Digiqole ad

BREAKING: ARERUYAAAAAAAA yegukanye Etape4 Rusizi>>>Huye(140Km)

 BREAKING: ARERUYAAAAAAAA yegukanye Etape4 Rusizi>>>Huye(140Km)

Etape ya kane ya tour du Rwanda imaze guhaguruka mu mujyi wa Rusizi, abasiganwa barerekeza i Huye baciye mu ishyamba rya Nyungwe bagafata Nyamagabe,  barakora urugendo rwa 140Km ari narwo rurerure muri iri rushanwa.

Timothy Rugg ejo wabaye uwa mbere bagiye guhaguruka aba ari ku murongo w'imbere
Timothy Rugg ejo wabaye uwa mbere bagiye guhaguruka aba ari ku murongo w’imbere

Mbere yo guhaguruka nibwo hamenyekanye amakuru y’uko umusore w’umunyarwanda Ruberwa Jean yavuye mu isiganwa kuko ejo yakoze impanuka.

9h10: Bakimara guhaguruka Samuel Mugisha yahise asatira ajya imbere ya Peloton.

Mbere yo guhaguruka Samuel Mugisha yabwiye Umuseke ko intego ye ari ugukomeza kwirukira imbere agasiga abandi nubwo atatsinda etape ariko akagumana umwenda w’urusha abandi ahazamuka.

Mugisha w’imyaka 18, agasozi ka mbere gatangirwaho amanota y’ahazamuka yahise akegukana.

9h20: Pierre-Meric Voisin wo mu ikipe ya Rhone-Alpes umwe mu bari mu isiganwa yituye hasi bikomeye ahita ava mu isiganwa.

9h25’ : Abasiganwa bageze i Ntendezi Samuel Mugisha ari imbere igikundi ho amasegonga 30.

9h30: Valens Ndayisenga yatobokesheje igare ariko ahita afashwa vuba asubira mu isiganwa

Minisitiri w'imikino na Perezida w'ishyirahamwe ry'amagare bari aho isiganwa ryatangiriye
Minisitiri w’imikino na Perezida w’ishyirahamwe ry’amagare bari aho isiganwa ryatangiriye
Abasore b'ikipe yo muri South Africa bigira imbere ngo batangire isiganwa
Abasore b’ikipe yo muri South Africa bigira imbere ngo batangire isiganwa
Ruhumuriza wa Team Rwanda araganira n'umwe mu basore b'ikipe ya Benediction y'i Rubavu
Joseph Biziyaremye wa Team Rwanda araganira n’umwe mu basore b’ikipe ya Benediction y’i Rubavu
Abasiganwa bitegura guhaguruka i Rusizi bakinjira ishyamba
Abasiganwa bitegura guhaguruka i Rusizi bakinjira ishyamba
Jean Bosco Nsengimana (ibumoso) ari mu bahabwa amahirwe yo kwegukana aka gace
Jean Bosco Nsengimana (ibumoso) ari mu bahabwa amahirwe yo kwegukana aka gace
Baregera umurongo bahagurukiraho
Baregera umurongo bahagurukiraho
Ku murongo bari kumwe na Timothy Rugg ubu umaze kwigaragaza cyane muri iyi Tour du Rwanda
Ku murongo bari kumwe na Timothy Rugg ubu umaze kwigaragaza cyane muri iyi Tour du Rwanda
Bagiye guhaguruka
Bagiye guhaguruka
Aha ni imbere y'isoko rya Ntendezi
Aha ni imbere y’isoko rya Ntendezi
Tour igiye kwinjira mu ishyamba rya Nyungwe, aha biragorana cyane kubona amakuru y'abariyo kuko Network ari nke cyane muri iri shyamba
Tour igiye kwinjira mu ishyamba rya Nyungwe, aha biragorana cyane kubona amakuru y’abariyo kuko Network ari nke cyane muri iri shyamba

10h30: Mu ishyamba rya Nyungwe, Samuel Mugisha arayoboye. Imbere ari kumwe na Estifano Gebresilassie wo muri Ethiopia na Patrick Byukusenge.

 

11h30: Abasiganwa bari hafi gusohoka mu ishyamba rya Nyungwe, amakuru y’uko bakurikiranye ntaratugeraho.

11h50′: Tour du Rwanda imaze gusohoka mu ishyamba rya Nyungwe igeze Kitabi. Mugisha Samuel ari imbere ya Peloton ho umunota umwe.

Abrahm Ruhumuriza yagiye kumuzana, hagati ya bombi harimo amasegonda 14.

Mu ishyamba rya Nyungwe Mugisha yegukanye amanota y’ahantu hane hazamuka hari hateganyijwe, nta kabuza aragumana umwenda wa ‘meilleur grimpeur’.

12h05′ : Tour yinjiye mu Gasarenda, Mugisha aracyari imbere, ari kumwe na Buru Temesgen(Ethiopia) na Abraham Ruhumuriza basize Peloton ho iminota ibiri.

Mu Gasarenda abantu bategereje ko amagare abageraho
Mu Gasarenda abantu bategereje ko amagare abageraho
Mu gicu kibuditse imvura aha ni imbere ku Kigeme urenze mu Gasarenda abantu bategereje igare
Mu gicu kibuditse imvura aha ni imbere ku Kigeme urenze mu Gasarenda abantu bategereje igare

 

12h20′: Ruhumuriza, Mugisha na Buru barenze i Nzega, bari kwinjira muri Gasaka muri Centre ya Nyamagabe. Basize Peloton 2min16′

12h30′: Mugisha, Ruhumuriza na Buru Temesgen binjiye mu mujyi Nyamagabe bari imbere.

Hasigaye 35Km kugera i Huye.

Nyamagabe abantu ni benshi cyane baje kureba iri siganwa. Photo/Philbert Mugisha
Nyamagabe abantu ni benshi cyane baje kureba iri siganwa. Photo/Philbert Mugisha

12h40: Imvura nyinshi,   Tour igeze mu Kizi, gusa bageze mu Gako Rugg Timothy uri mu bakomeye yatobokesheje atakaza iminota,  hasigaye 10Km.

12h45: Mugisha yasize Ruhumuriza na Buru Temesgen bo basubiye muri Peloton.  Ubu ari imbere umunota umwe n’amasegonda 20.

13h00′: Mugisha bari kumusatira, hasigaye 5Km, hasigaye ikinyuranyo cya 1min5′ yasizeho Peloton.

Mugisha bahise bamusatira cyane habura ibirometero bicye baramufata maze hatangira gukora abanyembaraga nyinshi kuri Print.

 

13hoo’ :Baje ari nka 21 bari kuri Sprint, Areruya Joseph abatanga ku murongo. Hahise haba impanuka nto Bosco Nsengimana akomereka bidakomeye ahita yitabwaho.

Maillot Jaune igumanye Valens Ndayisenga kuko yari muri aba baje imbere.

Mu bilometero bya nyuma abafana bari bafite amatsiko
Mu bilometero bya nyuma abafana bari bafite amatsiko
Imbere y'imberabyombi y'akarere ka Huye, niho basoreje, abafana bari benshi
Imbere y’imberabyombi y’akarere ka Huye, niho basoreje, abafana bari benshi
Bayingana Aimable na Uwacu Julienne bari i Huye ahasorejwe etape ya none
Bayingana Aimable na Uwacu Julienne bari i Huye ahasorejwe etape ya none
Mu muvuduko ukomeye, bahageze ari ikivunge, ariko Areruya Joseph arahabatanga
Mu muvuduko ukomeye, bahageze ari ikivunge, ariko Areruya Joseph arahabatanga
Etape ya mbere yaTour du Rwanda mu mateka ya Areruya uvuka i Kayonza
Etape ya mbere ya Tour du Rwanda mu mateka ya Areruya uvuka i Kayonza
Uko bakurikiranye uyu munsi
Uko bakurikiranye uyu munsi
urutonde-rusange
Urutonde rusange kugeza ubu

 

Kubera umuvuduko, bakihagera bagonganye, bituma Nsengimana Jean Bosco ababara
Kubera umuvuduko, bakihagera bagonganye, bituma Nsengimana Jean Bosco ababara
Nsengimana Jean Bosco nyuma y gukora impanuka
Nsengimana Jean Bosco nyuma y gukora impanuka
Nyuma y'iyi mpanuka Nsengimana bamutwaye acumbagira
Nyuma y’iyi mpanuka Nsengimana bamutwaye acumbagira
RDB yahembye Ndayisenga kuko arusha abandi banyarwanda
RDB yahembye Ndayisenga kuko arusha abandi banyarwanda
Ndayisenga kandi ayoboye abakiri bato (U23)
Ndayisenga kandi ayoboye abakiri bato (U23)
Ndayisenga yanambitswe umwenda w'urusha abandi banyafrica
Ndayisenga yanambitswe umwenda w’urusha abandi banyafrica
Ndayisenga kandi yagumanya Maillot Jaune
Ndayisenga kandi yagumanya Maillot Jaune
Areruya Joseph yishimira intsinzi y'uyu munsi
Areruya Joseph yishimira intsinzi y’uyu munsi

 

Photos © R.Ngabo/Umuseke

Roben NGABO
UM– USEK.RW

9 Comments

  • Umuseke mukomerezaho! hari ifoto yanyu izaba ifoto y’irushanwa; Iriya yafatiwe mwikorosi hejuru y’ikivu! uwayifashe ni umuhanga kbsa!!!!

    • Iriya foto ntabwo ari iy’Umuseke ni iya Kigalitoday ni umunyamakuru wabo wayifotoye witwa Plaisir Muzogeye, gusa ndumva yaratangiriye hano k’Umuseke naho yajyaga aduha amafoto meza agitangira aramenyekana ajya aho handi.
      Umuseke courage turabemera

      • oya siriya mvuga, hari indi umuseke wafashe hagaragara n’amazi y’ikivu!

    • Nanjye iriya photo naremeye, uziko nari nanze kwemera ko ari mu Rwanda! Dufite igihugu kiza pe!

  • Amafoto yanyu arakeye cyane, murusha IGIHE.com gufotora kabisa.

  • Mwiriwe? Umuseke rwose muri aba mbere kutugezaho amakuru ari update. IMana ibahe umugisha kandi ikomeze gufasha Abanyarwanda kwitwara neza. Murakoze!

  • Congratulations Kimasa

  • ubundi umuseke bafite ulmwihariko kw’ifoto kabisa bakomereze aho

  • UM– USEKE mugira amafoto meza cyane….Ariko mukagira amakuru make ugereranyije n’IGIHE. Nimwongera amakuru IGIHE muzabacaho.

Comments are closed.

en_USEnglish