Urutonde rushya: u Rwanda ku mwanya wa 6 muri Africa mu magare
Urutonde rwashyizwe ahagaragara muri week end ishize n’impuzamashyirahamwe y’amarushanwa yo gusiganwa ku magare ku isi rwashyize u Rwanda ku mwanya wa gatandatu muri Africa, umusore w’umunyarwanda aza ku mwanya wa 14 mu banyonzi bakomeye mu marushanwa yemewe muri Africa.
UCI (Union Cycliste Internationale) yatangaje uru rutonde kuwa 25 Nyakanga, u Rwanda ku rutonde ruheruka rwari ku mwanya wa munani muri Africa ubu rukaba rwazamutseho imyanya ibiri. Umusore Valens Ndayisenga usiganwa ku magare yaje ku mwanya wa 14 ku rutonde rushya rw’abanyonzi beza mu marushanwa muri Africa akaba ari ku mwanya wa kane u batarengeje imyaka 23. Ku rutonde rw’ibihugu mu batarengeje imyaka 23 u Rwanda ruza ku mwanya wa gatanu (5), ibi bikaba biha itike u Rwanda yo gukina Shampiona y’isi mu batarengeje imyaka 23 izabera i Ponferrada muri Espagne hagati ya tariki 21 na 28 Nzeri 2014.
Uko ibihugu 16 byahawe amanota bikurikiranye muri Africa: Uko abasiganwa ubwabo bakurikiranye: Mu bandi banyarwanda bari kuri uru rutonde, hariho; Hadi Janvier (22), Bonaventure UWIZEYIMANA (62), Jean Bosco INSENGIYUMVA (64), Jean Claude UWIZEYIMANA (111), Abraham RUHUMURIZA (126), Emile BINTUNIMANA (144), Patrick BYUK– USENGE (188), Adrien NIYONSHUTI (203), Gasore HATEGEKA (208) na Joseph BIZIYAREMYE (232), UM– USEKE.RW
0 Comment
TEAM RWANDA INDUTIRA AMAVUBI INSHURI IGIHUMBI BRAVO JACK NA TOM RICH
Comments are closed.