Digiqole ad

Bahereye ku bihumbi 10 none binjiza miliyoni 6 mu kwezi

Abanyamuryango ba Koperative  COOPROTRABA (Cooperative de Production  de Transformation des Bananes et Ananas), iherereye  mu mudugudu wa  Muremera, akagali ka Kiruhura, Umurenge wa Rusatira, mu Karere ka Huye yenga imitobe, baratangaza ko  igishoro bashyize  muri koperative batangira cyabagejeje ku bikorwa  byinshi by’iterambere.

Abanyamuryango ba Koperative COOPROTRABA.
Abanyamuryango ba Koperative COOPROTRABA.

Igitekerezo cyo gutangiza koperative, bagifashijwemo n’ubuyobozi bwa Karere ka Huye, bitewe n’inama zitandukanye bagiranaga zo kwihangira imirimo.

Ubusanzwe  ngo bamwe mu banyamuryango bari bararangije amashuli  yisumbuye, ariko batinda kubona akazi, abandi nabo bari bageze mu myaka yo gufata ikiruhuko cy’izabukuru gusa bari  bagifite imbaraga zo kugira ibindi bakora.

Mu gushyira izi nama bahabwaga n’ubuyobozi bwa karere mu bikorwa, nibwo bishyize hamwe, batangiza Koperative yo gutunganya imitobe.

Impamvu nyamukuru  yatumye bahitamo gutangiza iyo koperative, ngo barasuzumye basanga mu murenge  wabo nta yindi koperative yenga imitobe ihari nuko babona bazahirwa n’isoko batangira ubwo.

Bahise bagena umusanzu  ungana n’ibihumbi  icumi by’amafaranga y’u Rwanda  buri wese agomba gutanga, gusa babigennye batitaye ku bushobozi  buri munyamuryango yabaga afite.

Mu mwaka wa 2004, iki gitekerezo bose bacyumvikanyeho  batangira gutanga aya mafaranga, baje kugura ibikoresho ku buryo nyuma y’umwaka umwe  bahise bagura  ikibanza bubakamo amazu atatu y’agaciro ka miliyoni 14 ndetse bahita bava mu bukode.

Ibikoresho bigezweho bifashisha.
Ibikoresho bigezweho bifashisha.

Kubera ubushake bari bafite, n’inyungu babonaga  buri kwezi zingana  na miliyoni esheshatu baguze imodoka imwe itwara ibitoke n’inanasi.

Inyungu zakomeje kwiyongera baba baguze indi modoka ya DINA kubera ko  amasoko yari  atangiye kwaguka, ndetse amafranga binjiza mu kwezi asaga miliyoni.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwagiye bubasura, bunakomeza kubagira inama, kugira ngo barushaho gukomeza gutera imbere.

Mu nama zinyuranye bagiye bakora basabye ko buri munyamuryango yubaka inzu akava mu bukode kandi bagenda babigeraho nk’uko byemezwa na Perezida w’iyi Koperative Sebera Abraham.

Agira ati ’’Mu banyamuryango 32 babiri bonyine nibo badafite amacumbi, bahembwa buri kwezi, batangirwa imisanzu igenwa n’amategeko, inyungu itari iyi wayivana he?’’

Umuyobozi w’Akarere ka Huye Kayiranga Muzuka Eugene, yavuze ko mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2013-2014, bashyizemo miliyali sizaga esheshatu zo gufasha abatishoboye, ayo mafaranga bakazayatanga bakurikije ibyiciro abatishoboye barimo kugira ngo bakomeze kurwanya ubukene.

Kayiranga ashimira iyi koperative  ko ari urugero rwiza rw’iterambere mu bandi baturage.

Iyi koperative ifite amasoko mu ntara y’Amajyepfo, mu Mujyi wa Kigali n’igice kimwe cy’Uburengerazuba.

Uri ibumoso ni Sebera Abraham Perezida wa Koperative.
Uri ibumoso ni Sebera Abraham Perezida wa Koperative.
Ibyuma bipfundikira amacupa.
Ibyuma bipfundikira amacupa.
Bimwe mu bitoki bengamo imitobe.
Bimwe mu bitoki bengamo imitobe.
Ibidomoro bashyiramo imitobe mbere yo kuyitunganya.
Ibidomoro bashyiramo imitobe mbere yo kuyitunganya.
Aho babika imitobe itandukanye.
Aho babika imitobe itandukanye.
Imodoka biguriye kubera kwishyira hamwe.
Imodoka biguriye kubera kwishyira hamwe.

MUHIZI  Elisée
UM– USEKE/Muhanga

0 Comment

  • Mbega byiza,Dore umusaza uzi icyo gukora maze mudushakire telephone ye, tumugishe inama. murakoze

  • Mwiriwe ba somyi b’umuseke.com ndasaba inama zanyu,mfite 200000fr ariko nabuze umushinga wantunga ngatera imbere nkava mubukode murakoze.

  • ni byiza kugira amakoperrative ariko nacungwe neza, naho uwasabye igitekerzo cy’icyo yamaza 200.000 frws afite niyegere abandi bashinge koperative yorora inkoko cyangwa ihene zitanga umukamo

Comments are closed.

en_USEnglish