Digiqole ad

Urugaga rw’abikorera(PSF) rwagendereye abikorera mu isoko rya GAKINJIRO

Umuyobozi w’ akarere ka gasabo NDIZEYE Willy arashima uruhare urugaga rw’ abikorera rugira mu iterambere ry’ako karere n’irya abaturage.

Abahagarariye PSF ubwo bari mu Gakinjiroa
Abahagarariye PSF ubwo bari mu Gakinjiroa

Ubu ibikorwa by’urugaga rw’abikorera bikaba bisaga miliyari 5 muri ako karere, ibi uwo muyobozi akaba yabitangarije UM– USEKE.COM mu gikorwa  cy ‘inama nyungurana bitekerezo ku mikorere y’inzego zihagarariye abacuruzi n’abikorera, inama yabereye mu murenge wa Gisozi  mu karere ka gasabo.

N’kuko bitangazwa na Fabrice SHEMA, perezida w’ urugaga rw’ abikorera bo  mu  karere ka Gasabo, avuga ko  iki gikorwa cyari kigamije kumenyekanisha inzego z’urugaga nyuma y’ amatora y’ abayobozi bashya, gushishiakriza abacuruzi gushora imari yabo muri ako karere, gukora mu buryo bwisanzuye ku bacuruzi  basabana ntawe wibonamo mugenzi we nk’umwanzi ,

Eugene NIWENSHUTI ni  pereizida  wa coooperetive APARWA imwe muri enye zasuwe okora ibijyanye no kubaza muri ako karere ka Gasabo. Avugako kujya mu rugaga rw’ abikorera byafashije abanyamuryango ahagarariye kwiteza  imbere kuko hari byinshi bamaze kunguka.

Yagize  ati :’’Tumaze gushakira abanyamuryango bacu aho gukorera .Tumaze kububakira inyubako  yo gukoreramo ya  niveau 3 ifite ibyumba 120 n’icyumba cy’amanama twubaste inzu y ubucuruzi ya miliyari imwe na miliyoni 600 frw naho aterire yacu ifite agaciro k’ ibihumbi 600.0000frw.’’urugaga rwaradufashije pe.

N’ubwo iyi koperative ivuga ko abanyamuryango bayo biteje imbere,  Niwenshuti avuga ko zimwe  mu mbogamizi bagihura nazo harimo ibura ry’ imbaho bakoresha mu bubaji bwabo, aho ngo zituruka mu gihugu cya  Congo Kinshasa kandi zibageraho zihenze cyane.

Abakora ibyo mumbaho baravuga ko imisoro kumbaho ari myinshi cyane
Abakora ibyo mumbaho baravuga ko imisoro kumbaho ari myinshi cyane

Ikindi  ngo umusoro ucibwa imbaho ukaba uri hejuru no kuzibona bikaba bica mu nzira zigoranye.

Yagize ati: ‘’imisoro itangwa ku mbaho iracyari miremire, turasaba Leta ko ibikoresho by ‘ibanze dukoresha yadufasha kubigeraho’’.

Muri iki gikorwa umuyobozi w’ akarere ka Gasabo NDIZEYE Willy, akaba kandi kashyize umukono ku masezerano y’ ubufatanye hagati y urugaga rw’ abikorera bo muri ako  karere n’akarere ayoboye.

Urugaga rw ‘abikorera (PSF) mu Rwanda rwashinzwe mu mwaka 1999 nyuma yo guhuza  w’icyahoze ari umuryango w ubucuruzi n’inganda mu Rwanda. Urugaga rw’abikorerera rukaba rwaratangiye rugizwe n’ amashyirahamwe 14 y’ abahuje umwuga.

Muri iyi nama nyunguranabitekerezo abagize PSF  bakaba banasuye amakoperative 4 afite igishora cya  miliyari eshanu muri ako karere ka Gasabo. Ibi byose bikaba  ngo byari mu rwego rwo kwereka  abandi  aho bashora gushora imari yabo mu bucuruzi.

Jonas   MUHAWENIMANA/ Daddy Sadiki RUBANGURA
UM– USEKE.COM

1 Comment

  • Muraho banyamuryango ba PSF mwese?Ndabanza gusaba uwanditse ino nkuru gukosora aho yanditse ngo umuyobozi w’akarere ka Gasabo kashyize umukono.Naho ubundi biragaragara ko urugaga rwegereye abikorera ku buryo bufatika.Ibyo bigatuma nta rukuta rukiri hagati ya leta n’abikorera utwabo.

Comments are closed.

en_USEnglish