Digiqole ad

Umutambagiro udasanzwe w’Umuganura. AMAFOTO

Kuri uyu wa 30 Nyakanga kugera kuwa 1 Kanama mu Rwanda hatangijwe ibikorwa bitandukanye bijyanye no kwizihiza umunsi w’Umuganura. Ibikorwa byatangiwe n’Umutambagiro ubaye ku nshuro ya mbere waturutse i Nyamirambo kuri Club Rafiki usorezwa kur stade Amahoro i Remera.

Mu mutambagiro wa none wahereye i Nyamirambo
Mu mutambagiro wa none wahereye i Nyamirambo

Lauren Makuza  ushinzwe iterambere ry’umuco muri Ministeri y’umuco na Siporo  avuga ko  uyu munsi wibutsa abanyarwanda guharanira kugira umusaruro mu rwego rwo kwigira.

Mu byagezweho ntabwo hamuritswe umusaruro w’ubuhinzi gusa nk’uko byari bisanzwe bigenda mu muhango w’umuganura.

Twarategekereje dusanga ni ibikorwa by’abanyarwanda biri mu ndangagaciro z’u Rwanda niyompamvu twihaye intego yo kugaragaza n’undi musaruro w’abanyarwanda udashingiye ku buhinzi n’ubworozi gusa” Makuza Lauren

Mubyamuritswe kuri uyu wa 30 Nyakanga harimo iby’ikoranabuhanga, ubukorikori,ibitabo ndetse n’ibindi bikorwa bishingiye ku  muco nk’ubupfumu, ububumbyi ndetse n’ibindi.

Umukambwe Karekezi Francois waganiriye n’Umuseke yavutse mu 1945 ubu atuye mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze avuga ko ubu buryo bushya abona  bushingiye ku iterambere gusa bikaba bihabanye n’umuganura wa kera  wabaga ushingiye ku buhinzi no kwishimira umusaruro wabwo.

Ati“ Iyo wezaga amasaka ugasarura ukanika wayashyiraga ku rusyo maze  ukenga Umusururu urimo umusemburo mwiza ugafata ibibindi nka bitatu ukajya kwa Sobukwe no kwa so ukababwira uti babyeyi narahinze dore agatsima mbazaniye, bahitaga baguha nk’umurima cyangwa inka bakakwifuriza kuzongera guhinga ukeza ndetse ukabona ibyo utanga”.

Uyu musaza avuga ko iyo uyu munsi waberaga mu ruhame abantu banywaga umusururu, bakarya ibishyimbo, ibigori, ibijumba, inyama ndetse n’ibikoba by’inka bakaririmba bakizihirwa bya Kinyarwanda.

Amateka y’uyu munsi

Mu Rwanda umuganura wari umunsi ukomeye kandi wubahwaga i Bwami no mu muryango Nyarwanda

Igihe uyu munsi watangiye kwizihizwa mu Rwanda ntakizwi nubwo hari abavuga ko watangiye kwizihizwa ku ngoma ya Ruganzu Ndoli  abandi bakavuga ko wahanzwe na Gihanga Ngomijana wahanze u Rwanda.

Umuganura wayoborwaga n’abami n’abiru. Umwiru w’Umutsobe wo kwa Rutsobe rwa Gihanga niwe wayoboraga umuganura.Ibi byakorwaga abanyarwanda bishimira umusaruro bagezeho ku mwero w’amasaka.

Uyu mutambagiro w’uyu munsi wari ugamije kwereka abantu aho bari muri Kigali ibi bikorwa byagezweho, hazakurikiraho umuhango wo kubyukurutsa i Nyambo i Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo ndetse n’umunsi nyir’izina w’Umuganura uzizihizwa tariki ya mbere Kanama 2014 mu gihugu hose.

Umutambagiro wari urangajwe imbere na Band ya Police
Umutambagiro wari urangajwe imbere na Band ya Police
Aha ni mbere gato y'uko utangira kuri Club Rafiki i Nyamirambo
Aha ni mbere gato y’uko utangira kuri Club Rafiki i Nyamirambo
Imodoka irimo insina yari ateguwe nko kumurika ko heze urutoki
Imodoka irimo insina yari ateguwe nko kumurika ko heze urutoki
Band ya Police imbere itangiza uru rugendo
Band ya Police imbere itangiza uru rugendo
Muri iyi band harimo umugore/umukobwa witwa Uwase ukubita ingoma nini injyana ikaba injyana
Muri iyi band harimo umugore/umukobwa witwa Uwase ukubita ingoma nini injyana ikaba injyana
Umutambagiro warimo abamotari benshi
Umutambagiro warimo abamotari benshi
Intero y'uyu muganura
Intero y’uyu muganura
Aha bageze ni i Nyamirambo ahagana kwa Nyiranuma
Aha bageze ni i Nyamirambo ahagana kwa Nyiranuma
Bamwe mu bayobozi muri Ministeri y'umuco no mu nteko y'ururimi n'umuco
Bamwe mu bayobozi muri Ministeri y’umuco no mu nteko y’ururimi n’umuco
Aba bana bagendaga nabo berekana ubumenyi bungutse
Aba bana bagendaga nabo berekana ubumenyi bungutse
Bamurikaga ibyo bakora n'ibyo bagezeho
Bamurikaga ibyo bakora n’ibyo bagezeho
Abana bakora accrobatie bagendaga bashimisha abantu
Abana bakora accrobatie bagendaga bashimisha abantu
Aba bana bagendaga berekana ibyo bashoboye
Aba bana bagendaga berekana ibyo bashoboye
Uyu mutambagiro ugeze rwa gati mu mujyi
Uyu mutambagiro ugeze rwa gati mu mujyi
Bagendaga bacinya akadiho
Bagendaga bacinya akadiho
Aba bana nabo bagendaga bereka umukino bari kwiga
Aba bana nabo bagendaga bereka umukino bari kwiga
Ibikorwa by'ubukorikori byamurikwaga muri uru rugendo
Ibikorwa by’ubukorikori byamurikwaga muri uru rugendo
Itorero ryagendaga rishayaya
Itorero ryagendaga rishayaya
Uyu yagendaga avuza umwirongi
Uyu yagendaga avuza umwirongi
Abasaza bagenda bivuga
Abasaza bagenda bivuga
Bageze i Remera bakivuna sambwe
Bageze i Remera bakivuna sambwe
Uyu musaza w'i Musanze aragenda avuza urutango
Uyu musaza w’i Musanze aragenda avuza urutango
Aha bageze kuri Stade Amahoro aho binjira muri stade nto
Aha bageze kuri Stade Amahoro aho binjira muri stade nto
Alphonse S. Alphonse uyobora ikigo cy'igihugu cy'inzu ndangamurage
Alphonse S. Alphonse uyobora ikigo cy’igihugu cy’inzu ndangamurage
Muri stade hari abamurikaga ibikorwa byabo bitandukanye birimo uduseke bikorera
Muri stade hari abamurikaga ibikorwa byabo bitandukanye birimo uduseke bikorera
Imitako inogeye ijisho ishushanywa ku bitambaro yamuritswe
Imitako inogeye ijisho ishushanywa ku bitambaro yamuritswe
Bamuritse ubuhanga bwabo mu gukora amashusho anogeye ijisho
Bamuritse ubuhanga bwabo mu gukora amashusho anogeye ijisho
Uku niko urutara n'urusenge byabaga bimeze, mu rusenge bashoboraga kuhatara igitoki
Uku niko urutara n’urusenge byabaga bimeze, mu rusenge bashoboraga kuhatara igitoki
Berekanye kandi urusyo baseragaho amasaka ku mwero wayo ngo bashigishe ibigage banywe n'ibivuge
Berekanye kandi urusyo baseragaho amasaka ku mwero wayo ngo bashigishe ibigage banywe n’ibivuge
Izi ni intonga bahunikagamo imyaka, imbere yazbo harambitse amahundo y'amasaka n'ibigori
Izi ni intonga bahunikagamo imyaka, imbere yazbo harambitse amahundo y’amasaka n’ibigori
Mukamunana arerekana ubuhanga mu 'nganzo' aho bakaragira ibumba rikavamo inkono, ikibindi cyangwa ibyo bashyiramo indabo ubu
Mukamunana arerekana ubuhanga mu ‘nganzo’ aho bakaragira ibumba rikavamo inkono, ikibindi cyangwa ibyo bashyiramo indabo ubu
Uyu ni umucuzi werekanaga uko bakoresha umuvuba bashyushya icyuma ngo bagicuremo icy'umuhama
Uyu ni umucuzi werekanaga uko bakoresha umuvuba bashyushya icyuma ngo bagicuremo icy’umuhama
Iyo ni intango y'amarwa ishinzemo za 'ruvunabataka' baterekaga abantu ku muganura bagasogongera bagatarama, uducuma twashyirwagamo urwangwa, naho za byeri ni iza vuba
Iyo ni intango y’amarwa ishinzemo za ‘ruvunabataka’ baterekaga abantu ku muganura bagasogongera bagatarama, uducuma twashyirwagamo urwangwa, naho za byeri ni iza vuba
umuhanzi Mihigo na bagenzi be bataramiraga abari aha kuri stade i Remera
umuhanzi Mihigo na bagenzi be bataramiraga abari aha kuri stade i Remera
Inkono za cyera abasaza basomeragamo umukuza bamaze gusoma ku marwa n'indakamirwa mu muganura
Inkono za cyera abasaza basomeragamo umukuza bamaze gusoma ku marwa n’indakamirwa mu muganura
Ubu ikoranabuhanga rirakataje abana barakirigita za mudasobwa zamuritswe uyu munsi
Ubu ikoranabuhanga rirakataje abana barakirigita za mudasobwa zamuritswe uyu munsi
Itorero ryari aho rihogoza mu ndirimbo zo hambere
Itorero ryari aho rihogoza mu ndirimbo zo hambere
Aba bajeune baramurika ibihangano byabo bikorera
Aba bajeune baramurika ibihangano byabo bikorera
Cyera ku muganura barishimaga, bagatarama, abana bagatera agapira, inanga zigacurangwa, imyirongi ikavuzwa, intore zikambara amayugi, icyembe kigacurangwa, inanga n'imiduri abantu bakishimira umwero
Cyera ku muganura barishimaga, bagatarama, abana bagatera agapira, inanga zigacurangwa, imyirongi ikavuzwa, intore zikambara amayugi, icyembe kigacurangwa, inanga n’imiduri abantu bakishimira umwero
Lauren Makuza ushinzwe Umuco muri MINISPOC avuga ko nubwo bidashoboka ko u Rwanda rwasubira mu muganura nk'uwa cyera, ariko abanyarwanda bakwiye kwizihiza uyu munsi bishimira ibyo bamaze kugeraho ubu
Lauren Makuza ushinzwe Umuco muri MINISPOC avuga ko nubwo bidashoboka ko u Rwanda rwasubira mu muganura nk’uwa cyera, ariko abanyarwanda bakwiye kwizihiza uyu munsi bishimira ibyo bamaze kugeraho ubu

 

AMAFOTO/BIRORI  Eric na MUZOGEYE Plaisir/UM– USEKE

BIRORI Eric
UM– USEKE.RW

0 Comment

  • Dore ibi ni byo bikungurira igihugu!! Muzasubire mu mateka murebe ibyo bakoraga ku Muganura!!

    • Dore re aho ubu se waba ungani ki ra?ubwo ibyo uvuze bihurihe n’umuganura ahubwo nibikurimo aho nturi Bangamwabo mbega mwa?

  • Unkumbuje urwanda

  • wawwww!!!!!!! mbega byiza!!!!! genda Rwanda uri nziza!!!!

  • mureke dukore umuco uko wakabaye nkuko umuganura wakorwaga cyera kuko murapirata mugakabya

  • kuko aya mafranga yakoreshejwe bategura uyu munsi mukuru nimenshi cyane  nubundi umuganura wavaga mubyo abantu bejeje bakabisangira naho gufata abamotari ukabaha amafranga ugashaka amatorero ukayaha amafranga ngo aze kubyina ndumva ntacyo byaba bimaze rwose siko umuganura wakwijihijwe

  • Mujye mwibuka ko byose tubikesha Iyaturemye. Muhamagare abanyamadini baze baturagize Imana mubihe bili imbere kandi ariko banashimira ibyo tumaze kugeraho. Muzane n’abaganga n’abanyeshuri mbese buli rwego rwose noneho mwereke Imana muli stade muyishimire.

Comments are closed.

en_USEnglish