Digiqole ad

Bugesera: Abayoboke ba PSD basabwe kuzatora neza mu matora ya Perezida

 Bugesera: Abayoboke ba PSD basabwe kuzatora neza mu matora ya Perezida

Abayoboke ba PSD basabwe kuzahitamo neza mu matora y’umukuru w’igihugu

Kuri iki cyumweru mu karere ka Bugesera Abayoboke b’ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD) bahawe ikiganiro kuri Ndi Umunyarwanda basabwa kuyisigasira no kuyisakaza mu baturanyi babo, banasabwe kuzitwara neza mu gihe cy’amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri Kanama bakamenya guhitamo uzabagirira akamaro.

Abayoboke ba PSD basabwe kuzahitamo neza mu matora y'umukuru w'igihugu
Abayoboke ba PSD basabwe kuzahitamo neza mu matora y’umukuru w’igihugu

Umuyobozi w’iri shyaka mu ntara y’Uburasirazuba, Francois Dukuzumuremyi avuga ko amatora bayiteguye neza, akavuga ko iri shyaka risanzwe ritanga umukandida ariko ko kugeza ubu batarafata icyemezo, akizeza Abanyarwanda ko bazamenyeshwa umwanzuro mu minsi iri imbere.

Yagize ati “ Icyo tuzashishikariza abayoboke bacu ni ukuba umusemburo w’impinduka mu bandi banyarwanda bakitabira cyane cyane gahunda ya guverinoma, cyane cyane gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge.”

Dukuzumuremyi yasabye abarwanashyaka ba PSD kuzitabira ari benshi no kuzubahiriza amategeko agenga amatora.

N’ubwo hari abamaze gutangaza ko basiyamamaza muri aya matora, uyu muyobozi wa PSD mu ntara y’Uburasirazuba avuga ko iri shyaka ritarabifataho umwanzuro ariko ko rishobora no kuzagira umukandida wo mu rindi shyaka bashyigikira kuko abayoboke baryo bazi guhitamo neza.

Umuturage Mbarabukeye Ephrem wakurikiye ibi biganiro avuga ko amatora bayiteguye neza, akavuga ko batazahangana n’andi mashyaka ahubwo ko bazaharanira kuzuzanya baganisha ku cyagirira neza Abanyarwanda

Abayobozi ba PSD kandi basabwe gukomeza gusigasira gahunda ya Ndi Umunyarwanda kuko yagize akamaro gakomeye mu komora ibikomere bya benshi basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Dukuzumuremyi ati “ Ndi umunyarwanda ni ubuzima bwa buri munsi , tugomba kububamo umunsi ku munsi,  Ndi umunyarwanda ni gahunda nziza.

Basabwe gutanga umusanzu wabo mu kubaka igihugu, kwitabira gahunda ya leta  birinda kuba ibigande, kugendera mu nzira nziza zidashyigikira amacakubiri.

Mukamuganga Sarah utuye mu kagari ka Gihembe mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera  yavuze ko  mu byo bigishijwe bakuyemo isomo ryo kubanira neza bagenzi babo n’abayoboke b’andi mashyaka.

Yagize ati “Ndi Umunyarwanda tugomba kuyisigasira neza, kandi tukigisha n’abandi ko umuntu agomba kuba Umunyarwanda.  

Kuko ikintu cyatuma Ndi Umunyarwanda itagerwaho ni amacakubiri, bitewe n’amateka yabaye, twigishijwe uko  tugomba kubana neza na bagenzi bacu kuko ni Umunyarwanda, nkamwibonamo na we ukanyibonamo nk’Umunyarwanda.”

Urubyiruko rubarizwa muri iri shyaka rya PSD baboneyeho guhiga ibyo bifuza kugeraho birimo kwibumbira mu makoperative, kugana ibigo by’imari no kwihangira imirimo.

Francois Dukuzumuremyi perezida w’ishyaka iharanira Demukarasi n’imibereho y’abaturage ( PSD) mu ntara y’Uburasirazuba ngo amatora bayiteguye neza
Francois Dukuzumuremyi perezida w’ishyaka iharanira Demukarasi n’imibereho y’abaturage ( PSD) mu ntara y’Uburasirazuba ngo amatora bayiteguye neza
Mbarabukeye Ephrem avuga ko mu matora nta guhangana gukwiye kubaho
Mbarabukeye Ephrem avuga ko mu matora nta guhangana gukwiye kubaho
Mukamuganga Sarah avuga ko Ndi Umunyarwanda bagomba kuyisakaza
Mukamuganga Sarah avuga ko Ndi Umunyarwanda bagomba kuyisakaza
Abayoboke b'ishyaka PSD bahuriye i Nyamata mu Karere ka Bugesera banaganiriye kuri Ndi Umunyarwanda
Abayoboke b’ishyaka PSD bahuriye i Nyamata mu Karere ka Bugesera banaganiriye kuri Ndi Umunyarwanda
Abayobozi batandukanye ba PSD mu rwego rw'intara y'Uburasirazuba batanze ibiganiro
Abayobozi batandukanye ba PSD mu rwego rw’intara y’Uburasirazuba batanze ibiganiro
Bamwe mu bayobozi b'ishyaka PSD bari bateguye ibiganiro
Bamwe mu bayobozi b’ishyaka PSD bari bateguye ibiganiro
Abayoboke b'ishyaka PSD bakurikiye ibiganiro bavuga ko bungukiyemo byinshi
Abayoboke b’ishyaka PSD bakurikiye ibiganiro bavuga ko bungukiyemo byinshi
Bigishijwe byinshi bavuga ko byababereye impamba mu mibanire na bagenzi babo
Bigishijwe byinshi bavuga ko byababereye impamba mu mibanire na bagenzi babo
Abayoboke b'ishyaka PSD biyemeje kuzarangwa n'ituze igihe cyose
Abayoboke b’ishyaka PSD biyemeje kuzarangwa n’ituze igihe cyose

Photo © D. S. Rubangura/Umuseke

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

3 Comments

  • PSD yari iya kera aho yarimo abagabo b’intarumikwa nka ba GATABAZI, ba NZAMURAMBAHO, ba NGANGO, ba GAFARANGA n’abandi. Naho PSD y’ubu yo ni iyo guherekeza gusa nta ngufu ifite, mu by’ukuri PSD y’ubu ni iy’umuhango gusa birazwi.

    PSD y’ubu niyemere ibe nk’ayandi mashyaka ariho mu Rwanda, ishyigikire umukandida umwe uzwi n’abanyarwanda kugeza ubu, naho PSD kwirirwa ibeshya abanyarwanda ngo nayo ishobora kuzatanga umukandida ngo ariko ntabwo bari bafata icyemezo cya nyuma, ibyo ni ukujijisha rubanda.

  • JYEWE NALI NZI KO TEREZA WO KWA SAYINZOGA ABA MULI RPF; UWO NALI NZIHO UBUKOMBOZI NI KIZITO.

  • Hhhhhhhh.iyi ni democratie icuritse kbsa.ubwo se murabeshya bande!!? Ngo hagaragare ko hari opposition ihari!!?

Comments are closed.

en_USEnglish