Digiqole ad

Aitel na I&M Bank bamuritse uburyo bushya bwo kubikuza na Telefoni

Kuri uyu wa 14, Gashyantare 2014, Ikigo cy’Itumanaho Aitel hamwe na Banki ya I&M  bamuritse icyuma cyitwa ATM (Automatic Teller Machine) kizafasha abakiriya kubikuza amafaranga muri iyi Banki hifashishijwe Telefoni zabo.

Uburyo bushya bwo kubikuza
Uburyo bushya bwo kubikuza bwa ATM

Ubu bufatanye  bwatangiye mu mwaka wa  2012 ubwo Aitel yatangizaga ibikorwa by’Airtel Money.

Uyu ni umusanzu  wa Aitel mu bikorwa byayo  bigamije kugeza Abanyarwanda  ku iterambere ryihuse.

Iyi Gahunda nshya izanywe na Aitel mu Rwanda izajya yifashishwa n’abafatabuguzi bari muri gahunda ya Aitel Money ikba igamije gufasha  abafatabuguzi ba Aitel ndetse n’abakiliya ba I & M Bank kubona amafaranga igihe cyose bayashakiye.

Nk’uko bitangazwa na John Magara Gahakwa ushinzwe iyamamazabikorwa muri Aitel, abakiriya ba Airtel bazakoresha iyi gahunda bagomba kuba bafite umubare cyangwa inyuguti z’ibanga kugira ngo babone amafaranga yabo.

Ati “Ni ukujya kuri Simukadi yawe ahabanza, ukareba ahari Serivisi za Aitel, ukajya kuri Aitel Money, ugakuraho amafaranga wifashishije umubare wawe w’ibanga.”

Yongeyeho ko ubu buryo bworohereza abakiliya ba Airtel  kubona amafaranga  yabo  amasaha 24.Airtel kandi irateganya kuzakorana n’izindi Banki mu bihe bya vuba.

Umuyobozi wa Aitel mu Rwanda Marcelin Paluku yavuze ko aya masezerano na I&Bank ndetse n’ibindi bikorwa byayo bigamije kuzamura ubukungu bw’u Rwanda, kandi ko biri mu nshingano z’iki kigo mu gufasha abafatabuguzi bayo kugera ku iterambere ryihuse.

Muri uyu muhango Guverineri wa Banki Nkuru  y’Igihugu, John Rwangombwa yavuze ko bishimira ibikorwa Aitel igeza ku Banyarwanda kandi ashima uburyo iyi Serivisi izafasha Abanyarwanda kubona amafaranga yabo amasaha 24 kuri 24.

Ati “Andi ma Sosiyeti akwiye kwigira kuri Aitel ndetse na za Banki zikigira kuri  Bank ya A&M Bank.”

Umuhanzi Man Martin  afatanyije n’itsinda rye Kesho band basusurukije abatabiriye iki gikorwa ndetse Airtel iha abanyamahirwe b’abakiriya bayo Ticket z’indege batsindiye.

Icyuma cyamuritswe
Icyuma cyamuritswe
Guverineri John Rwangombwa niwe wari umushyitsi mukuru
Guverineri John Rwangombwa niwe wari umushyitsi mukuru
Aha yabikuzaga akoresheje Telefoni
Aha yabikuzaga akoresheje Telefoni
Amafaranga yaje kuboneka
Amafaranga yaje kuboneka
Guverineri wa Banki Nkuru y'igihugu Rwangombwa
Guverineri wa Banki Nkuru y’igihugu John Rwangombwa
Hatanzwe amatike y'indege ku banyamahirwe
Hatanzwe amatike y’indege ku banyamahirwe
Abakunzi ba Airtel bahawe amatike y'indege ya Rwandair
Abakunzi ba Airtel bahawe amatike y’indege ya Rwandair
Bazahitamo aho bazatemberera bakoresheje Ticket za Airtel
Bazahitamo aho bazatemberera bakoresheje Ticket za Airtel
Abashyitsi bari bitabiriye uyu muhango
Abashyitsi bari bitabiriye uyu muhango
Abashyitsi bakuru bitegereza uko iki cyuma kuzakora
Abashyitsi bakuru bitegereza uko iki cyuma kuzakora
Kesho Band ya Man Martin yasusurukije abatabiriye uyu muhango
Kesho Band ya Man Martin yasusurukije abatabiriye uyu muhango

Photos:E. Birori

Eric  BIRORI

ububiko.umusekehost.com

en_USEnglish