Digiqole ad

Abakobwa 7 bagize amanota ari hejuru ya 80% muri 454 barangije muri UTB

 Abakobwa 7 bagize amanota ari hejuru ya 80% muri 454 barangije muri UTB

Abakobwa bahize abahungu mu kugira umubare munini w’abarengeje 80%

Ku wa kane tariki 21 Mutarama 2016, Kaminuza y’Ubukerarugendo, Ikoranabuhanga n’Ubucuruzi (University of Tourism, Technology and Business Studies_UTB) iyahoze ari RTUC, yatanze impamyabushobozi ku banyeshuri 454 barangije ibyiciro bitandukanye muri iri shuri, abakobwa bahize abahungu mu kugira amanota ari hejuru ya 80% ari benshi.

Abakobwa bahize abahungu mu kugira umubare munini w'abarengeje 80%
Abakobwa bahize abahungu mu kugira umubare munini w’abarengeje 80%

Impamyabushobozi zatanzwe ziri ku rwego rwa Certificates, Diplomas n’impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s degree), bitewe n’amasomo buri munyeshuri arangijemo.

Muri aba bahawe impamyabushobozi barindwi muri 11 bafite amanota ari hejuru ya 80%, ni abakobwa.

Iri shuri ngo ryishimira ko mu myaka ibiri ishize abarenga 30 baharangije bashinze company zabo, 85% by’abaharangije icyiciro rusange cya kaminuza kimara imyaka itatu bafite akazi, naho 99% by’abarangije amasomo y’igihe kigufi bakora mu bigo bya Leta n’ibyigenga.

Bimwe mu byanejeje abari muri uwo muhango ndetse n’abashyitsi bakuru bari bawitabiriye ni uko umwe mu bari bashoje amasomo ku rwego rwa Bachelor’s degree, ishami rya Travel and Tourism Management, yabaye umwe mu batangaga ibihembo ku banyeshuli bakoze neza abinyujije muri company ye yatangije yitwa ‘NZIZA TOUR AND TRAVEL’.

Uyu muhango witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye, abashyitsi, abafatanyabikorwa ba kaminuza biganjemwo afafite ibikorwa bifitanye isano n’amasomo y’igishwa muri UTB nka Hotel, AIRLINES, Travel companies, IT Companies,… n’ababyeyi b’abanyeshuli barangije.

Umuyobozi wa Kaminuza (Vice -Chancellor) Mr. KABERA Callixte yashimangiye  ko intambwe yatewe ari igihamya y’urugendo rukomeye kaminuza imaze gutera. Yibukije ko hari byinshi bigihari bikenewe gukorwa.

KABERA yashimiye byimazeyo uwashinze iyi Kaminuza akaba ari na we uyihagarariye mu mategeko (Founder & Legal representative) Mrs. Zulfat MUKARUBEGA ku gitekerezo cy’indashyikirwa yagize cyo gushinga kaminuza itari isanzwe mu Rwanda.

Yashimiye kandi abagize Inama y’ubutegetsi, abayobozi n’abakozi ba Kaminuza, abarimu, abanyeshuli n’abafatanyabikorwa ku bw’uruhare rwabo mu kugera ku ntera yagezweho. Yashimiye Guverinoma y’u Rwanda n’abaterankunga batandukanye ku mibanire myiza hagati yabo na UTB.

 

Hashimiwe Leta y’u Rwanda n’Umukuru w’Igihugu

Muri uyu muhango wo gutanga impamyabushobozi ku barangije, abafashe amajambo bakunze kugaruka ku ruhare Guverinoma y’u Rwanda igira mu kuzamura uburezi ndetse n’iterambere ry’abaturage n’iry’igihugu muri rusange.

Hagarutswe by’umwihariko ku miyoborere myiza iranga abayobozi bakuru b’igihugu barangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida Paul KAGAME.

Abishimangira kimwe n’abandi bayobozi barimwo Dr. Emile RWAMASIRABO, umuyobozi w’Inama y’ubutegetsi ya UTB aho yungirijwe na Amb. Fatuma NDANGIZA, ndetse n’umuyobozi w’icyubahiro wa UTB (Chancellor) Umuholandi Dr. WIM KOUWENHOVEN, Mrs. Zulfat washinze iyi Kaminuza, yasobanuye neza ko intera kaminuza ya UTB igezeho iyikesha imiyoborere myiza y’igihugu ikangurira abaturage gukora cyane no guhanga udushya mu kwishakamo ibisubizo biteza imbere igihugu.

Aha Zulfat yaboneyeho umwanya wo gushimira Perezida KAGAME ko yemeye ubusabe bw’abaturage akemera kuziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu azaba mu 2017. Hashimwe cyane inkunga Leta y’u Rwanda ikomeje gutera UTB mu rwego rwo gufasha kugera ku ndoto zayo.

Bashishikarije abanyeshuli barangije na bo kuzaba intangarugero aho bazaba baherereye hose baharanira kuzana impinduka mu iterambere ryaho bikorera bashingiye ku rugero rwiza rutangwa n’abayobozi b’igihugu.

 

Abarangije bahawe impanuro bazagenderaho

KABERA yifashishije amagambo y’Icyongereza yagize ati “Education is what remains after one has forgotten everything they learned in school”.

Akomeza yifashisha amwe mu magambo yavuzwe n’abahanga nka Martin Luther King aho yagize ati “Intelligence plus character is the goal of true education” ndetse na Victor Hugo wagize ati “ the highest result of education is tolerance”.

Ubu butumwa umuyobozi wa Kaminuza yahaga abaringije bwari bugamije kubakangurira guhuza ubumenyi bigiye muri UTB ndetse n’indangagaciro nziza, bisobanura uburezi bwa nyabwo buzabafasha nyuma yo gusohoka muri UTB, bityo bakazamura ibendera rya Kaminuza mu Rwanda no ku isi hose.

Mu kiganiro n’Abanyamakuru ubuyobo bw’iyi kaminuza bwasobanuye ko kugira ngo iri shuli rihindurirwe izina byatewe no kwaguka ku rwego rwa za kaminuza kuko bamaze kuzuza ibiranga Kaminuza, kwagura amasomo n’inyubako bakoreramo.

 

Abarangije basabwe kutavuga ibyo bize

Mu Ijambo rye umuyobozi w’Inama Nkuru y’Amashuli Makuru ari na we wari uhagarariye Minisitiri w’Uburezi muri uyu muhango, Dr. Innocent MUGISHA SEBASAZA yashimiye byimazeyo abarangije amasomo, ariko cyane cyane mu mvugo igararagaza ko abitsindagira yasabye abarangije kutagenda babwira abakoresha ngo twize ibi….

Ati “Ahubwo muzagende mubereka ibyo mushoboye gukora. Umusaruro muzatanga ni wo uzagaragaza ibyo mwize koko.”

Uwavuze mu izina ry’abarangije amasomo Miss. UWASE Ummu yagarutse ku rugendo rw’imyigire yabo ashimira cyane ababyeyi, ubuyobozi bwa Kaminuza, abarimu ku nkunga ikomeye ibagejeje ku bumenyi basohokanye muri iyi Kaminuza.

Yasezeranyije ko ku isoko ry’umurimo bazitwara neza kandi bakagaragaza umusaruro utanga impinduka aho bazaba baherereye.

Muri uyu muhango hatanzwe ibihembo bitandukanye ku banyeshuli bakoze neza kurusha abandi, umukozi wa Kaminuza witwaye neza kurusha abandi ndetse n’umwarimu witwaye neza kurusha abandi.

Dr. TOMBOLA M. Gustave umuyobozi wungirije ushinzwe amasomo muri iyi Kaminuza, ariko unyuzamo akanigisha amasomo amwe n’amwe, yahawe igihembo nk’umwarimu w’intangarugero.

UWANYIRIGIRA Anny Christelle yahize abandi mu ishami rya Business Information Technology. ZABARI Moreen ukomoka muri UGANDA yahize abandi mu ishami rya Hotel and Restaurant Management. NIYITEGEKA Elie yahize abandi mu ishami rya Travel and Tourism management.

Aba banyeshuli bose bahembwe za mudasobwa.

Abafatanya bikorwa ba UTB na bo bagize uruhare mu guhemba abanyeshuli, SINA GERALD umuyobozi wa Entreprise Urwibutso yatanze akazi, Rwanda Air yatanze ibihembo ku banyeshuli batatu barushije abandi, aho yabishyuriye ingendo n’ibisabwa byose bakarara iminsi itatu mu migi nka Dubai, Mombasa na Darsalam.

Ikigo cy’igihugu cy’Iterambere (RDB) na cyo cyahaye igihembo umunyeshuli wahize abandi mu ishami rya Travel and Tourism management, igihembo cyo gutembera muri Volcano National Park ndetse akanarara muri Virunga Game Lodge.

NZIZA Tour and Travel na yo yemeye kwishyurira NIYITEGEKA Elie ibisabwa byose ngo abashe gutembera muri AKAGERA National Park.

Airtel Rwanda yo yahembye blackberry abanyeshuli 5 bitwaye neza mu ishami rya Business Information Technology ndetse na internet y’ukwezi kuri 5 babakurikiye bose hamwe bakaba 10.

Serena hotel na yo yatanze akazi ku munyeshuli wahize abandi mu ishami rya Hotel and restaurant Management ZABARI Moreen.

Umuyobozi wa Kaminuza n'Umuyobozi w'Inama y'Ubutegetsi baganira ku mihango igiye kuba
Umuyobozi wa Kaminuza n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi baganira ku mihango igiye kuba
Zulfat washinze UTB yari yishimiye kunyura hagati mu banyeshuri barangije
Zulfat washinze UTB yari yishimiye kunyura hagati mu banyeshuri barangije
Abo mu ishami ry'Ubucurzi n'Ikoranabuhanga mu karasisi baberewe
Abo mu ishami ry’Ubucurzi n’Ikoranabuhanga mu karasisi baberewe
Abanyeshuri barangije mu by'Ubukerarugendo mu karasisi
Abanyeshuri barangije mu by’Ubukerarugendo mu karasisi
Bamwe mu bayobozi ba za Kaminuza bari baje kwifatanya na UTB bari mu karasisi
Bamwe mu bayobozi ba za Kaminuza bari baje kwifatanya na UTB bari mu karasisi
Abanyeshuri bo ishami ry'Ubukerarugendo batangiye akarasisi
Abanyeshuri bo ishami ry’Ubukerarugendo batangiye akarasisi
Abarimu n'abakozi ba UTB mu karasisi bari baberewe
Abarimu n’abakozi ba UTB mu karasisi bari baberewe
Umuyobozi wa Kaminuza Kabera Callixte n'Umuyobozi w'Ikirenga wa Kaminuza Dr Wim
Umuyobozi wa Kaminuza Kabera Callixte n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Kaminuza Dr Wim
Aba ni abiga ibijyanye no ubwikorezi bwo mu kirere
Aba ni abiga ibijyanye no ubwikorezi bwo mu kirere
Abayobozi ba Kaminuza UTB n'abandi bahagarariye izindi Kaminuza baje kwifatanya na bo mu byishimo
Abayobozi ba Kaminuza UTB n’abandi bahagarariye izindi Kaminuza baje kwifatanya na bo mu byishimo
Dr Tombola Umuyobozi muri Kaminuza ushinzwe amasomo ahamagara abayobozi b'amashami ngo bahamagari abarangije
Dr Tombola Umuyobozi muri Kaminuza ushinzwe amasomo ahamagara abayobozi b’amashami ngo bahamagari abarangije
Kayigana Innocent Umuyobozi w'Ishami ry'Ubukerarugendo Travel and Tourism Management ni we wahamagaraga abarangije muri iryo shami
Kayigana Innocent Umuyobozi w’Ishami ry’Ubukerarugendo Travel and Tourism Management ni we wahamagaraga abarangije muri iryo shami
Dr. WIM KOUWENHOVEN umuyobozi w'Ikirenga wa UTB avuga ijambo rye
Dr. WIM KOUWENHOVEN umuyobozi w’Ikirenga wa UTB avuga ijambo rye
Dr Emile Rwamasirabo Perezida w'Inama y'Ubutegetsi na Zulfat Mukarubega washinze akaba anihagarariye UTB mu rwego rw'amategeko
Dr Emile Rwamasirabo Perezida w’Inama y’Ubutegetsi na Zulfat Mukarubega washinze akaba anihagarariye UTB mu rwego rw’amategeko
Dr Mugisha Sebasaza Innocent Umuyobozi w'Inama Nkuru y'Uburezi
Dr Mugisha Sebasaza Innocent Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Uburezi
Abarimu n'abakozi ba Kaminuza
Abarimu n’abakozi ba Kaminuza
Dr Emile Rwamasirabo mu ijambo rye yashimiye Leta imiyoborere myiza yayo
Dr Emile Rwamasirabo mu ijambo rye yashimiye Leta imiyoborere myiza yayo
Umuyobozi wa INILAK n'umwe mu bari bahagariye kaminuza zaje gufatanya na UTB
Umuyobozi wa INILAK n’umwe mu bari bahagariye kaminuza zaje gufatanya na UTB
Zulfat Mukarubega washinzwe kaminuza UTB yishimiye umusaruro imaze kugeraho
Zulfat Mukarubega washinzwe kaminuza UTB yishimiye umusaruro imaze kugeraho
Umuyobozi wa Hotel Serena yatanze akazi ku wabaye uwa mbere mu ishami ry'Imicungire y'Amahoteli
Umuyobozi wa Hotel Serena yatanze akazi ku wabaye uwa mbere mu ishami ry’Imicungire y’Amahoteli
Umuyobozi muri RDB ushinzwe Ubukerarugendo ahemba Niyitegeka Elie witwaye neza kurusha abandi mu ishami ry'Ubuterarugendo, Travel and Tourism Management
Umuyobozi muri RDB ushinzwe Ubukerarugendo ahemba Niyitegeka Elie witwaye neza kurusha abandi mu ishami ry’Ubuterarugendo, Travel and Tourism Management
UWANYIRIGIRA A. Christelle wahize abandi mu ishami ry'Ubucuruzi n'Ikoranabuhanga ahembwa n'Umuyobozi wa Kaminuza
UWANYIRIGIRA A. Christelle wahize abandi mu ishami ry’Ubucuruzi n’Ikoranabuhanga ahembwa n’Umuyobozi wa Kaminuza
Sina Gerald wahawe ibikombe byinshi kubera ibyo akora na we asigaye atanga ibikombe by'indashyikirwa
Sina Gerald wahawe ibikombe byinshi kubera ibyo akora na we asigaye atanga ibikombe by’indashyikirwa
Umukozi wa UTB ishami rya Rubavu witwaye neza kurusha abandi bose yahembwe n'Umuyobozi w'Ikirenga wa Kaminuza Dr. WIM KOUWENHOVEN
Umukozi wa UTB ishami rya Rubavu witwaye neza kurusha abandi bose yahembwe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Kaminuza Dr. WIM KOUWENHOVEN
Nelson Mbarushimana umuyobozi ushinzwe Marketingno gutanga inama mu mwuga akaba no muri Njyanama ya Rubavu yari MC
Nelson Mbarushimana umuyobozi ushinzwe Marketingno gutanga inama mu mwuga akaba no muri Njyanama ya Rubavu yari MC
Zulfat washinze UTB ashyikiriza igihembo RDB cyakiriwe n'Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo
Zulfat washinze UTB ashyikiriza igihembo RDB cyakiriwe n’Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo
Umukozi wa Kampany Nziza Tour & Travel yashinzwe n'uwize muri UTB atanga igihembo cyagenwe na Kampani akorera
Umukozi wa Kampany Nziza Tour & Travel yashinzwe n’uwize muri UTB atanga igihembo cyagenwe na Kampani akorera
Umukozi wa AIRTEL Rwanda, iyi Sosiyeti yahembye abanyeshuri 10
Umukozi wa AIRTEL Rwanda, iyi Sosiyeti yahembye abanyeshuri 10
Hon Senateri Prof Nkusi Laurent aganira n'abayobozi ba UTB mbere gato y'akarasisi
Hon Senateri Prof Nkusi Laurent aganira n’abayobozi ba UTB mbere gato y’akarasisi
Dr. Innocent MUGISHA SEBASAZA umuyobozi wa HEC ashyikiriza ishimwe ry'umwarimu witwaye neza Dr Tombola M.Gustave Umuyobozi wa Kaminuza wungirije ushinzwe imyigishirize
Dr. Innocent MUGISHA SEBASAZA umuyobozi wa HEC ashyikiriza ishimwe ry’umwarimu witwaye neza Dr Tombola M.Gustave Umuyobozi wa Kaminuza wungirije ushinzwe imyigishirize
ZABARI Moreen ukomoka muri Uganda yahize abandi mu ishami ry'Imicungire y'amahoteli ahita anahabwa akazi na Serena
ZABARI Moreen ukomoka muri Uganda yahize abandi mu ishami ry’Imicungire y’amahoteli ahita anahabwa akazi na Serena
Rwandair yahawe igihembo cy'imikoranire myiza na UTB
Rwandair yahawe igihembo cy’imikoranire myiza na UTB
Umunyeshuri wavuze mu izina ry'abandi UWASE Ummu
Umunyeshuri wavuze mu izina ry’abandi UWASE Ummu
Visi Perezida w'Inama y'ubutegetsi ya UTB Amb. Fatuma Ndangiza atanga igihembo kuri Serena
Visi Perezida w’Inama y’ubutegetsi ya UTB Amb. Fatuma Ndangiza atanga igihembo kuri Serena
Zulfat ageza ijambo ku banyeshuri barangije n'abashyitsi bari bahari
Zulfat ageza ijambo ku banyeshuri barangije n’abashyitsi bari bahari

Amafoto/UTB

UM– USEKE.RW

2 Comments

  • Hagarutswe by’umwihariko ku miyoborere myiza iranga abayobozi bakuru b’igihugu barangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida Paul KAGAME.Ibingibi ababitse imvaho za kera murasangamo ndavuga mbere ya 1988 interuro zimeze gutya nyinshi cyane.

  • Congrats!

Comments are closed.

en_USEnglish