Digiqole ad

Angola ubu niyo ‘Champions’ wa Africa muri Basketball U18

 Angola ubu niyo ‘Champions’ wa Africa muri Basketball U18

Kigali – Ikipe y’igihugu ya Angola itwaye igikombe cya Afurika muri Basketball mu batarengeje imyaka 18, itsinze Misiri amanota 86 kuri 82. U Rwanda rwarangirije ku mwanya wa gatanu muri iri rushanwa rwakiriye. Kuva mu 1998 nibwo Angola yegukanye iri kamba.

Abasore ba Angola bishimira igikombe
Abasore ba Angola bishimira igikombe

Kuri iki cyumweru tariki 31 Nyakanga 2016, kuri petit stade i Remera nibwo uyu mukino wa nyuma wabaye, urebwa n’abantu benshi cyane ndetse na Perezida Kagame n’abana be babiri.

Ikipe y’igihugu ya Misiri yashakaga kwisubiza iki gikombe yatwaye muri 2014, ariko ntibyashobotse kuko yatsinzwe na Angola amanota 86 kuri 82.

Agace ka mbere karangiye Angola yatangiye kuyobora umukino ku manota 25-18,umusore w’ibigango n’ubuhanga cyane witwa Bruno Afonso David Fernandes yari yatsinzemo amanota 9 wenyine.

Mu gace ka kabiri Misiri yakoresheje imbaraga nyinshi, bituma igabanya ikinyuranyo cy’amanota, babifashijwemo n’abasore bayo Tarek Mahmoud Raafat, na bagenzi be, agace ka kabiri karangiye Angola itsinze Misiri amanota 41-40.

Mu gace ka nyuma Angola yagowe cyane ikora amakosa menshi bituma Bruno Afonso David Fernandes wabafashaga cyane mu kuganira no gutsinda amanota menshi avamo yujuje amakosa atanu.

Gusa umusore mugufi cyane kandi w’umuhanga Childe Dundao yakomeje kwitwara neza cyane no kuyobora ikipe ye afatanyije na Silvio Sousa uyu ari nawe waje gutorwa nka MVP w’iri rushanwa.

Umukino warebwe na perezida Kagame Paul warangiye amakipe yombi anganyije amanota 77-77. Hongeweho iminota itanu y’inyongera.

Ikipe ya Angola yatsinze imikino yose muri iri rushanwa, yatsinze umukino wa nyuma ku manota 86-82.

Imikino yabanje, mu guhatanira umwanya wa gatatu, Mali yatsinze bigoranye cyane Tunisia amanota 59-52.

Mu guhatanira umwanya wa gatanu, U Rwanda rwatsinze ikipe y’igihugu ya DR Congo amanota 77 kuri 73.

Abakinnyi bahembwe:

Meneur mwiza w’irushanwa: Sano Gasana (Rwanda)

Aba Aillier b’irushanwa: Tarek Mahmoud Raafat (Egypt) na Mouhamed Rassil (Tunisia)

Aba Pivot b’irushanwa: Silvio Samuel De Soussa (Angola), na Bruno Afonso Fernandez (Angola)

Uwatsinze amanota menshi 150: Patrick Mwamba Kazumba (DR Congo)

Umukinnyi w’irushanwa, MVP: Silvio Samuel De Soussa

Mbere y'umukino bari bafite ikizere cyo kwisubiza igikombe
Mbere y’umukino bari bafite ikizere cyo kwisubiza igikombe
Angola yaje nayo ishaka uyu mwaka gukora amateka
Angola yaje nayo ishaka uyu mwaka gukora amateka
Abafana benshi cyane bari bashyigikiye ikipe ya Angola
Abafana benshi cyane bari bashyigikiye ikipe ya Angola
Fernandes wa Angola yashimishije abantu bidasanzwe kubera 'dunks' ze buri uko yabonaga umwanya
Fernandes wa Angola yashimishije abantu bidasanzwe kubera ‘dunks’ ze buri uko yabonaga umwanya
Umuyobozi wa FIBA Africa Hamane. Niang, H.E Kagame Paul na Min Uwacu Julienne bareba umukino wa nyuma
Umuyobozi wa FIBA Africa Hamane. Niang, H.E Kagame Paul na Min Uwacu Julienne bareba umukino wa nyuma
Umunyarwanda Richard Mutabazi niwe wari commissaire w'umukino wa nyuma
Umunyarwanda Richard Mutabazi niwe wari commissaire w’umukino wa nyuma
Mali yarangirije ku mwanya wa gatatu nayo yahembwe
Mali yarangirije ku mwanya wa gatatu nayo yahembwe
Misiri yarangirije ku mwanya wa kabiri
Misiri yarangirije ku mwanya wa kabiri
Uhereye ibumoso, Bruno Afonso Fernandes, Silvio Samuel De Soussa (ba Angola), Mouhamed Rassil (Tunisia), Tarek Mahmoud Raafat (Egypt) na Sano Gasana (Rwanda) nibo bakinnyi bitwaye neza muri iri rushanwa
Uhereye ibumoso, Bruno Afonso Fernandes, Silvio Samuel De Soussa (ba Angola), Mouhamed Rassil (Tunisia), Tarek Mahmoud Raafat (Egypt) na Sano Gasana (Rwanda) nibo bakinnyi bitwaye neza muri iri rushanwa
Perezida wa FIBA Africa, Hamane Niang na H.E Paul Kagame
Perezida wa FIBA Africa, Hamane Niang na H.E Paul Kagame

Roben NGABO
UM– USEKE.RW

en_USEnglish