Digiqole ad

Bralirwa yazanye Fanta ziri mu macupa ya Plastique

 Bralirwa yazanye Fanta ziri mu macupa ya Plastique

Umwe mu bakobwa barimo batambagiza Fanta mu batumiwe

Kuri uyu wa Gatanu, Uruganda rwa BRALIRWA rwazanye Fanta ziri mu macupa mato ya Plastique, ayo macupa azaba arimo ubwoko bwa Fanta butandianye nka Coca, Fiesta, Orange, Sprite na Citron mu rwego rwo gufasha abakiliya kugabanya igihe bafataga mu kabari cyangwa aho banywera fanta.

Umwe mu bakobwa barimo batambagiza Fanta mu batumiwe
Umwe mu bakobwa barimo batambagiza Fanta mu batumiwe

Jonathan Hall umuyobozi wa Bralirwa yavuze ko icy’ingenzi cyatumye bakora ayo macupa byari ukugira ngo bafashe abakiliya kudatakaza igihe banywa kugira ngo baze gusubiza icupa ry’ikirahure.

Bralirwa ivuga ko ikigenderewe ari ukugira ngo ubucuruzi burusheho kwiyongera, ariko kandi n’abaguzi barusheho kungukirwa n’igiciro kigendanye n’ubushobozi bwabo n’igihe bafite.

Guhera ubu abakiliya ba Bralirwa bakunda ibinyobwa bidasembuye bashobora kuzajya babibona mu macupa atatu atandukanye mu bunini.

Icupa rito cyane rya Cl 30 rizajya rigura amafaranga 400, iryisumbuyeho rya Cl 50 rizajya rigura amafaranga 600 n’irindi rinini cyane rya Litiro imwe n’igice (L 1,5) rizajya rigurishwa amafaranga  1 500.

Kuba amacupa arimo Fanta azaba ari plastique bizafasha abakiliya kuyigura, ubundi bahite bayajyana aho bagiye.

Ibi binyobwa bizaba bipfunyitse mu macupa akozwe muri Polyethylene terephthalate, ni amacupa abora kandi ngo ibi bizafasha mu kubungabunga ibidukikije.

Abanyamakuru batemberejwe aho batunganyiriza izo Fanta. Muri cyumba hagaragara imashini zitunganya amazi mbere y’uko avangwa n’ibinyampeke bivanwamo ibikorwamo fanta.

Muri iki cyumba kandi kirimo izindi mashini zivanga ibyavuye mu mashini zabanje nyuma hagakurikiho izindi zipfundira.

Muri rusange abitabiriye iki gikorwa bishimiye uburyo bushya Bralirwa yabahaye bwo kunywa ibinyobwa mu buryo bwihuse kandi uburyohe bugakomeza kuba bwa bundi.

Technical Director wa Bralirwa Sander Bokelman
Technical Director wa Bralirwa Sander Bokelman
Uburyohe bwa Fanta ntacyahindutseho
Uburyohe bwa Fanta ntacyahindutseho
Protocol yari yabukereye
Protocol yari yabukereye
Imyenda yabo yabaga iriho ubwoko bwa Fanta ziri mu macupa yamuritswe
Imyenda yabo yabaga iriho ubwoko bwa Fanta ziri mu macupa yamuritswe
Johnathan Hall Umuyobozi wa Bralirwa mu byishimo byo kumurika aya macupa mashya
Johnathan Hall Umuyobozi wa Bralirwa mu byishimo byo kumurika aya macupa mashya
Bralirwa ifite ibikoresho n'imashini zigezweho ikoresha mu gukora ibinyobwa byayo
Bralirwa ifite ibikoresho n’imashini zigezweho ikoresha mu gukora ibinyobwa byayo
Fanta ni zazindi icyahindutse ni amacupa
Fanta ni zazindi icyahindutse ni amacupa
Imbere mu ruganda
Imbere mu ruganda
Batashye banyuzwe n'uburyo amacupa ya plasitike azabafasha
Batashye banyuzwe n’uburyo amacupa ya plasitike azabafasha
Abakobwa bakeye bari barangaje benshi mu bari bahari
Abakobwa bakeye bari barangaje benshi mu bari bahari
Abakozi ba Bralirwa
Abakozi ba Bralirwa
Abasogongeye banyuzwe bati 'Irafutse'
Abasogongeye banyuzwe bati ‘Irafutse’
Mu ruganda rwa Bralirwa ahakorerwa Fanta
Mu ruganda rwa Bralirwa ahakorerwa Fanta
Umukiliya ntazongera kugorwa no kumaramo fanta azajya ayigura yigendere
Umukiliya ntazongera kugorwa no kumaramo fanta azajya ayigura yigendere
Abatoto bakeye bari muri Serivisi
Abatoto bakeye bari muri Serivisi
Abayobozi ba Bralirwa basoma kuri Coca
Abayobozi ba Bralirwa basoma kuri Coca
Abayobozi ba Bralirwa berekana Fanta zipfunyitse mu macupa mashya ya plasitike banabimburira abandi mu kuzisogongera
Abayobozi ba Bralirwa berekana Fanta zipfunyitse mu macupa mashya ya plasitike banabimburira abandi mu kuzisogongera
J. Hall umuyobozi wa Bralirwa na bamwe mu bakozi ba Bralirwa basoma kuri Fanta muri ibi birori
J. Hall umuyobozi wa Bralirwa na bamwe mu bakozi ba Bralirwa basoma kuri Fanta muri ibi birori
Bamwe mu baje kwerekwa Fanta ziri mu macupa mashya batashye banyuzwe
Bamwe mu baje kwerekwa Fanta ziri mu macupa mashya batashye banyuzwe
Byari ibirori bokomeye byateguwe na Bralirwa
Byari ibirori bokomeye byateguwe na Bralirwa

 Amafoto/Evode MUGUNGA/UM– USEKE

Jean Pierre NIZEYIMANA
UM– USEKE.RW

15 Comments

  • haaaaaa ubwo na gashya muri brilirwa kweri abandi bageze kuri 2litres
    ????????????????????????????????????????

  • natwe turabyishimiye , gusa igiciro kiri hejuru iyo bakomeza 300 nkayarasanzwe ikindi nakwibaza ko hari hasanzwe hariho ibindi binyobwa bidasembuye bifunze mumacupa ya prastique yewe byanditseho fanta n’ubwoko bwayo nubwo byavaga hanze ariko byari bimenyerewe gusa fanta ya brarilwa yabizaga imbere kubera kuba iri mu icupa ry’ikirahure ESE biteguye guhangana bate nibyo binyobwa bindi byabatanze Ku Isoko cyane cyane ko nabonye namacupa bisa ? ESE amacupa yarasanzwe yo mubirahure azagumaho ? byaba byiza agumyeho kuko agaragara neza mbese ubona ari quality ukuntu kandi ibyo biyatandukanya nandi afunzemo jus n’ibindi .murakoze

    • Fanta zo mu macupa y’ibirahure nazo zizakomeza gukorwa kuko uruganda ruzikora ruracyahari ntabwo rwashenywe ahubwo uru rukora Fanta mu macupa ya plastiki ni uruganda rushya BRALIRWA yubatse iruhande rw’urusanzwe rukora Fanta zo mu macupa y’ibirahure.

  • NI BYIZA KUKO KUGURA FANTA UKABANZA WICARA AHO UYIGURIYE NGO USUBIZE ICUPA RY’ABANDI BYADUTWARAGA IGIHE CY’UBUSA NONE UMUNTU AZAJYA AHITA YIGENDERA KANDI BRALRWA NAYO IDAHOMBYE KUKO MBONA HAGIYEHO 100FRW Y’ICUPA.

    ARIKO NAWE WATANZE IYI NKURU NTABWO NEMERA IBYO WAVUZE KURI BARIYA BAKOBWA KUKO NTABWO RWOSE ARI ABARI B’U RWANDA KUKO KWAMBARA UBUSA MU RUHAME SI UMUCO W’ABARI BACU IBYO WISE GUCYA RERO NTIBIVUZE KWAMBARA UBUSA!

    • Mana weee! urakoze kuvuga kuri iriya myambarire ya bariya bakobwa. Miristere y”umuco yari ikwiye kujya ibyo ivugana n’abakomeza kwerekana imico itaduhesha agaciro nk”abanyarwanda. Nakomeje kwibaza niba ari aba protocole cg se ari abo bakoresheje marketing y”ibinyobwa byabo. BIRABABAJE KWAMBARA KURIYA KKUMUNSI WO KWEREKANA IBICURUZWA BISHYA.

  • Nubundi irahenze cyane. Ahantu ndi 2litres za fanta zigura atarenza 900FRW. None NGO bralirwa fanta 1.5l Ku 1500frw mwumva mudakabya koko? Ubu se mwiteguye guhangana muri Easter Africa ra!

  • Haaaaaaaaaaa burarirwa nayo itangiye kwiga gutuburira abantu da, ejo muzatuzanira na Mutzig na Primus zo muri pulasitiki. Ese ziriya pulasitiki zaba zarabaje kwigwaho neza kugirango ejo utazasanga ari uburozi muduhaye? Ni hahandi nimudakuraho amacupa y’ibirahure asanzwe niyo tuzakomeza kunyweramo kuko ziriya zo mu ma pulasitike ntituzazitandukanye nabimwe bita supadipu nubwo nubundi nizo mu macupa asanzwe twari twaramaze kumenya ko ariyo supadipu mushyiramo. Ibiciro kandi biri hejuru nimushake muzabimanure kuko nta succes bizagira ndi hano.

  • Ngewe ndashaka kubaza ibinyampeke mwavuze bikorwamo ama fanta kko hari aho mwanditse ngo”Abanyamakuru batemberejwe aho batunganyiriza izo Fanta. Muri cyumba hagaragara imashini zitunganya amazi mbere y’uko avangwa n’ibinyampeke bivanwamo ibikorwamo fanta”. Ubundi nkanasaba bralirwa kugabanya ibiciro bikaguma kuri 300 naho ubundi twakomeza kwinywera

  • ESE BRARIRWA NINZOGA YAMURIKAGA CG NIBAKOBWABAMBAYE UBUSA NGOBARAMBAYE MIMISITER ISHA IZABAHANE BARIKUD– USEBYA KABISA KWAMBARA UBUSAKOKONAKUMIRO NAHO FANTA ZO BAZIGABANYE AMAHEREZO BATAZAZINWERA DOREKONABONYE BAZISHOBOYE NIMESHI

  • Yewe bano bakobwa babo wagirango nibabandi batega kumuhanda.abasore mwaragowe buriya nibariya muzakoramo ba mama wabana ahaaa!Imana nitabare pe!

  • Ni byiza. Kuko ibyo gusubiza icupa nari narabihaze.

  • Nta business itera imbere nta nda*** ziyamamaje

  • Jye ndabona hamuritswe ibintu 2,Fanta n’ibibero by’izo nkumiahubwo nuko bavuze ibiciro bya Fanta ntibavuge ku bibero uko ibiciro bihagaze.!!!!!!!!!!!!!jye ndumiwe peeeeeeeeeee!!!!!!!!!!!!

  • njye ibyo kunywa nta kibazo mbifiteho ariko brarirwa ihe agaciro abakobwa ni ukubasuzugura kubambika kuriya pe . tumenyereye ko hano mu rwanda iyo ari ahantu haza abantu benshi abakobwa bambara imikenyero bazakoreshe iya brarirwa (Sprite,fanta orange,citron na fiesta n iya coca cola ) ariko bishuka abo bana yego barabahemba ariko se uwakubwira ngo ambara ubusa nguhe cash wabikora? gusa nibaza n uko abo bakobwa baba baonye iyo mirimo. mwiheshe agaciro bari b’U Rwanda

  • turashaka ko na byeri bazidushyirira muri plastique.

Comments are closed.

en_USEnglish