Digiqole ad

Umuyobozi w’Inteko ya Kenya yashimiye u Rwanda uko rurwanya ihohoterwa

Kacyiru – Ihuriro ry’abadepite b’abagore bateraniye mu Rwanda, kuri uyu wa gatatu batangiye ingendo ahatandukanye mu gihugu, Dr Joyce Laboso umuyobozi wungurije w’Inteko ishinga amategeko ya Kenya na bagenzi be basuye ikigo cya Isange One Stop Center ku Kacyiru, avuga ko ibyo yabonye bituma nataha azasaba Guverinoma y’iwabo kuza kwigira ku Rwanda ibyo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Dr Joyce Laboso arahamagarira isi kwigira ku Rwanda
Dr Joyce Laboso arahamagarira isi kwigira ku Rwanda

Mu minsi itatu Joyce Laboso amaze mu Rwanda, yatangaje ko yabonye ibikorwa by’intangarugero ku bindi bihugu byinshi avuga yagezemo bya Africa mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, ndetse n’ibindi yabonye mu bijyanye no kwikemurira ibibazo nk’uko abivuga.

Ihohoterwa rikorerwa rishingiye ku gitsina avuga ko ari ikintu kibi cyane kandi gikomeye uwagikorewe adakunze no gutinyuka kuvuga, gushyiraho ikigo nka Isange One Stop Center cyo gukurikirana bene ibi bibazo gusa Dr Laboso asanga ari ikintu gitangaje u Rwanda rwatekereje kitari ahandi henshi.

Yagize ati “ Ninsubira mu rugo  nza Guverinoma ndetse n’abashyiraho amategeko kuza kwigira ku Rwanda ubu bushake bwa Politiki mu kurwanya ihohoterwa. N’ibindi bihugu byinshi byakwigiraho.

Ubumenyi n’ibyo yabonye mu Rwanda avuga ko nagera muri Kenya azabisangiza ab’iwabo bakareba uko nabob aha agaciro ikintu cyo gukumira ihohoterwa.

Polisi y’u Rwanda itegekwa n’itegeko nshinga kurengera no guha umutekano abanyarwanda. Polisi itangaza ko nyuma y’uko bigaragaye ko umubare w’ihohoterwa rishingiye ku gitsina by’umwihariko ku bagore n’abana wiyongereye yashyizeho amategeko n’ibigo bishinzwe gukumira ngo guhana ibyaha by’ihohoterwa

Isange One Stop Centre  ni urwego rwa Polisi rugira uruhare mu kuvura no gutanga ubujyanama ku bahohotewe, hashyizweho kandi umurongo wo guhamagaraho ku buntu(3512) ku kibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Iki kigo gikurikirana ikibazo mu mizi, kikaganira mu buryo bukwiye n’uwahohotewe, kugeza kwa muganga uwo biri ngombwa no kumufasha kugeza ikirego mu nkiko.

Ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa mu bihugu birimo intambara n’amakimbirane cyangwa bivuye muri ibi, ni intwaro yo guca intege no gusenya imiryango.

Mu cyumba cya Isange One Stop Center babwira iby'iki kigo muri rusange
Mu cyumba cya GBV ku biro bya Polisi babwira iby’iki kigo muri rusange
Baganiriye n'abakozi b'iki kigo babaza uko bakora
Baganiriye n’abakozi b’iki kigo babaza uko bakora
Basuye buri gice kigize iki kigo gifasha abakorewe ihohoterwa
Basuye buri gice kigize iki kigo gifasha abakorewe ihohoterwa
Baritegereza uburyo butandukanye bwifashishwa mu kurwanya ihohoterwa no kubimenyesha abasobora gufasha uwarikorewe
Baritegereza uburyo butandukanye bwifashishwa mu kurwanya ihohoterwa no kubimenyesha abasobora gufasha uwarikorewe
Bageze no muri Laboratoire zisuzumirwamo abahohotewe
Bageze no muri Laboratoire zisuzumirwamo abahohotewe
SSP Muhisoni umuyobozi w'iki kigo aganira n'aba bayobozi b'abagore baturutse mu bihugu bitandukanye bya Africa
SSP Rose Muhisoni umuyobozi w’iki kigo aganira n’aba bayobozi b’abagore baturutse mu bihugu bitandukanye bya Africa

BIRORI Eric
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • niba hari ikintu cyahagurukiwe kandi gifite igihe gito rwose kuba cyasenyutse ni ihohoterwa aho rya rikigarara, turashima leta yacu yabishyizemo imbaraga zidasanzwe kandi bikaba bigaragara ko hari ingaruka nziza bimaze gutanga .

  • dushima imbaraga leta y’u Rwanda ishyira muguhashya ihohoterwa ikigaragara ryaragabanutse ku buryo bugaragara kandi tubikesha kub a dufite ubuyobozi bwiza bwita ku kiremwa muntu.

Comments are closed.

en_USEnglish