Digiqole ad

Abahanzi bari i Nkumba batangiye amasomo

 Abahanzi bari i Nkumba batangiye amasomo

Jay Polly aha ari mu kizamini ku burere mboneragihugu

Abahanzi, Abakina filme, aba Djs na buri muntu ufite aho ahurira na muzika, kuri uyu wa gatatu nibwo bahagarutse kuri Stade Amahoro i Remera berekeza mu kigo cy’amahugurwa i Nkumba mu Karere ka Burera mu itorero rizamara ukwezi.

Mbere yo gutangira amasomo babanza morale
Mbere yo gutangira amasomo babanza morale

Izo ngando zikaba zigamije kubongerera ubupfura n’ubutore buzabafasha kunoza akazi kabo no kurushaho kumenya indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda nk’abanyarwanda.

Kuri uyu wa kane tariki ya 24 Nzeri 2015 nibwo abo bahanzi bose batangiye amasomo ku burere mboneragihugu n’indangagaciro zikwiye kuba ziranga umunyarwanda aho ari hose.

Aba bahanzi bahaguruka i Kigali berekeza i Nkumba bageraga ku 184, ariko biza gutangazwa ko hari abandi bakererewe bakaza gukurikira abandi ubu bakaba bagera kuri 200.

Muri abo bahanzi bitabiriye itorero ry’igihugu, amazina arimo akomeye ni Mariya Yohana, Diplomate, Jay Polly n’abandi. Abandi bakaba baragiye bavuga ko hari ibyo barimo byatumye batitabira izo ngando.

Mbere y’uko abo bahanzi bagenda, Umuyobozi mukuru w’Itorero ry’Igihugu Rucagu Boniface akaba yari yatangaje ko abahanzi bazitabira izo ngando hari byinshi bazungukiramo kurusha abanze kuzijyamo.

Jay Polly aha ari mu kizamini ku burere mboneragihugu
Jay Polly aha ari mu kizamini ku burere mboneragihugu

Joel Rutaganda

UM– USEKE.RW

11 Comments

  • Jay polly kuraje ndabona kabisa urigukurikirana amasomo neza urimbere komereza aho

  • bazavayo bazanye umusanzu ufatika mu iterambere ry’igihugu. Ingando ziragahoraho

  • Babigishe kubyina bambaye neza atari nka bimwe bakora ibyo Meya wa Ngoma yigeze kunenga:(Babyina bikanda imyanya ndangagitsina yabo.) kuba umu-star si ukwigana imico y’ahandi utazi ni cyo bivuga, Abambarira ibi pantalo bijagaraye munsi y’innyo!
    Umuco Nyarwanda bashobora kuwushyiramo injyana(Rhythm) y’amahanga bikaryoha mbese nk’uko King James yacuranze “Kanyobwe, Kanyobwe” ubu ikunzwe na twese abana n’ Abakuru.

  • UBU SE NTUZA WE NTABWO BAMUJYANYE
    UZIKO AMAZE KWIBAGIRA NA NEZA NEZA
    KIZITO

  • Wowww!Bega byiza.Rwose félicitations ku bahanzi biyemeje kujya mu Irerero ariryo Itorero.Bravo.Iby’imtanbarire imibyinire n’ibindi byose birebaba n’ubuhanzi mbisigiye ubuyobozi bw’Itorero.Sinumvise ngo Aimable TWAHIRWA tubona muri PGGSS5 ari mu batoza babo?Nta mpungenge.Mbabajwe n’abo nkubitana mu mujyi baranze kujya yo.

  • turabashyigikiye peeeee

  • Bigishwa bareka nzi ko ntacyo bazahindukaho.

  • May God bless you and i wish the herforshe representatives to be presented

  • May God BlessYou

  • wao!!!!nibyiza.gusa twifuzagako mutubwira neza igihe zizamara.murakoze

  • ukwezi kose?cyangwa niminsi7?ntibavugagako zirangira le 30/09?phone ziremewe ariko????abari bafite ubukwe!!

Comments are closed.

en_USEnglish