Digiqole ad

AMAFOTO: Ku isoko ry’umurimo imirimo ni micye ugereranije n’abayishaka, mwihangire imirimo- Kagame

 AMAFOTO: Ku isoko ry’umurimo imirimo ni micye ugereranije n’abayishaka, mwihangire imirimo- Kagame

Perezida Kagame ageza ijambo kubarangije amasomo, ababyeyi n’abarimu ba Kaminuza y’u Rwanda bari bitabiriye uyu muhango.

Kuri uyu wa gatanu, mu muhango wo guha impamybumenyi abanyeshuri bagera ku 8500 basoje muri Kaminuza y’u Rwanda, Perezida Paul Kagame yabasabye guhera ku bumenyi bahawe bakihangira imirimo kuko imirimo iri ku isoko ari micye, ku buryo ibona abarushije abandi mu ipiganwa.

Perezida Kagame ageza ijambo kubarangije amasomo, ababyeyi n'abarimu ba Kaminuza y'u Rwanda bari bitabiriye uyu muhango.
Perezida Kagame ageza ijambo kubarangije amasomo, ababyeyi n’abarimu ba Kaminuza y’u Rwanda bari bitabiriye uyu muhango.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yibukije aba barangije amasomo ko mu mikoro yacyo yose, igihugu cyafashije uko gishoboye kibabonera ibyangombwa byashobokaga kugira ngo bashobore kwiga amasomo neza, nubwo kiba gifite n’izindi nshingano zireba abanyarwanda bose.

Ati “…Twese icyo tugamije ari kimwe, ari ukubaka igihugu cyacu, kubaka igihugu ni urugendo twese dufitemo umuruhare, kunyura muri Kaminuza mwateguwe kugira ngo urwo rugendo murugende neza mugere aho mujya ndetse mugezeyo n’abandi Banyarwanda.”

Kagame yababwiye ko kugira ngo igihugu icyo aricyo cyose cyiyubake bishingira ku banyagihugu, no ku bushobozi biyubakamo kugira ngo bahangane n’inshingano bafite bashobore kuzisoza neza.

Ati “By’umwihariko ku Rwanda inshingano yacu turayizi, turayumva, turifuza rero ko tugera aho dushaka kujya.

Nimwe banyeshuri uyu munsi murangije amasomo yanyu ku byiciro bitandukanye, ni abandi barangije mbere yanyu, ni abandi baza nyuma yanyu dutezeho kubaka iki gihugu no kugera ku majyambere Abanyarwanda bose twifuza, namwe murimo.”

Mukomeze kwongere ubumenyi kuko imbere haragoye, imirimo ni micye

Perezida Kagame yabwiye aba basoje amasomo ko ubuzima butagiye koroha nk’uko bamwe babitekereza.

Ati “Ntabwo aribyo, hari ibindi bibategereje imbere, ibindi biteye ukundi, bitandukanye n’ibyo mumaze kunyuramo n’ubwitange bwanyu bwose, muzahangana n’ipiganwa hanze aha, ku giti cyanyu cyangwase no ku gihugu ubwacyo.”

Ngo u Rwanda kugira ngo rubeho, rutere imbere hari n’abandi baba babishaka, ati “Namwe ubwanyu kugira ngo mutere imbere, hari ubwo muzapiganirwa ibintu bicye, buri wese ashaka kugeraho kandi ari benshi bidakwiriye umubare w’ababishaka.”

Yongeraho ati “Ku isoko ry’umurimo ntabwo buri wese abona umurimo uko abyifuza, imirimo ishobora kuba na micye kuruta abayishaka, ubwo ni ukuvuga rero ngo muri abo bayishaka ubwo ari benshi, imirimo ikaba itangana nabo, ubwo uwo mubare munini w’abayishaka uzayipiganira, bazayihanganiraho, abashoboye abe aribo bajya imbere.”

Abanyeshuri basoje ikiciro cya kabiri cya Kaminuza bishimira ko basoje amasomo.
Abanyeshuri basoje ikiciro cya kabiri cya Kaminuza bishimira ko basoje amasomo.

Kagame yabwiye aba banyeshuri ko aya magambo atari ayo kutera ubwoba, ahubwo ngo ni ukubategura ngo bamenye ko hari ubundi buryo bw’ingorane zo kugera kubyo bifuza.

Yavuze ko ikibazo cy’imirimo atari ikibazo kidafitiwe umuti, ngo kubantu biteguye bashobora kugishakira umuti ku giti cyabo cyangwa igihugu.

Imwe mu ntwaro ngo yabafasha guhangana n’iki kibazo, ni ugukomeza kwiga kugira ngo binger ubumenyi bubahesha guhangana ku isoko ry’umurimo; No kugerageza kwihangira imirimo.

Perezida Paul Kagame yasabye amashuri n’izindi nzego nazo zifite inshingano yo kwigisha Abanyarwanda ibintu bitandukanye, kubatoza no kubigisha guhanga imirimo.

Ati “Ku giti cyanyu, ndabasaba gukomeza kugira imyumvire myiza, imyifatire myiza, gukunda igihugu cyanyu. Ukunda igihugu aba yikunda, nimwikorera neza ubwanyu, mugakorera neza imiryango yanyu, mugakorera igihugu neza, inshingano muzaba muyujuje, nibyo tubatezeho rero nk’Abanyarwanda.”

Abasoje amashuri banyuranye bavuganye n’Umuseke, bawubwiye ko bazi neza ko hariho ikibazo cy’imirimo, ariko ngo bazahangana kandi bagerageze kwihangira imirimo.

Mu basoje amashuri muri iyi Kaminuza y’u Rwanda, harimo babiri bahawe impamyabumenyi y’ikirenga ihanitse “PHD” babiri (2), abarangije ikiciro cya gatatu cya Kaminuza “Masters” bagera kuri 326, abandi bose ni abarangije ikiciro cya kabiri cya Kaminuza.

Mbere ya Saa moya, abitabiriye uyu muhango bari batangiye kwinjira muri Stade.
Mbere ya Saa moya, abitabiriye uyu muhango bari batangiye kwinjira muri Stade.
Saa tatu stade yari yatangiye kuzura abaje bahereje abasoje amasomo, n'abayosoje nyir'izina.
Saa tatu stade yari yatangiye kuzura abaje bahereje abasoje amasomo, n’abayosoje nyir’izina.
Abarimu banyuranye batambukanye umucyo muri Stade amahoro bishimira uruhare bagize mu kurera aba banyeshuri 8,500 basoje amasomo.
Abarimu banyuranye batambukanye umucyo muri Stade amahoro bishimira uruhare bagize mu kurera aba banyeshuri 8,500 basoje amasomo.
Perezida Kagame yashimiye ababyeyi n'abarezi bigishije aba banyeshuri.
Perezida Kagame yashimiye ababyeyi n’abarezi bigishije aba banyeshuri.
Abana bato bo ku ishuri rya muzika n'ubugeni nibo bacurangiraga aba barimu batambuka muri Stade.
Abana bato bo ku ishuri rya muzika n’ubugeni nibo bacurangiraga aba barimu batambuka muri Stade.
Mu barimu ba Kaminuza hari n'abakozi ba Kaminuza harimo n'abanyamahanga benshi.
Mu barimu ba Kaminuza hari n’abakozi ba Kaminuza harimo n’abanyamahanga benshi.
Pudence Rubingisa (imbere), umuyobozi mukuru wa Kaminuza y'u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n'imari na Nelson Ijumba, umuyobozi wa Kamunuza wungirije ushinzwe uburezi n'ubushakashatsi.
Pudence Rubingisa (imbere), umuyobozi mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe ubutegetsi n’imari na Nelson Ijumba, umuyobozi wa Kamunuza wungirije ushinzwe uburezi n’ubushakashatsi.
Abana bato bo ku nyundo bagaragaje ubuhanga mu kuvuza ibyuma bya muzika binyuranye.
Abana bato bo ku nyundo bagaragaje ubuhanga mu kuvuza ibyuma bya muzika binyuranye.
Abana bo ku Nyundo bari mubasusurukije uyu muhango.
Abana bo ku Nyundo bari mubasusurukije uyu muhango.
Iyi ni inshuro ya gatatu Kaminuza y'u Rwanda isohoye abanyeshuri kuva yahuzwa.
Iyi ni inshuro ya gatatu Kaminuza y’u Rwanda isohoye abanyeshuri kuva yahuzwa.
Umwe mu bahawe impamyabumenyi y'ikirenga 'PHD' yambikwa ingofero.
Umwe mu bahawe impamyabumenyi y’ikirenga ‘PHD’ yambikwa ingofero.
Perezida Kagame asuhuza abanyeshuri mbere yo kubagezaho ijambo, yabifurije ishya n'ihirwe mu buzima bwabo.
Perezida Kagame asuhuza abanyeshuri mbere yo kubagezaho ijambo, yabifurije ishya n’ihirwe mu buzima bwabo.
Abagera kuri 326 barangije ikiciro cya gatatu cya kaminuza 'masters' bishimira ko basoje amasomo.
Abagera kuri 326 barangije ikiciro cya gatatu cya kaminuza ‘masters’ bishimira ko basoje amasomo.
Nyuma y'uko ubuyobozi bwa Kaminuza butangaje ko abarangije ikiciro cya kabiri cya kaminuza nabo basoje ku mugaragaro byari ibyishimo.
Nyuma y’uko ubuyobozi bwa Kaminuza butangaje ko abarangije ikiciro cya kabiri cya kaminuza nabo basoje ku mugaragaro byari ibyishimo.
Ati "Urakoze Mana kuba nyasoje."
Ati “Urakoze Mana kuba nyasoje.”
Nubwo bose bishimye, bamwe bagiye kwicara no guhigahiga imirimo micye iri ku isoko ry'umurimo.
Nubwo bose bishimye, bamwe bagiye kwicara no guhigahiga imirimo micye iri ku isoko ry’umurimo.
Aba banyeshuri ngo batojwe gitore, bityo baje gufasha igihugu mu iterambere.
Aba banyeshuri ngo batojwe gitore, bityo baje gufasha igihugu mu iterambere.
Inseko ku isura, guhoberana, ibinezaneza,...nk'abantu basoje urugendo rw'imyaka hagati y'itatu n'irindwi bamwe baba bamaze kure y'imiryango yabo.
Inseko ku isura, guhoberana, ibinezaneza,…nk’abantu basoje urugendo rw’imyaka hagati y’itatu n’irindwi bamwe baba bamaze kure y’imiryango yabo.
Akanyamuneza bamwenyuraga.
Akanyamuneza bamwenyuraga.
Basomewe indahiro basubiragamo, irimo kwiyemeza kuzakora neza no kubaka igihugu.
Basomewe indahiro basubiragamo, irimo kwiyemeza kuzakora neza no kubaka igihugu.
Bamanitse amaboko basubiramo indahiro barahizwaga na Prof. Philip Cotton, umuyobozi wa Kaminuza y'u Rwanda wungirije.
Bamanitse amaboko basubiramo indahiro barahizwaga na Prof. Philip Cotton, umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda wungirije.
Mu basoje uyu mwaka harimo n'uwamugaye ufite amateka akomeye.
Mu basoje uyu mwaka harimo n’uwamugaye ufite amateka akomeye.
Bose hamwe basubiyemo indahiro, bamanitse ukuboko kw'iburyo.
Bose hamwe basubiyemo indahiro, bamanitse ukuboko kw’iburyo.
Ni ibyishimo, ariko banazi ko hanze bagiye naho batoroshye nk'uko babibwiwe na Perezida wa Repubulika.
Ni ibyishimo, ariko banazi ko hanze bagiye naho batoroshye nk’uko babibwiwe na Perezida wa Repubulika.
Abayobozi bakuru muri Guverinoma y'u Rwanda, n'abayobozi b'amashami yose ya Kaminuza y'u Rwanda bishimira ibyo aba basore n'inkumi bagezeho.
Abayobozi bakuru muri Guverinoma y’u Rwanda, n’abayobozi b’amashami yose ya Kaminuza y’u Rwanda bishimira ibyo aba basore n’inkumi bagezeho.
Umuyobozi wa Kaminuza y'u Rwanda, First Chancellor Dr. Mike O’Neal yavuze ko aba banyeshuri basoje amasomo barezwe neza kandi bazatanga umusaruro mu muryango nyarwanda.
Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda, First Chancellor Dr. Mike O’Neal yavuze ko aba banyeshuri basoje amasomo barezwe neza kandi bazatanga umusaruro mu muryango nyarwanda.
Abarimu babareze nabo bari baje kureba uko abana bareze bitwara, banabasezeraho bwa nyuma.
Abarimu babareze nabo bari baje kureba uko abana bareze bitwara, banabasezeraho bwa nyuma.
Perezida Kagame ati "Mbifurije gukomeza gutera imbere nk’uko igihugu cyose kibyifuza."
Perezida Kagame ati “Mbifurije gukomeza gutera imbere nk’uko igihugu cyose kibyifuza.”
Bagisohoka muri Stade bamwe bifotozaga amafoto yo kohereza inshuti kuri 'social media' zinyuranye.
Bagisohoka muri Stade bamwe bifotozaga amafoto yo kohereza inshuti kuri ‘social media’ zinyuranye.
Mubasoje amasomo harimo n'umubyeyi ufite uruhinja ruto cyane, yanze kuguma ku kiriri abandi bambaye ikanzu azana n'umwana we (ateruye).
Mubasoje amasomo harimo n’umubyeyi ufite uruhinja ruto cyane, yanze kuguma ku kiriri abandi bambaye ikanzu azana n’umwana we (ateruye).
Kari akanyamuneza kubasoje amasomo, bifotozanya n'abo bari bamaranye imyaka ine bigana.
Kari akanyamuneza kubasoje amasomo, bifotozanya n’abo bari bamaranye imyaka ine bigana.
Aba bakobwa bati "Musore twabanye neza reka dufate agafoto k'urwibutso."
Aba bakobwa bati “Musore twabanye neza reka dufate agafoto k’urwibutso.”
Aba bakobwa bati twabanye neza, reka dufate agafoto ka nyuma twembi twambaye ikanzu.
Aba bakobwa bati twabanye neza, reka dufate agafoto ka nyuma twembi twambaye ikanzu.
Itirero Inyamibwa ryo muri Kaminuza y'u Rwanda ishami rya Huye naryo ryasusurukije abitabiriye uyu muhango, mu mbyino gakondo nyarwanda.
Itirero Inyamibwa ryo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye naryo ryasusurukije abitabiriye uyu muhango, mu mbyino gakondo nyarwanda.
Iyo birangiye umwe agenda ukwe, bamwe batashye n'imodoka zihenze, abandi bitahira n'amaguru.
Iyo birangiye umwe agenda ukwe, bamwe batashye n’imodoka zihenze, abandi bitahira n’amaguru.

Vénuste KAMANZI
UM– USEKE.RW

18 Comments

  • @umuseke.rw, ariko ubundi iyo muvuga ikiciro cya kabiri muba mushaka kuvuga iki?

    • @ karisa kaminuza igira ibyiciro byinshi :
      1) icya mbere 1 gisigaye muri IPRC no mu giforomo
      2) icya 2/ licence/ bachelor aricyo ubaza aha;
      3) icya 3 / maitrise cg masters
      4) icya 4/Doctorat/phd

      • MBONA AMAHIRWE YO KWIHANGIRA UMURIMO AFITWE N’UMUNTU WIZE IBIJYANYE N’IMPANO AFITE (INTEGRATIVELY/INTRINSICALLY MOTIVATED). NAHO UWIZE IBYO ABONYE (INSTRUMENTALLY/ EXTRINSICALLY MOTIVATED) NTABWO BIZAMWOROHERA.

      • @Umusaza PhD ntago ari ikiciro cya 4 ahubwo iyo urangije icyiciro cya 3 kitwa Masters hahita hakurikiraho Impamyabumenyi y’ Ikirenga

  • Urakoze umusobanuriye nkuko Nanjye narikumusobanurira

  • Abana bagije famfari ni abo mu iseminari nto ya Nyundo si abo mu ishuri ry’ubugeni

    • urabizi100% ko ari aba seminalistes nyamata byashoboka ko ari abo muri ecole d’art kuko hasigaye hari ishuri rikomeye rya music bashobora no kurusha aba seminaliste cyane ko aribyo biga byonyine mugihe aba seminaliste babyiga mu masomo yandi

    • Ngaho se nibatubyukilize izindi salus populi turebe?

  • NGAHO RERO NIBAZE BATEZE IGIHUGU IMBERE! ESE IMIRIMO IZABONEKA HE KO MBONA ARI BENSHI!!!

  • Ko ibyo Prezida atubwiye ku bushomeri butegereje abarangije kaminuza se bivuguruza ibya Yusufu uyobora ikiggo cy’ibarurishamibare, wemeza ko ubushomeri mu rubyiruko ruhagaze gusa kuri 3.5% gusa, naho ubw’abarangije kaminuza bukaba ngo burenga gato 13%! Ntiwasanga ubwo na we adutera igipindi nka ba bandi aherutse kutubwira asoza itorero ry’aba jeunes i Gabiro? Biramutse ari byo ko adushushanya, His Excellency azamutubarize aho akura imibare adutangariza.

  • Izo mastazi na PHD mudashobora kurisha hanze ntacyo zimaze, Ese ubundi abatari mubuyobozi bakwihangira umurimo hehe niba udatanga icyacumi? cyangwango bagire imigabane muri company yawe? cfr Rwigara Assinapoli.

  • Reka nerekane ko ntakwihangira umurimo bishoboka mu Rwanda utari mu buyobozi bwa leta.ibi ntabwo ari ibyanone na kera iyingoma yakunyagaga niko byagendaga.Ese Nyakwigendera Bihozagara yashoboye kwihangirumulimo ingoma imubyaye? Joe Habineza arikwihangira umurimo? Mujye mureka tuvugishe ukuri.Harya agatebe bishatse kugiki?

  • Muhange umurimo mujye muri RDF kuko ukiri kurugamba.

  • GUHANGA UMURIMO UMENYA BITOROSHYE; UZIKO HARI ABARIMU BAZOBEREYE KANDI BIGISHA KWIHANGIRA IMIRIMO ARIKO BO NTIBAJYE KUYIHANGA!!!!

  • Hari abavugisha akanwa kabo amagambo yitwa “guhanga umurimo” ariko mu by’ukuri batanazi icyo bisobanura. Ntibazi neza ubuzima buri hanze aha. Ntibazi ko benshi muri bariya bana barangije bize na Kaminuza bapfundikanya bagendeye kuri ka kaguzanyo ka buruse Leta ibaha k’intica ntikize. Ntibazi ko benshi mu bariya barangiza ababyeyi babo ari abakene ku buryo ashobora kumara ukwezi atarakoza inoti ya 500 Frw mu ntoki.

    Uwo mwana w’umukene se urangije azahanga umurimo ashingiye ku gihe gishoro? Hari n’ugira Imana wenda akakibona, ariko yatangira kugira utwo yikorera agasanga imisoro iri hanze aha irakanganye, ikamutera ubwoba, agahanyanyaza yabishobora akaba aratotse, atabishobora akaba araguye.

    Ibyo kwihangira imirimo rero usanga byarahindutse nka “slogan” ku buryo na bamwe muri aba banyeshuri bavuze ko bagiye kwihangira imirimo, babivuze n’umutima mwiza, kandi ni mu gihe, bamwe muri bo ntibaramenya neza “la réalité sur terrain”. Reka bagere hanze aha bagerageze bayihange nibwo bazabona ko kubivugisha umunwa gusa bidahagije.

    Ni uko wenda bidashoboka, ariko nk’ubu uwafata aba ba Minisitiri bose bagize Gouvernement, akagira atya akababwira ati mwese ubu ndabasezereye, akazi k’Ubuminisitiri mukavuyeho, dore mufite ubushobozi bwo kubona igishoro, ngaho nimugende mujye ku isoko muhange imirimo yanyu hanyuma mwibesheho n’imiryango yanyu, nta kazi ka Leta kandi muzabona.

    Ndababwiza ukuri ko icyo cyemezo kiramutse gifashwe, mwambwira za “réactions” z’abo ba Nyakubahwa uko zaba zimeze.

  • JYEWE NIFITIYE NIKIBAZO UR yaratwambuye ibihumbi byacu 20000 kandi hari bamwe bayatangiza bakabona igishoro ese umwaka wose bayakoresha ubu ntiyungutse baduhaye ayacu koko naho hanze aha nibaze bajye mubandi uzagira amahirwe azakabona cg bitewe naho avuka yihangire

  • kd twayatangaga batubwira ko nitugarura ibikanzu byabo bazahita bayadusubiza none umwaka wararangiye kuva 28/7/2015 none reba aho bigeze

  • Guhanga umurimo biri mu mvugo gusa y’abayobozi. Nawe se urafata abantu 8500 ubashyire ku isoko ry’umurimo, ngo nibawihangire nkaho baje muri kaminuza batazi ko guhanga umurimo biriho!! Uwabona amafaranga yo gukoresha ahanga uwo murimo ntiyata igihe ngo arimo kwiga kaminuza kuko mu myaka ine uwakoze aba ageze kuri byinshi. Abandi nabo ngo ni abanyamibare (NISR) bati ubushomeri buri hasi bavuga biriya ngo batange icyizere ku babyeyi bagifite abana mu mashuri.
    Biragoye mba kwambura!!!!!!!!!!!!!!!

Comments are closed.

en_USEnglish