Digiqole ad

AMAFOTO yo mu birori byo gutanga impamyabumenyi muri CUR

 AMAFOTO yo mu birori byo gutanga impamyabumenyi muri CUR

Musenyeri Rukamba Philippe washinze CUR asuhuza abitabiriye ibirori

Ibi birori byabaye tariki ya 31 Werurwe 2015, ubwo Kaminuza Gatolika y’u Rwanda (Catholic University of Rwanda, CUR) yatangaga impamyabumenyi ku banyeshuri 901 barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu mashami atanu.

Musenyeri Rukamba Philippe washinze CUR asuhuza abitabiriye ibirori
Musenyeri Rukamba Philippe washinze CUR asuhuza abitabiriye ibirori

Abarangije basabwe kuba umunyu n’urumuri rwo guhindura imibereho y’aho bagiye gushyira mu bikorwa ibyo bize.

Izo ni zo mfura z’iyi Kaminuza Gatolika ikorera i Save mu karere ka Gisagara no ku i Taba mu karere ka Huye. Abarangije bose hamwe 901, abagera kuri 61,5% bari abagore ndetse n’uwahize abandi ni umukobwa.

Amafoto kuva kuri A kugera kuri Z:

Imbere y'inzu mberabyombi y'akarere ka Huye barakwakwanya bitegura gukora umutambagiro
Imbere y’inzu mberabyombi y’akarere ka Huye barakwakwanya bitegura gukora umutambagiro
Bari bibagiwe ko bagomba gutambagira bafite ikirango cya Kaminuza, Mwarimu Gerard arakitegereza yatangaye
Bari bibagiwe ko bagomba gutambagira bafite ikirango cya Kaminuza, Mwarimu Gerard arakitegereza yatangaye
Umutambagiro uratangiye, abatuye i Huye baje gushungera biyibutsa uko i Ruhande byabaga bimeze
Umutambagiro uratangiye, abatuye i Huye baje gushungera biyibutsa uko i Ruhande byabaga bimeze
I Huye byagaragaraga ko hari ikirori cyahateguriwe
I Huye byagaragaraga ko hari ikirori cyahateguriwe
Abana bahiye wa mugani bari babukereye
Abana bahiye wa mugani bari babukereye
Abize Ubucuruzi ni bo bari imbere
Abize Ubucuruzi ni bo bari imbere
Akanyamuneza ku maso karagaragaraga
Akanyamuneza ku maso karagaragaraga
Aramubwira ati 'waberewe'
Aramubwira ati ‘waberewe’
Bari bishimye
Bari bishimye
Bari bakeye bizihiye ibirori
Bari bakeye bizihiye ibirori
Baragenda biyereka
Baragenda biyereka
Bari bakeye
Bari bakeye
Barakata berekeza kuri Cathedrale ya Butare
Barakata berekeza kuri Cathedrale ya Butare
Ibyishimo biramubonekaho
Ibyishimo biramubonekaho
Ibyishimo by'uko arangije kwiga
Ibyishimo by’uko arangije kwiga
Muri we yifitemo icyizere urebye uko areba
Muri we yifitemo icyizere urebye uko areba
Umwe mu bamama bakuru na we warangije kwiga
Umwe mu babyeyi na we warangije kwiga
Uyu ashobora kuba arangije kaminuza ari mutoya
Umwe mu bakiri bato barangije
Uyu mwana ni we wari utwaye ibendera ry'igihugu aramwenyura kubera akanyamuneza
Uyu wari utwaye ibendera ry’igihugu aramwenyura kubera akanyamuneza
Yari yajyanishije
Mwarimu yajyanishije ikanzu ye n’ikanzu y’akazi akora
Mwarimu asuhuza abanyeshuri bamugaragarije ibyishimo
Mwarimu asuhuza abanyeshuri bamugaragarije ibyishimo
Padiri araberewe
Padiri uri mu bayobozi b’ikigo
Nyuma y'igihe kinini avunika yari agiye kubona ibyo yaruhiye
Nyuma y’igihe kinini avunika yari agiye kubona ibyo yaruhiye
Kuri telefoni abwira ab'iwabo ati ibyo kunywa dusange ari munange
Kuri telefoni araha gahunda abo mu rugo
Intego yihaye ayigezeho akuze ariko ayigeraho
Intego yihaye ayigezeho akuze ariko ayigeraho
Bahagaze akanya gato imbere ya Cathedrale ngo abashyitsi babanze binjire
Bahagaze akanya gato imbere ya Cathedrale ngo abashyitsi babanze binjire
Abiga mu ishami ry'uburezi baberewe binjira muri Cathedrale ya Butare
Abiga mu ishami ry’uburezi baberewe binjira muri Cathedrale ya Butare
Abazafasha kuzamura imirire myiza aho batuye na bo bakurikiraho
Abazafasha kuzamura imirire myiza aho batuye na bo bakurikiraho
Baragenda baganira bati wowe uraza kwiyakirira he...
Baragenda baganira bati wowe uraza kwiyakirira he…
Arasuhuza ababyeyi ati mwatubonye
Arasuhuza ababyeyi ati mwatubonye
Abiga Siyansi na Tekinologiya na bo biyereka
Abiga Siyansi na Tekinologiya na bo biyereka
Abo mu bikorwa rusange na bo bati tuzafatanya n'abandi kuzamura abaturage
Abo mu bikorwa rusange na bo bati tuzafatanya n’abandi kuzamura abaturage
Abarimu ba CUR bari baberewe
Abarimu ba CUR bari baberewe
Akora umwiyereko n'akana ke
Yaje gushyigikira umubyeyi wemu mwiyereko
Ma soeur n'uwo musaza urabona ko ntacyo warenzaho
Abihaye Imana bari mu bigisha muri iyi Kaminuza
Biraboneka ko yatangiye gukemura ibibazo by'abaturage
mu mwambaro w’umunsi mukuru wa Kaminuza
Gasana umwe mu bakora muri CUR arareba ko gahunda zitunganywa uko byagenwe
Gasana umwe mu bakora muri CUR arareba ko gahunda zitunganywa uko byagenwe
Abanyeshuri bicaye
Abanyeshuri bicaye
Protocol yifashe neza bimwe bya kera...
Protocol yifashe neza bimwe bya kera…
Protocl barabwirana ko akazi katunganye
Protocl barabwirana ko akazi katunganye
Protocol areba ko buri wese yicanye aho yateguriwe
Protocol areba ko buri wese yicanye aho yateguriwe
Protocol
Protocol
Musenyeri Antoine Kambanda asuhuza abitabiriye ibirori
Musenyeri Antoine Kambanda asuhuza abitabiriye ibirori
Abana bakiri bato bagorora ingingo
Abana bakiri bato bagorora ingingo
Abanyacyubahiro bari Musenyeri Rukamba, Musenyeri Antoine Kambanda wa Kibungo n'abandi
Abanyacyubahiro bari Musenyeri Rukamba, Musenyeri Antoine Kambanda wa Kibungo n’abandi
Mu kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu, bose bahagaze, abo mu mutekano bakura isaruto
Mu kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu, bose bahagaze, abo mu mutekano bakura isaluti
Guverineri Munyantwari Alphonse w'Amajyepfo
Guverineri Munyantwari Alphonse w’Amajyepfo
Sinamenye ibyo bavugaga ariko umenya ari ibijyanye n'umutekano uko wari ucunzwe
Guverineri Munyantwali na Gen. Alexis Kagame baganira
Umusaza yaje gushyigikira abuzukuru
Umusaza yaje gushyigikira abuzukuru
Umukecuru wasokoje uruhanika agakubitaho urugori aba yabemeje
Umukecuru wasokoje uruhanika agakubitaho urugori
Umucecuru yanigirije urugori aza gushyigikira abuzukuru
Umucecuru yatamirije urugori aza gushyigikira abana be
Mu cyaro urugori ruracyafite akamaro gakomeye
Mu cyaro urugori ruracyambarwa cyane
MC w'uwo munsi yari abishoboye
MC w’uwo munsi yari abishoboye
Batwawe n'umuhamirizo
Batwawe n’umuhamirizo
Bahagaze imbere y'abanyacyubahiro n'ababyeyi bakurikije uko basomwe mu gitabo
Bahagaze imbere y’abanyacyubahiro n’ababyeyi bakurikije uko basomwe mu gitabo
Ababaye indashyikirwa bahawe impamyabumenyi n'ibihembo
Ababaye indashyikirwa bahawe impamyabumenyi n’ibihembo
Guverineri Munyantwari aha mudasobwa umunyeshuri wahize abandi witwa Soeur Marie Claire
Guverineri Munyantwari aha mudasobwa umunyeshuri wahize abandi witwa Soeur Marie Claire
Indashyikirwa
Indashyikirwa zahembwe
Intore zivuna sambwe mu muhamirizo gakondo
Intore zivuna sambwe mu muhamirizo gakondo
Arerekana ko agororotse
Arerekana ko agororotse
Ku myaka ye arareba uko abakobwa bato bitera hejuru babyina bikamwibutsa ibihe byahise
Ku myaka ye arareba uko abakobwa bato bitera hejuru babyina bikamwibutsa kera nawe agishoboye
Biraboneka ko Musenyiri Rukamba Philippe yizihiwe aho yicaye
Biraboneka ko Musenyiri Rukamba Philippe yizihiwe aho yicaye
Musenyeri Gahizi Jean Marie uyobora CUR ayoboye umuhango wo gutanga impamyabumenyi
Musenyeri Gahizi Jean Marie uyobora CUR ayoboye umuhango wo gutanga impamyabumenyi
Muhirwa Terence umunyamakuru wa SALUS na we yari yaje gufatanya n'abandi mu birori
Muhirwa Terence umunyamakuru wa Radio Salus na we yari yaje gufatanya n’abandi mu birori
Umunyeshuri wavuze mu izina ry'abandi
Umunyeshuri wavuze mu izina ry’abandi
Ibirori bihumuje baragenda baganira
Ibirori bihumuje Guverineri Munyantwari na Padiri Guillaume baragenda baganira

Amafoto/ HATANGIMANA Ange Eric

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

33 Comments

  • Ndabona ari ibyo. nyuma yo kwigendera kwa UNR, aba nya Huye bazajya bareba ikirori cya CUR, ntabwo baviriyemo aho. CUR, tera imbere.

  • Ko ndeba harimo abasa n’abataranakandagiye mu ishule ? Kera twarangizaga i Ruhande umuntu akamutse kabisa, ku buryo umureba ukamubonamo ko yanyuze muri Universite, none ndabona hano harimo n’abo wagirango babahamagaye bari biragiriye amatungo hirya iyo iyo giterwa inking ngo baze gufata impamyabumenyi !

    Ni hatari kabisa, ntibizoroha !

    • reka gusebanya ntuza we !

    • wowe Tesi,
      imyumvire yawe iri hasi cyane. umuntu ukirata ngo yize iruhande. gukamuka no mu mutwe biratandukanye.

      • Uhe n’umuntu wize i Ruhande wahita umunya icyo kwiga bivuga.Niyo mpamvu bayituye hasi kuko benshi batari gushobora ubu dufite aba universitaire baciye mu yandi bashuri nya nicyo zikivuze, hanze y’u Rwanda.Ikimenyimenyi abana b’abayobozi ntabwo bajya iyongiyo Ruhande y’ubu.Ibyo mu mpinduka dushaka bizagarukwaho aho umuntu ahabwa diplôme kuko ayigomba aho kuyiha umubare turata hirya no hino.

      • Nagirango mbwire Tesi, ko ashatse atajyaavuga ko yize kuko usesenguye imvugo ye wasanga arutwa n’abashumba, ubundi ndanakosora umunyamakuruaho yavuze ngo umukecuru yanigirije URUGORI, NTIBAVUGA KUNIGIRIZA URUGORI BAVUGA GUTEGA URUGORI, kunigiriza bikorerwa mu ijosi kandi ntawutega urugori mu ijosi.

        MERCI.

    • Tesi est malade mentale quelle stipude analyse !ndumiwe wize koko i Ruhande!ashwi si uko uwize abaho !uri jalouse kubera iki !

    • Iri baryita isebanyabuhanga. Aba bantu bose uko nababonye baraberewe pe kandi barasa neza cyane!! Ese wowe ubanegura ahubwo wadushyiriyeho agafoto kawe tukareba icyo ubarusha!!! ubwo wasanga ahubwo wagirango uvuye gukanika imodoka cg kuyikorera vidange!!

  • Gusebanya si byiza. Nuko tutari duhari, icyo gihe uvuga cya Ruhande mwasaga nk’abo bandi ba CUR; itandukaniro ni uko bo barimo abakuze, batabagaho i Ruhande icyo gihe; akarusho! Akandi karusho, bararangiza ari benshi. Ibyo bihe uvuga, Ruhande n’abari bayikuriye mu igenamigambi, babonaga ko bigisha abazahabwa akazi na Leta gusa, bagatsindisha abagerwaga ku rushyi. Ubu ni concept yo guhanga imirimo. Akarusho! Tujye dukora “analyses” zubaka, aho gutinda ku nkweto n’amahereni abantu bambaye; icyangombwa ni isuku no kwikwiza. A BON ENTANDEUR SALUT!

  • Gusebanya si byiza. Nuko tutari duhari, icyo gihe uvuga cya Ruhande mwasaga nk’abo bandi ba CUR; itandukaniro ni uko bo barimo abakuze, batabagaho i Ruhande icyo gihe; akarusho! Akandi karusho, bararangiza ari benshi. Ibyo bihe uvuga, Ruhande n’abari bayikuriye mu igenamigambi, babonaga ko bigisha abazahabwa akazi na Leta gusa, bagatsindisha abagerwaga ku rushyi. Ubu ni concept yo guhanga imirimo. Akarusho! Tujye dukora “analyses” zubaka, aho gutinda ku nkweto n’amahereni abantu bambaye; icyangombwa ni isuku no kwikwiza. A BON ENTENDEUR SALUT!

  • Kwigisha abantu ntibihagije, bagomba no kubona icyo bakora. Biti ihi se bakaba bafite ubwenge buhagije ku buryo bakwishakira akazi kw’isoko mpuzamahanga. Bivuga ko bagomba kuba bafite niveau yo hejuru bataragiye kudodesha muri 1930

  • Ntibavuga ngo umubyeyi anigirije urugori.Bavuga :umubyeyi atamirije urugori.

  • Congratulations to Ihorere Marie Claire!! N’ubundi wahoze uri Indashyikirwa kuri GSNDA Rwaza.

  • @ Tesi kurangiza mwarakamutse se mwabuze gukora genocide .ziba aho kubona abantu bari barize kaminuza hakaburamo abahagara hamwe wenda bapfe barwanye genocide ye kuba . Ntukadutoneke ngo kera mwarigaga . Ibyo mwasaruye twarabibonye.

    • Uyuse ibya jenoside abivanye hehe??ubisanishije ute nibirori byabaye?wasanga yarasoje i ruhande muri 98 na jenoside yararangiye ariko umva ibyo uba utekereje,abanyarwanda dushatse twahinduka

  • Aha, ndagirango ngire icyo mvuga kunjiji yiyise “Tesi” kuba abambaye basa nabavuye kurangira amatungo se wabinganya iki? Ahubwo CUR ibaye intangarugero “to train job makers other than job seekers” niba ushima ko gukamuka arugusabiriza komeza. CUR students go ahead in your farms murekere Tesi akomeze akamuke. To be a farmer ahandi n’ishema. Murakoze

  • tesi,ko ufite ibitekerezo nkibyo umuntu warangije iruhande?urabeshya kabisa umuntu wize iruhande ntabwo afite ibitekerezo nkibyawe

  • abize yo ntibivuga ko bose ugomba kubita aba jenocidaires.wunvise!!!!!!!!!!! …

  • Ni ishema rikomeye kuri twe tuhiga.promotion ya mbere abantu 901 numwe.intambwe Nakuru bacu bateye tuzayitera

    Tesi burya mu ishuri bigisha ubumenyi kurusha uburere
    Iyo ufite umutimanama ntuvuga nkibyo wavuze
    Ariko umuntu aboga icyo yonse ntawakurengana buriya

  • umusaruro wabo urakenewe mu iterambere ry’igihugu bashyira mu ngiro ibyo bize

  • Ariko Nyakubahwa Musenyeli Kambanda nimwiza weeeeeeeeeeeee!!!!!!!!!!!Nongeye gushimishwa n’uriya musaza n’umukecuru.Mbega ukuntu ari beza kandi bakomeye ku muco nyarwanda!

  • ngo ‘Yari yajyanishije’ hahah ninde wandika izi captions? ni Younger wo mu gasobanuye?muranyica

  • ndabona harimo ibikobwa byiza byibijigija bymbaye za mini,hari icyo duhuje amaso
    nigirisha isoni

  • Icyakora Ange uranyemeje mu gutanga inkuru y’amashusho. Wagirango hari ishuri wabyizemo. Njye utari wahabonetse bitunguranye nyuzwe n’incamake iri ku mashusho na commentaires ziyasobanura.

  • ni byiza cyane courage!ni mukomereze aho muzamure igihugu cyacu
    dutere imbere tujijutse !naho tessi ni mumwihorere ntakomeze kudusebya
    nta muntu wize i Ruhande uvuga kuriya!abize i RUHANDE tuvuga twabanje gutekereza !ntazongere kudusebya nta interectuelle ivuga biriya.

  • Ndabashimye kuba mwatugejejeho iyo nkuru at least tubonye Uko byagrnze abatari bahari, Ariko Uwo muntu ushyira comments ku ma foto rwose abivuga nabi pe aba agirango asetse abantu ariko harimo ibitajyanye numva yatwereka ama pics adatekereje ibyo abandi Bari gutekereza, naho Tesi we ubu ndumiwe neza neza

  • ntimugashakire ikibazo aho kitari
    tesii rwose ibyo avuga niko biri.

    twe twarangije i ruhande muri za 2000 twari dukamutse kandi dufite skills naho abubu se !!!!!! yewe nibige da
    ikindi aba banyamakuri nabo nta professionalism mbabonamo ugatinyuka ngo umucecuru yanigirije urugori plz ,,nyine ni abize ubu!!!!!!!! ariko mujye mubanza mumenye ntibavuga–bavuga

    • Conflict de generation , mumwihorere yakamutse kubera inzara none ubu bimeze neza bituma arakara,

  • uwo ngo ni Tesi w’i Ruhande? Hahahahaha none se gukamuka mu mutwe bivuze iki? Kwirirwa wiyemera ngo warize gusa? Cyakora hari avo dukorana nabo bameze nkawe birirwa barata amasirabo no gusesereza andi mashuri makuru na za kaminuza gusa, ariko byagera kazi wapi, ngo ni abanyabwenge. Uzamenye guhuza les savoirs, savoir etre, et savoir faire. Ngo uzi imibare aba agomba kwambara nk’umusazi, uwize indimi akarirwa atuka abandi, uwize ntagomba kwikoza abaturage, ibyo nibyo Tesi akeneye. Jyana n’ibigezweho, uve muri Nyakatsi n’ibitekerezo bya gikoroni

  • Ibyo Tesi avuga twe abize iRuhande ntitubizi. nakamuke wenyine bizamutunge. Gusa nawe MWIZA, wivuga ngo hari abandi mukorana birirwa barata ko bize iRuhande ariko bagera ku kazi wapi. Icyo nemera nuko ako kazi kabananira kubera ko batagashizeho umutima, ZA NJIJI ZIZE, ataruko batabonye ubumenyi buhagije. I Ruhande rwose ntacyo ntahaveba baratwigishije kabsa. ikibigaragaza niyo twahuye mu bizame ugasanga abanyaruhande bakurikiranye mu myanya ya mbere nk’icumi. Kubivuga kdi ntacyo byishe kuko iRuhande hajyaga ababaga babonye amanota menshi, Leta ikabaha Bourse nubwo hataburaga abigira mu yandi mashuri nka ULK cg UNILK kubera impamvu zitandukanye, ABATABONYE AYO MANOTA nabo bakagana ayigenga.

    Nsoze mvuga ngo, twese aho buri wese yize, ntakoreshe ubumenyi yahavanye duteze imbere igihugu cyacu tuve mu kurata aho twize cg ngo twirirwe dukamutse ntacyo dukora.

    big up Rwanda

  • sha tesi wisebya abantu twize iruhande pe,twe tugira umuco kabisa,ahubwo conguratilation kubarangije muri cur,ahasigaye mwihangire imirimo muteze igihugu cyacu imbere.kandi courage.

    • TESI URARWAYE SANAA,KWAMUGANGA VUBA

  • The day was so good!!!!!!

Comments are closed.

en_USEnglish