Digiqole ad

“Am back home, Am back home, I love Youu!!!!” imvugo yaranze The Ben mu gitaramo cye (Amafoto)

 “Am back home, Am back home, I love Youu!!!!” imvugo yaranze The Ben mu gitaramo cye (Amafoto)

Mu mvugo ze nyinshi zaranzwe n’imva mutima ‘Emotions’, The Ben yagaragarije abitabiriye igitaramo cye ko ari umuhanzi w’umuhanga mu ndirimbo zisaga 20 zirimo inshya n’iza kera yaririmbye mu ijwi rye ry’umwimerere live.

Yagiye yereka abari aho ishimwe abafitiye ku mutima

Benshi mu bari aho, wasangaga badashobora kwerekana ibyiyumviro byabo ngo babimugaragarize. Ahubwo amarira yari yose bavuga izina rye.

Kuri The Ben yavuze ko yari amaranye ikiniga imyaka irindwi yose. Kuko mu mwaka wa 2009 nibwo yamuritse album yari yise ‘Amahirwe ya nyuma’ gusa ntiyashobora kuririmba kubera ikibazo cy’amasaha yari yahawe n’abashinzwe umutekano yari yamurangiranye.

Si igitaramo yihariye nk’umuhanzi wari utegerejwe na benshi, buri muhanzi bakoranye indirimbo agitangira umuziki yaje ku rubyiniro barayiririmbana.

Abantu bongeye kubona Tom Close wakoranye igihe kirekire na The Ben, babona Bulldogg na Green P murumuna we ku rubyiniro baririmbana indirimbo yak era bise ‘Kwicuma’.

Aha Bulldogg akaba yanashimangiye ko The Ben ari umwami w’abami w’abiyita ko bazi kuririmba injyana ya RnB kurusha abandi.

N’imvugo yakoresheje atitega. Kuko yahise anavuga ko atari ibintu byoroshye kuba yahagarara aho The Ben ari imbere y’abantu bari baje gutangirana umwaka nawe nyuma y’imyaka itandatu amaze avuye mu Rwanda.

Yvan Buravani wabimburiye abandi ku rubyiniro, ni umwe mu bahanzi wateje abantu urujijo kubera imiririmbire ye yuzuyemo ubuhanga bwinshi yari yerekanye bwa mbere imbere y’imbaga isaga ibihumbi…

Mu magambo yakomeje kugenda avuga yuzuyemo ishimwe aha abanyarwanda uburyo bamukunda, yaje kwerekana umuryango yita ‘Ababyeyi be bo muri Amerika’ bari baje kureba igitaramo cye.

Mu myaka icyenda ishije, nibwo bwa mbere mu gitaramo gisoza umwaka gitegurwa na East African Promotors kitwa ‘East African Party’ hatumiwemo umunyarwanda nka nkiri igitaramo. Abari aho bati “Iki gitaramo ni made in Rwanda”.

Abahanzi batandukanye barimo Sean King Stone, Diamond Platnumz, Jason Derulo, Mr Flavour n’abandi nibo bagiye batumirwa muri iki gitaramo kimwe rukumbi kiba cyahuruje abantu.

Saa cyenda n’igice ku izuba abantu bari bamaze gutangira gufata ibyicaro
Abana bato bashakiwe ibyicaro hakiri kare
Mu ka bwibwi Dj Ira mushiki wa Dj Bissoso niwe washyushyaga abari aho
Hakibona batangiye kwifata ama selfie
Mc Tino wari uyoboye iki gitaramo yaje kuri stage
Yvan Buravani niwe wabimburiye abandi mu bahanzi bari bateganyijwe kuririmba muri iki gitaramo
Buravani ni ubu buryo yari yambayemo
Yvan Buravani yeretse abantu ko mu mwaka amaze mu muziki afite ibyo azakora kurushaho mu yindi myaka
Austin yaje kuza baririmbana ‘Urwo nkukunda’ bakoranye
Charly & Nina baje kuza bakurikiye Yvan Buravani bahera ku ndirimbo yabo nshya bise ‘Owooma’
Nina yahoze aririmba Karaoke mu ma hotels atandukanye
Charly uyu we yamenyekanye cyane muri Guma Guma ya gatatu ubwo yakiraga abahanzi mu majwi ‘Bakings’
Mani Martin ari mu baje mbere kureba igitaramo cya The Ben
Abantu bari benshi
Umuntu wese wari aho yari ategereje kureba The Ben
Bruce Melodie yaje kuza ku rubyino nawe mu buhanga bwe bwinshi cyane aririmba indirimbo zisaga 10
Mu ndirimbo ze za kera zirimo ‘Indorerwamo, Uzandabure zishimiwe cyane
Ku ma televisions atandukanye iki gitaramo cyacagaho live
Byaje kugera aho abantu barakubita baruzura
Selfie zafashwe
Amag The Black yaje kuririmbana na Melodie indirimbo bise ‘Twarayarangije’
Drone yarimo ifata amashusho yo mukirere
Tom Close yajimirijweho urumuri noneho ahamagara The Ben nk’umuhanzi bakoranye igihe

Hano urebye igitaramo nyirizina nibwo cyari kigiye gutangira kubera ko abantu bari bategerezanyije abatsiko menshi ibyo The Ben ari bubakorere nyuma y’igihe kinini avuye mu Rwanda.

Habanje kuza abana bo mu ishuri ryo ku Nyundo bambaye nka Chorali bayobowe na Jack B wahoze abyinira The Ben
Ni uku The Ben yinjiye yambaye
Batangiye kumufata amashusho bakoresha telephones zabo
The Ben yabanje kurwana n’amarira agitangira kuririmba
Hano byanze akomeza kuyazibanganya
Emotions zanze zimubana nyinshi

Ikintu cyamuteraga kurwengwa n’ibyishimo akarira ariko agakomeza kwihagararaho, yavugaga ko uwo ariwe ubu abikesha abanyarwanda. Ko atigeze yiyumvisha ko mu buhanzi bwe azagira imbaga ingana n’iyari imuri imbere imwereka urukundo ikundamo ibihangano bye.

Aha noneho yari amaze kwiyumanganya agiye gutangira guha abantu ibyo bari bamutezeho
Yaririmbye indirimbo ze zo hambere n’iz’ubu
Yikuyemo ibyo yari yambaye mu ijosi atangira kubitanga
Umunezero wamusaze
The Ben yerekanye ko ari umuhanzi w’umuhanga mu gihe cy’amasaha abiri yamaze aririmba
Yacishijemo aranabyina

Yasubiranyemo na Tom Close indirimbo bahereyeho bise ‘Sinari nkuzi’
The Ben yaririmbanye na Green P bava inda imwe, na Bulldogg
Amarira yari menshi ahoberana na Green P bava inda imwe
Igitaramo cyasojwe no gushimira East African Promotors, Bralirwa, n’inzego z’umutekano zamufashi gutuma igitaramo cye kigenda neza

Photos: Ishimwe Innocent & Mugunga Evode

Joel Rutaganda

UM– USEKE.RW

 

1 Comment

  • Ninde wakubwiye guhunga Sha wampunziwe ubwo uburizwa Niki. Ikindi tukwiyame ujye ushima umuntu kugiti cyawe ntukmgashime mwizina rya diaspora yose ntago Uzi umutima waburi muntu

Comments are closed.

en_USEnglish