Digiqole ad

Amavubi arateganya umukino wa gicuti na Malawi

Umuyobozi mukuru w’ishyirahamawe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Ntagungira Celestin aratangaza ko barimo guteganya umukino wa gicuti hagati y’ikipe y’igihugu amavubi n’ikipe y’igihugu cya Malawi, tariki 14 Kanama.

Ntagungira Celestin bakunze kwita Abega

Ntagungira Celestin bakunze kwita Abega

Mu kiganiro yagiranye na Times Sport, Ntagumgira Celestin yagize ati “Turi kuvugana n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Malawi ngo turebe niba batwemerera umukino wa gicuti n’ikipe yabo, icyo tugamije n’uko amavubi yimenyereza imyitozo kugira ngo turebe niba azitwara neza muri Benin mu kwezi kwa Nzeli”

Amavubi aherutse kubura itike yo gukina imikino ya CHAN ubwo yatsindwaga kuri Penaliti n’impongo za Ethiopia (6-5).;

Uyu mukino wa gicuti u Rwanda niruwubona uzaba ari umukino mpuzamahanga, dore ko uzanaba ku matariki FIFA yateganyirijwe imikino ya gicuti

JD Nsengiyumva Inzaghi
UM– USEKE.RW

 

en_USEnglish