Digiqole ad

Airtel na FAJ basangiye n'Abayisilamu batishoboye kuri Idr- Il Fitri

Mu birori byo gufunga ukwezi kwa Kisilamu kwa Ramadan byabaye ejo kuwa mbere, Ikigo cy’itumanaho Airtel Rwanda cyasangiye n’abisilamu batishoboye mu rwego rwo kubafasha kwishimana n’abandi. Iyi nkunga igizwe n’ibiribwa n’ibinyobwa bifite agaciro ka miliyoni n’igice y’amafaranga y’u Rwanda.

Batanga inkunga ku bantu bafite ubumuga
Batanga inkunga ku bantu bafite ubumuga

Mu kiganiro UM– USEKE  wagiranye na Hassan uyu ni umunyamabanga mukuru wa   Fondation pour l’Avenir de la Jeunesse ( FAJ), yadutangarije ko muri iki gisibo hari ibikorwa bitandukanye bigamije gukomeza umubano mu Basilamu harimo imikino y’umupira w’amaguru wabereye  Kigali ndetse no mu tundi turere 5 tw’u Rwanda.

Hari kandi na gahunda zo gufasha abatishoboye baba Abasilamu cyangwa abandi baba mu yandi madini. Yagize ati: “Muri  Islam tugira umuco wo gufasha abatishoboye ndetse  tukagira n’umuco wo gusangira hamwe cyane cyane kuri uyu munsi wa Idri-IL-Fitri, tugatumira abantu batishoboye barimo abapfakazi, imfubyi ndetse n’abageze mu zabukuru.”

Amafaranga tubafashisha tuyakura mu misanzu urubyiruko rwa FAJ  rubona bityo rukaboneraho tugafasha abatishoboye. Kubera ko ubushobozi buba budahagije cyane hari imiryango dutoranya tukabaha ibokoresho by’ibanze harimo amasabune, imifuka y’umuceri, isukari n’ibindi.”

Hassan avuga ubufasha batanze kuri uriya munsi babutewemo inkunga na Airtel. Uretse ubufasha bw’ibiribwa n’ibyo kunywa, Hassan yatubwiye ko baha urubyiruko ubutumwa bwo kwirinda ibiyobyabwenge ndetse n’ubusambanyi buganisha ku ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Ushinzwe ibikorwa by’ubucuruzi muri Airtel Uwizeye John yongeye kwibutsa abari aho ko Airtel idakora ibikorwa by’ubucuruzi gusa ahubwo ikora n’ibikorwa byo gufasha abantu batishoboye.

Yagize ati: “Uyu munsi twebwe Airtel twifuje gufatanya n’Abasilamu ku munsi wa Idri-Il-Fitri aho twatanze inkunga ya miliyoni imwe n’igice mu gufasha abatishoboye kandi iki gikorwa ntabwo gihagarariye aha kizakomeza kuko Airtel tugira ibikorwa bitandukanye byo gufasha  abatishoboye, abanyeshuri ndetse n’abandi bantu batandukanye.”

Badaga Abdu  umwe mu batishoboye wafashijwe  yavuze ko  uyu munsi w’irayidi bawishimiye cyane kuko usanzwe ari umunsi w’ubusabane mu ba Islam hamwe n’inshuti zabo  zitari Abasilamu.

Yagize ati:  “Ubutumwa byansigiye ni uko tugomba kubana neza n’abagenzi bacu kandi  iyo umuntu aduteye inkunga gutyo tumusabira ku Mana kugirango imwongerere imigisha, isubize aho yakuye n’ikindi gihe tukiriho bazadutere indi nkunga.”

Badaga Abdu yakomeje avuga ko ashimira abantu bose bagize uruhare mu kubafasha arimo FAJ ndetse na Airtel.

FAJ n’umuryango ugizwe n’urubyiruko rw’Abasilamu. Uyu muryango ufasha urubyiruko rwa Islam mu bikorwa byinshi binyuranye  harimo uburezi, kwihangira imirimo bagashakirwa inkunga zinyuranye mu rwego rwo kugira ngo imishinga yabo irusheho gushyirwa mu bikorwa bagamije kwivana mu bukene, n’ibindi. Ubu uyu muryango ugiye kumara imyaka itatu  ukora.

Urubyiruko rwishyira hamwe rugatanga imisanzu, ikongererwaho n’inkunga y’abafatanya bikorwa batandukanye mu rwego rwo gushaka inkunga yo gufasha urubyiruko.

Abisilamu 100  batishoboye nibo bahawe iriya nkunga ifite agaciro ka Miliyoni n’igice. FAJ  yatewe inkunga na Airtel, GT Bank, SFH.

Abari babyitabiriye bari benshi bagera ku 100
Abari babyitabiriye bari benshi bagera ku 100
Inkunga mbere y'uko ihabwa abayigenewe
Inkunga mbere y’uko ihabwa abayigenewe
Harimo amasukari, amavuta n'ibindi
Harimo amasukari, amavuta n’ibindi
Uwizeye John atanga inkunga ku batishoboye
Uwizeye John atanga inkunga yagenewe uyu mugore ufite ubumuga
Muri stade i Nyamirambo batanga inkunga ku batishoboye
Muri stade i Nyamirambo batanga inkunga ku batishoboye
Uyu musaza arigushimira inkunga yari yahawe
Uyu musaza arigushimira inkunga yari yahawe
Abakozi ba Airtel na FAJ batanga inkunga ku Bisilamu batishoboye
Abakozi ba Airtel na FAJ batanga inkunga ku Bisilamu batishoboye
Umuhango wari witabiriwe n'inzego zitandukanye
Umuhango wari witabiriwe n’inzego zitandukanye
Abakozi ba Airtel bari bitabirie iki gikorwa cy'urukundo bafashijemo FAJ
Abakozi ba Airtel bari bitabiriye iki gikorwa cy’urukundo bafashijemo FAJ
Badaga Abdul umwe mu bahawe ubufasha yashimiye abagize iki gitekerezo
Badaga Abdul umwe mu bahawe ubufasha yashimiye abagize iki gitekerezo
Uwizeye John ushinzwe ibyubucuruzi muri Airtel yavuze ko bateguye iki gikorwa bagamije gufasha Abasilamu batishobioye kwizihiza Irayidi
Uwizeye John ushinzwe iby’ubucuruzi muri Airtel yavuze ko bateguye iki gikorwa bagamije gufasha Abasilamu batishoboye kwizihiza Irayidi
Hassan umunyamabanga mukuru wa FAJ
Hassan umunyamabanga mukuru wa FAJ

Daddy Sadiki RUBANGURA

UM– USEKE.RW

en_USEnglish