n’ ibiro ntaramakuru Xinhua yagize ati:” aba
barwayi 14 babaruwe mu mudugudu wa   Mwange na  Kizuka muri zone ya  Kizuka muri
komini ya  Rumonge bitewe n’ibura ry’ amazi meza kandi ahagije ibi kandi byaturutse
kundryo ituruka mu mahoteri 2 y’ ahitwa  Kagongo”.

Umuryango mpuzamahanga  udaharanira inyungu w’ abaganga batagira umupaka (Médecins
Sans Frontières) wo mu gihugu cy’ Ububirigi ukaba wateguye amahema kugira ngo ubashe
gutanga ubufasha bw’ umwihariko kuri abo barwayi ubatandukanya n’ abandi baturage
batarwaye  mu rwego rwo kwirinda ko iyi ndwara y’ icyorezo yakoreka imbaga itari nke
muri aka gace .

Bikorimana  Charles yanavuzeko kandi ko yasabye abaturage ngo bubahirize ibisabwa mu kugira isuku inoze .
Yongereyeho ko aya mahoteri abiri arebwa n’ikibazo cyo guteza  kolera nayo yemeye
uruhare yagize gusa ba nyiri aya mahoteri bakanavuga ko atari bo bonyine bagize
uruhare muri iki cyorezo cya Kolera gikomeje gukwirakwira muri Rumonge aho bavuze ko
n’imigezi 2 aba baturage bakoresha nayo yaba yarabaye intandaro y’iki cyorezo bitewe
n’uko ariyo abaturage bafite yo kunywa.

Aba 14 barwaye iki cyorezo baje  biyongera kuri 40 bari babaruwe mu kurwara iyi
ndwara ya  kolera hari mu kwezi kwa gatatu  gushize k’uyu mwaka .

Jonas Muhawenimana
umuseke.com

en_USEnglish