Digiqole ad

AERG, GAERG, SURF, SPARK bahembye abakoze neza imishinga

 AERG, GAERG, SURF, SPARK bahembye abakoze neza imishinga

Abakemurampaka

Hari kuri uyu wa kabiri, abanyeshuri barangije kaminuza bo mu Muryango w’abanyeshuri biga cyangwa barangije za Kaminuza barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bahembewe imishinga bakoze neza kandi basabwa kuzafasha bagenzi babo kubona akazi bityo bakazamurana.

Mirindi Jean de Dieu yashimiye abanyeshuri akanyabugabo bagaragaje mu gihe bigaga amasomo yo kwihangira imirimo
Mirindi Jean de Dieu yashimiye abanyeshuri akanyabugabo bagaragaje mu gihe bigaga amasomo yo kwihangira imirimo

Ibirori byo kwishimira abatsinze ibibazo bya nyuma bijyanye n’uko bakoze iriya mishinga n’icyo bateganya kuyikoresha ngo biteze imbere  byabereye muri Sportsview Hotel i Remera.

Byitabiriwe n’abanyeshuri barangije za Kaminuza zitandukanye baturutse mu ntara zitandukanye z’u Rwanda, abayobozi muri za AERG-GAERG, abo muri SURF(Survivors’Fund) na Spark.

Mirindi Jean de Dieu ukuriye AERG mu rwego rw’igihugu yashimiye abanyeshuri ukwohangana bagize mu gihe cyose bamaze biga  gutekereza, gukora no gusigasira imishinga ibyara inyungu. Yashimiye abantu bose n’ibigo kubera ubufasha baha AERG-GAERG mu cyiswe  AERG-GAERG Week.

Mirindi yabwiye abari aho ko uku kwezi kwafashije abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi gukomeza kunga ubumwe no kwiyumvamo akanyabugabo kazabafasha kurenga agahinda batewe no kubura ababo bityo bakubaka imibiri n’ubwenge bwabo hagamijwe ejo hazaza heza.

Nyuma yo gutangiza biriya birori ku mugaragaro, hakurikiyeho igice cyo kumva uko abannyeshuri icyenda bageze ku rwego rwa nyuma  basobanura imishinga yabo, hanyuma itsinze ikazashakirwa inguzanyo haba muri za banki cyangwa ahandi hose habonetse.

Mu banyushuri icyenda bose hamwe bamuritse imishinga, batanu nibo bageze ku kiciro cya nyuma.

Imishinga yasobanuriwe imbere y’inteko y’abakemurampaka batatu: uhagarariye SURF, uhagarariye SPARK, n’uhagarariye AKAZI KANOZE.

Iyi mishinga muri rusange yari ishingiye ku ukubyaza umusaruro ibikomoka ku buhinzi, ubworozi, gukora ikoranabuhanga rishyushya ibyumba, gukora imitako, gukora imyambaro n’ imideli, gutunganya no kugemura ibiribwa n’ibinyobwa aho babikeneye nko mu biro, n’ibindi.

Nyuma y’uko abakemurampaka bamaze kumva ubusobanuro bwa buri muntu ku mushinga we no kumubaza ibibazo bijyanye nawo, bariherereye nyuma bagarukana ibisubizo byerekana amahitamo yabo kuri batanu bafite imishinga ikoze neza.

Uwabaye uwa mbere ni Umugiraneza Regis wakoze umushinga werekana ukuntu aramutse abonye amafaranga yifuzaga, yakwagura umushinga yatangije wo gutunganya ibijumba bikavanwamo amakaroni, bityo akunguka kandi agaha abandi akazi.

Abahatanwaga ni :

Anne Marie Murekatete,

Zigama Protais,

Mugabo Innocent

Ndabikunze Wilson,

Umugiraneza Regis,

Niyonsaba Christine,

Umugiraneza Marie Jeanne,

Ntivuguruzwa Donat,

Kayitesi Aline.

Ibirori byatangijwe kandi bisozwa  n’imbyino z’Itorero ‘Abusakivi’ ba Kimironko, ubundi hakurikiraho ubusabane.

Anne Marie Murekatete asobanura umushinga we wo kugemurira abantu ibyo kunywa n'ibyo kurya bitunganyije neza
Anne Marie Murekatete asobanura umushinga we wo kugemurira abantu ibyo kunywa n’ibyo kurya bitunganyije neza
Zigama Protais asobanura umushinga we
Zigama Protais asobanura umushinga we
Niyonsaba Christine
Niyonsaba Christine
Umugiraneza Regis
Umugiraneza Regis
Ntivuguruzwa Donat
Ntivuguruzwa Donat
Buri wese yari ashishikajwe n'uko umushinga we wakwemerwa
Buri wese yari ashishikajwe n’uko umushinga we wakwemerwa
Umugiraneza Marie Jeanne
Umugiraneza Marie Jeanne
Abari mu biganiro bateze amatwi uko bisobanura
Abari mu biganiro bateze amatwi uko bisobanura
Violette umwe mu bakemurampaka
Violette umwe mu bakemurampaka abaza Regis
Regis asubiza ikibazo cya Violette
Regis asubiza ikibazo cya Violette
Ateze amatwi uko bisobanura
Ateze amatwi uko yisobanura
Abakemurampaka bumva uko abanyeshuri bisobanura
Abakemurampaka bumva uko abanyeshuri bisobanura
Bakurikiranya uko  bagenzi babo bisobanura
Bakurikiranya uko bagenzi babo bisobanura
Bari baturutse hiryo no hino muri za Kaminuza
Bari baturutse hiryo no hino muri za Kaminuza
Itorero Abusakivi basusurutsa abari aho
Itorero Abusakivi basusurutsa abari aho
Bagorora amaboko,  baserutse neza
Bagorora amaboko, baserutse neza
Basaza babo nabo babukereye
Basaza babo nabo babukereye baje kusa ikivi
Imbyino nyarwanda zashimishije benshi
Imbyino nyarwanda zashimishije benshi

NIZEYIMANA Jean Pierre

UM– USEKE.RW

1 Comment

  • ni byiza kubona aba berekanye imishinga kandi dushimire abatsinze maze bazazamure imibereho ya bagenzi babo kandi ibi kubacitse ku icumu tubifata nko kwiyubaka kuko byerekana ko nta kwigunga tugifite ahubwo tukaba dukataje

Comments are closed.

en_USEnglish