Digiqole ad

Australia: Ingona yariye umugore biteza sakwe sakwe

 Australia: Ingona yariye umugore biteza sakwe sakwe

Umugore yariwe n’ingona mu ijoro ryo ku cyumweru ariho yoga n’umugabo

Muri Australia havutse hari impaka zo kumenya icyakorerwa ingona zororewe mu mazi aherereye ahitwa Daintree kubera ko zimaze kuba nyinshi ndetse imwe murizo ikaba muri iyi week end yarariye umugore w’umukerarugendo ubwo yajyaga kora mu mazi ubusanzwe bitemewe kogeramo.

Umugore yariwe n'ingona mu ijoro ryo ku cyumweru ariho yoga n'umugabo
Umugore yariwe n’ingona mu ijoro ryo ku cyumweru ariho yoga n’umugabo

Uyu mugore w’umukerarugendo yari afite imyaka 46. Ni mu majyaruguru ya Australia mu  Ntara ya Queensland, mu gace kitwa Daintree aho uyu mugore yari kumwe n’umugabo bogana mu gace ko mu mazi maremare kandi bibujijwe kogamo ariko bo ngo babirenzeho bayajyamo ingona iraza isingira uyu mugore irmutwara kuva ubwo.

Umudepite witwa Warren Entsch yavuze ko ibi bitagomba guteza sakwe sakwe mu baturage kuko ngo nta mpamvu yo kuririra umugore wishoye mu kaga abizi kandi abishaka.

Kuri we ngo urupfu rw’uriya mugore rwatewe ‘n’ubugoryi bwe’(stupidity) bityo ngo ntabwo ingona arizo zahinduka ikibazo.

Iyi ntumwa ya rubanda ivuga ko n’ikimenyimenyi ari  uko hafi y’aho ziriya ngona ziba hari ibyapa biha abantu  umuburo wo kwirinda kwinjira muri ariya mazi.

Ku rundi ruhande hari abavuga ko kuba ingona zimaze kuba nyinshi biteje inkeke ba mukerarugendo bityo ko byaba byiza zigabanyijwe, zimwe zikicwa.

ABC Radio itangaza ko uriya umugabo wari kumwe n’umugore yagerageje kumurwanaho ariko biranga iramujyana.

Ba mukerarugendo bamwe na bamwe bakunda gukerensa umuburo bahabwa n’abashinzwe kurinda za pariki kugira ngo birinde ko baribwa n’imyamaswa z’inkazi.

Umwaka ushize muri Mata intare yariye umunyamakuru wari mu modoka ubwo yamusimbukiraga atafunze ibirahure iramwica. Nyamara kugenda muri iyi pariki ibirahure bifunguye ngo byari bibujijwe.

Thornton Beach mu gace ka Dantree ngo hamaze kuba ingona nyinshi kandi abahajya babuzwa koga, nubwo hari ababirengaho
Thornton Beach mu gace ka Dantree ngo hamaze kuba ingona nyinshi kandi abahajya babuzwa koga, nubwo hari ababirengaho
Abantu babuzwa koga hano kubera ingona ariko bamwe ntibumva
Abantu babuzwa koga hano kubera ingona ariko bamwe ntibumva

Jean Pierre NIZEYIMANA
UM– USEKE.RW

1 Comment

  • rwari rwamucyubyemo

Comments are closed.

en_USEnglish