Rayon Sports itangiye neza irushanwa rya CECAFA Kagame Cup, abakinnyi bavuye muri APR FC bari bafite imbaraga z’abafana babakomeraga amashyi y’urufaya kuri buri gikorwa bakoze mu kibuga, n’ubundi Jules Ulimwengu akomeje kwerekana ko ari umukinnyi mwiza.
Umukino wari ukomeye cyane Rayon Sports yasatiraga na Mazembe igasatira
Ku rupapuro Rayon Sports ntiyahabwaga amahirwe bitewe n’uko bakinaga n’ikipe y’ikigugu muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo no muri Africa.
Mu minota ibanza, umukino warimo imbaraga nyinshi n’isyka, Iranzi Jean Claude wavuye muri APR FC akajya muri Rayon Sports yacometse umupira mwiza, Jules Ulimwengu atazuyaje ahita awushyira mu nshundura biba 1-0.
TP Mazembe yagerageje gushakisha uburyo bwo kwishyura igitego ariko Heve Rugwiro na we wavuye muri APR FC na bagenzi Iragire Said wahoze muri Mukura VS ndetse n’umunyezamu Yves Kimenyi na we wakiniraga APR FC baba ibamba.
Umukino urangiye gutyo, Rayon Sports itsinze Tout Puissant Mazembe 1-0.
Ku mutoza Mathurin Ovambe atsinze umukino we wa mbere n’ubwo Rayon Sports itaramwemeza ku mugaragaro nk’uzayitoza, abakurikiye umukino bemeza ko uyu mutoza ari umuhanga.
Mu wundi mukino Mukura VS yatsinzwe na AZAM FC yo muri Tanzania 1-0, gusa abafanaMukura bavuga ko yatsinze ibitego bibiri umusifuzi ntiyabyemera.
Abakinnyi babanjemo kumpande zombie
Abakinnyi babanjemo ku ruhande rwa Rayon Sports
KIMENYI Yves ( GK ) APR FC
RUTANGA Eric ( C )
IRADUKUNDA Eric ( Radu )
CIZA Hussein ( MUKURA VS )
IRANZI Jean Claude ( APR )
ULIMWENGU Jules
NSHIMIYIMANA Amran ( APR FC )
kakule MUGHENI Fabrice
OLOKWEI Commdore
RUGWIRO Herve ( APR FC )
Ababanjemo muri TP Mazembe
BAKURA ULUNDE Aime ( GK )
RAINFORD Kalaba ( C )
MASENGO Godrt
ZOLA KIAKU Arsene
MWAPE Tandi
MONDEKO Zatu
SINKALA Nathan
TSHIBANGO Tshikuna
MULEKA Jackson
LIKONZA Glody
BAKURA ULUNDE Aime yatsinzwe igitego mu minota ya kare y’igice cya mbereIranzi Jean Claude yari amenyerewe mu mwambaro w’Umukara n’Umweru wa APR FC uyu munsi yari aberewe mu mwenda w’Ubururu wa Rayon Sports.Nyuma y’umupira wavuyemo igitego cyatsinzwe na Jules Ulimwengu Iranzi aragaragaza ko yishimye cyaneBAKURA ULUNDE Aime amaze guhindukiraAbari abakinnyi ba APR FC uyu munsi bari muri Rayon bahawe umwanya barigaragazaAbafana ba Rayon Sports baraye bishimye cyaneJules Ulimwengu wa Rayon Sports ni we wafunguye amazamuTout Puissant Mazembe ni ikipe ikomeye, umutza wayo yavuze ko kuba yatsinzwe yarushijwe ariko ngo ifite abakinnyi bari mu gikombe cya Africa, nubwo ikipe ya Congo Kinshasa yakuwemo na Madagascar kuri penalitiPerezida w’Inteko ishinga amategeko y’Umuryango wa EAC (EALA), Martin Ngoga yarebye uyu mukinoAbafana ba Rayon Sports bishimiye uko ikina n’igihangange MazembeRayon Sports n’abakinnyi yaguze muri APR FC abo ni bo babanjemoHari n’abafana APR FC baje kureba abakinnyi bari ababo uko bitwaraTP Mazembe na yo ifite abakunzi i KigaliRayon Sports yakomeje kurinda igitego yabonye kareAba ni abasimbura ba TP MazembeNyuma yo kugenda kwa Manzi Thierry Rayon Sports iyobowe na Rutanga EricAbafana ba Rayon Sports bari bayiri inyuma ku mukino wayo wa CECAFA Kagame CupAbakinnyi n’abatoza barashimira abafanaAbayobozi ba APR FC Lt Gen Jacques Musemakweli na Alexis Kagame bakurikiye uyu mukinoMinisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba ni umwe mu b’imena bafana Rayon agaragara kenshi ku kibugaUmutoza wa TP Mazembe yabwiye abanyamakuru ko Rayon Sports yabahaye akaziUmunyamabanga Mukuru wa CECAFA Nicholas Musonye na Amb. Nduhungirehe Olivier, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’AmahangaUyu nubwo afana Arsenal n’umukino wa Rayon Sports na Mazembe kuwureba ntibyari kumugwa nabiMu bandi bafana Miss wakunzwe na benshi, Josiane na we yarebye uyu mukinoUmunyambanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezi, Eng Uwihanganye Jean de Dieu na Gacinya Chance Denis “wavuzwe mu bari mu ishyamba” na we yarebye umukino nk’umufana ukomeye wa Rayon Sports wanayiyoboyeUmutoza Mathurin Ovambe na Rutanga Eric baganira n’itangazamakuru