Digiqole ad

USA:abishwe n’imiyaga bageze ku193

BIRMINGHAM,  Muri leta  zunze ubumwe za Amerika  –  abantu 72 nibo bishwe  n’inkubi y’ umuyaga y’agashyururu  yakubuye amajyepho ya leta zunze ubumwe z’ Amerika muri iki cyumweru , hakaba harimo 45 bahitanywe n’iyi nkubi’ y ‘umuyaga  muri  leta ya Alabama hari ku munsi wejo ku wa gatatu.

“servisi ishinzwe  ubutabazi bwihutirwa bwa leta buremeza ko koko aba 45 aribo bahitanywe n’iyi nkubi y’umuyaga yabaye kuri uyu wa gatatu  muri leta ya Alabama”, ibi  aka ba ari ibitangaza na  Yasamie August, umuvugizi   wa leta ushizwe kugenzura  ibikorwa  byihutirwa  by’ubutabazi.

Imihanda yangiritse bikomeye cyane
Imihanda yangiritse bikomeye cyane

Abantu 15 akaba aribo bishwe  n’uyu umuyaga ukomeye ahitwa  Tuscaloosa.intumbi z’abantu 6 bakaba nabo babaruwe ahitwa le comté de Marshall, ni mu muajyaruguru ya  Alabama , nkuko byatangjwe n’uwitwa shérif Scott Walls.

Ushinzwe iteganyagihe Josh Nagelberug ukorera urubuga rwa internet AccuWeather.com.yagize ati:” birashoboka ko  kari agashyururu kabi kabaye mu mateka ya leta ya Alabama” .

Perezida wa leta zunze ubumwe z’ Amerika Barack Obama kuri iki kibazo ,akaba yatangaje ko ko leta yateganyije ubutabazi  bwihuse .

Yagize ati ” n’ubwo tutamenya  ubwinshi bw’ ibyangiritse muri iyi minsi,turagumya kugegenzura iby’ iyi nkubi y’ umuyaga  mu gihugu kandi twiteguye gutanga ubufasha muri leta ya Alabama n’abayituyemo  bagizeweho ingaruka n’iki kiza’’.  Ibi akaba yavugiye mu nzu ikorerwamo na perezidansi  (Maison Blache) mu itangaza ryo kuri uyu wa gatatu mu ijoro yashyize ahagaragara.

Hagati aho  ibiti  byaguye bihirika amapoto y’umuriro,imihanda ndetse n’inyubako,bituma  imiryango isaga 245.000 n’ inganda bibura umuriro.

Ingendo ntizikunda

Muri leta ya Arkansas na  Tennessee bakaba naho batangaje ko bakeneye ubutabazi bwihutirwa . Muri Arkansas kandi , iyi nkubi ikaba yahitanye 11 , nkuko bitangazwa na servisi y’ubutabazi ndetse n’ abayobozi b’ inzego z’ibanze zaho . ibi bikaba ngo byatumye imihanda  irafungana.

Imirambo 2 ikaba kandi yagaragaye muri leta ya Louisiane n’undi 1 ahitwa Tennessee. Gusa ngo umubare w’abaguye muri uyu muyaga ukaba ushobora kugumya kwiyongera uko amasaha atera imbere.

Insengero nazo ntizarebewe izuba n'umuyaga
Abaturage bahiye ubwoba bata amazu yabo

Photos/Associated Press

Jonas Muhawenimana

Umuseke.com

 

3 Comments

  • isi irashaje

  • Nibibazo kabisa , Musenge cyane tuzigire ahera

  • nibunve abanyalibiya basukaho ibisasu buri munsi uko bammerewe nabo!akebo kajya iwa mugarura.

Comments are closed.

en_USEnglish