Digiqole ad

Abanyarwanda baba Botswana baretse urugwiro ikipe ya Volley y'u Rwanda

Ikipe y’igihugu ya Volley Ball yakubutse mu gihugu cya Botswana kuri uyu wa kabiri mu gicuku aho yari yaragiye gukorera imyitozo, aha abahungu ba Paul Bitok bahamaze iminsi igera kuri ine aho bakinnye imikino ibiri n’ikipe y’igihugu ya Botswana barayitsinda yose.

Ikipe y'u Rwanda iri kumwe n'abafana b'Abanyarwanda baba muri Botswana
Ikipe y’u Rwanda iri kumwe n’abafana b’Abanyarwanda baba muri Botswana

Mu mukino wa mbere bakinnye na Botswana batsinze amaseti atatu kuri imwe uwa kabiri batsinda amaseti atatu ku busa.

Dusabimana Vincent Gasongo ni umwe mu bakinnyi baganiriye na UM– USEKE atubwira uburyo urugendo rwabo rwagenze, yagize ati “muri rusange urugendo rwagenze neza nta kibazo kandi ikipe ya Botswana ni ikipe nziza.

Gusa jyewe ikintu cyantunguye ni uburyo Abanyarwanda babarizwa muri kiriya gihugu batwakiriye. Tukigera ku kibuga cy’indege twasanze baje kutwakira ndetse no mu myitozo babaga bahari  kandi ari benshi mu buryo bugaragara.”

Gasongo yatangaje ko atari ubwa mbere ibi bibabaho ariko itandukaniro ari uko Abanyarwanda baba Botswana bo bafite ihuriro ryabo, yagize ati “ iki ni ikigaragaza ko nubwo baba bari  mu mahanga bakunda igihugu cyabo .”

Uyu mukinnyi asaba abandi Banyarwanda baba hanze nabo kwerekana urukundo bakunda bagenzi babo.

Ikipe y’igihugu ya Botswana biteganyijwe  ko igomba kugera inaha mbere y’italiki ya mbere Gashyantare, ikazakina  imikino ya gicuti ibiri mbere yo kwerekeza muri Kenya.

Umutoza Paul Bitok asuhuza abana b'Abanyarwanda baba muri Botswana
Umutoza Paul Bitok asuhuza abana b’Abanyarwanda baba muri Botswana

Iyi kipe kandi izakina amarushanwa Nyafurika azabera muri Kameruni aho ikaba iri mu itsinda rimwe na Kenya na Misiri.

Abakinnyi b'u Rwanda bareba bagenzi babo bari mu mwitozo
Abakinnyi b’u Rwanda bareba bagenzi babo bari mu mwitozo

U Rwanda rwo ruri mu itsinda rimwe n’amakipe nka Cameroun, Algeria, Gabon ndetse na Nigeria, biteganywa ko abasore ba Paul Bitok bagomba kwerekeza muri Kenya mu myiteguro mbere yo kwerekeza muri Cameroun ahazabera aya marushanwa.

JD Nsengiyumva Inzaghi 

ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Nuko nuko basore beza kwitangira igihugu nubutwari mwarakoze imana ibahe umugisha

  • banyarwanda mukomeze kuduhesha ishema aho muri hose kandi aho muzagera hose muzahakaore urundi rwanda

  • Abanyarwanda baba muri Botswana ubwo nibwo ‘ NDI UMUNYARWANDA’ murakoze kutubera ba Ambassador

Comments are closed.

en_USEnglish