Digiqole ad

AEE ivuga ko ivugabutumwa rijyana no guhindura imibereho y’abaturage

 AEE ivuga ko ivugabutumwa rijyana no guhindura imibereho y’abaturage

Albert Mabasi uyobora AEE mu mujyi wa Kigali ari kumwe n’abana batewe inkunga n’uyu muryango

Umuryango Nyafurika w’ivugabutumwa (AEE/ African Evangelistic Enterprise) usanzwe ufasha abana bakomoka mu miryango itifashije, uravuga ko n’ubwo mu ntego zayo ari ivugabutumwa ariko bigomba kujyana n’imibereho myiza y’abagezwaho ubwo butumwa. Kuri uyu wa gatanu uyu muryango ubinyujije mu mushinga USAID- Ubaka Ejo wahaye ibikoresho urubyiruko 42 wanarihiriye mu masomo y’imyuga.

Albert Mabasi uyobora AEE mu mujyi wa Kigali ari kumwe n'abana batewe inkunga n'uyu muryango
Albert Mabasi uyobora AEE mu mujyi wa Kigali ari kumwe n’abana batewe inkunga n’uyu muryango

Albert Mabasi uyobora ishami rya AEE mu mujyi wa Kigali agira ati “ Icyo tugamije ni ukuvuga ubutumwa mu magambo no mu bikorwa.”

Avuga ko kuvuga ubutumwa bwiza mu bikorwa ari ibi byo gufasha abakomoka mu miryango ikennye dore ko uyu muryango warihiriye abasore n’inkumi 42 mu gukurikirana amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro ugahita unabashyikiriza ibikoresho bazifashisha mu kubyaza umusaruro ibyo bize.

Ati “ Turifuza kubona Abanyarwanda bazi Imana, babanye neza kandi babayeho neza biteza imbere.”

Mabasi uvuga ko uru rubyiruko barushishikariza kwibumbira mu matsinda kugira ngo bahuze imbaraga, akavuga ko ibi bikoresho birimo frigo, n’ibindi byo kwifashisha mu ishoramari rya Restaurant bizabafasha kwihangira imirimo.

Avuga ko ibi bikorwa biri no mu rwego rwo kunganira Leta y’u Rwanda muri gahunda yo gufasha abantu kwihangira imirimo kugira ngo babashe kwiteza imbere no guteza imbere igihugu cyababyaye.

Uyu muyobozi wa AEE muri Kigali avuga ko bazakomeza gukurikirana uru rubyiruko kugira ngo barugire inama rutazapfusha ubusa aya mahirwe.

Ati “ Ni urubyiruko ariko ni abana, igihe cyose bakenera kurerwa, guhabwa inama,…turabakurikirana ku buryo twifuza kubona bateye imbere.”

Umwe muri uru rubyiruko rwafashijwe na AEE mu kwiga amasomo y’imyuga muri Kigali Leading TSS, Muhawenimana Samuel avuga ko abasore n’inkumi bahawe inkunga n’uyu muryango bize bafite intego kuko babashishikarizaga kwihangira imirimo ku buryo hari bamwe muri bo bishyize hamwe bagashinga restaurant.

Avuga ko bo batazirirwa bajya gushaka akazi kuko bamaze kukihangira. Ati “ Turangije kwiga dufite akazi ntabyo kwirirwa twiruka ngo turajya kudepoza dushaka akazi dore ko kabaye n’ibura.”

Uyu musore ushimira uyu muryango wabagobotse, avuga ko ibikoresho bahawe bigiye gutiza umurindi iyi business yabo ya Restaurant bamaze gushinga.

Mabasi Albert uyobora AEE mu mujyi wa Kigali agaruka kuri gahunda bari kwibandaho muri iyi minsi zirimo gukomeza guteza imbere imibanire myiza.

Ati “ Icyo twifuza ni ukubona Abanyarwanda bazi Imana, gahunda ya Ndi Umunyarwanda, gahunda yo kubungabunga ubumwe bw’Abanyarwanda tuyikomeyeho cyane.”

Avuga kandi ko ubu bashyize imbere gahunda zo kubaka umuryango nyarwanda ufite ireme by’umwihariko bakaba bari kwita kuri gahunda yo kuboneza imirire mu bana bato.

Albert Mabasi avuga ko AEE yifuza kubona abanyarwanda babayeho neza
Albert Mabasi avuga ko AEE yifuza kubona abanyarwanda babayeho neza
Avuga ko AEE-Rwanda yakunze kubakangurira kwihangira imirimo none izi nama bamaze kuzibyaza umusaruro
Samuel avuga ko AEE-Rwanda yakunze kubakangurira kwihangira imirimo none izi nama bamaze kuzibyaza umusaruro
Bahawe ibikoresho bizabafasha gushinga business ya Restaurant
Bahawe ibikoresho bizabafasha gushinga business ya Restaurant
Bifuza ko aba bana bahita bihangira umurimo
Bifuza ko aba bana bahita bihangira umurimo
Albert Mabasi n'umwe mu batewe inkunga na AEE-Rwanda
Albert Mabasi ari kumwe n’umwe mu batewe inkunga na AEE-Rwanda
AEE-Rwanda yateye inkunga urubyiruko 42 rusoje amasomo y'imyuga
AEE-Rwanda yateye inkunga urubyiruko 42 rusoje amasomo y’imyuga

Martin NIYONKURU
UM– USEKE.RW

3 Comments

  • Hari ikiganiro cyanyuze kuri BBC bavuga kuri Kagame Alexis imvo nimvano ya none aho bibaza impamvu bitabera mu Rwanda?

  • Good

  • Uyu murwango wa AEE Rwanda ibikorwa byawo ni ndashikirwa cyane cyane muguteza imbere uru byiruko muburezi ubafasha kwiga imyuga itandundukanye ndetse no gufasha abaturage kurandura burundu ikibazo cy’indwara zikomoka ku mirire mibire , maze amezi agera kura 2 nkorera yo stage mu karere ka Kayonza na Rwamagana from University of Rwanda

Comments are closed.

en_USEnglish