Digiqole ad

Muhima: Umuriro wangije “Quincaillerie” n’ibiyirimo bya miliyoni 400

Kuri uyu 30 Gicurasi ahagana saa saba na 50 z’amanywa ku muhanda w’amabuye ugana kuri Hotel Okapi ku Muhima umuriro bivugwa ko watewe n’abasudiraga wangije inzu y’ubucuruzi bwa ‘quincaillerie Power Link’ n’ibiyorimo byose birashya.

Bagerageza kuzimya umuriro polisi itarahagera
Bagerageza kuzimya umuriro polisi itarahagera

Umunyamakuru w’Umuseke wahageze aravuga ko nta muntu wakomereye cyangwa ngo ahire muri uyu muriro.

Mme Uwera Marie Chantal nyiri iyi ‘Quincaillerie’ yitwa Power Link yatangaje ko ibintu byahiye bifite agaciro ka miliyoni 400 y’amanyarwanda. Gusa yavuze ko yari abifitiye ubwishingizi.

Uwera avuga ko bariho basudira amadirishya bashyiraho ‘grillage’ kuko ngo ibirahure by’amadirishya byari bimeze iminsi bimeneka.

Munyaneza Ferdinand wasudiraga avuga ko ibishishirira byafatishije amarido (rideaux) aya nayo agafatisha umuriro bimwe mu bicuruzwa umuriro ukaba mwinshi.

Uyu muriro bagerageje kuwizimiriza urananirana batabaza Polisi yazanye imodoka ya mbe umuriro ugakomeza kunanirana kugeza ubwo hageze ibimodoka bine bizimya umuriro bya polisi.

Ibikoresho byo kuzimya umuriro abantu baba bafite aho bakorera byatangiye gukoreshwa umuriro umaze kubirusha imbaraga nk’uko byemezwa n’umwe mu bari bahari bigitangira.

Inzu iri gushya
Inzu iri gushya
Umupolisi azimya umuriro
Umupolisi azimya umuriro
Begereye mu nzu barazimya ngo udakomeza gukwira n'ahandi
Begereye mu nzu barazimya ngo udakomeza gukwira n’ahandi
Zimwe mu modoka zizimya umuriro zatabaye
Zimwe mu modoka zizimya umuriro zatabaye
Izindi nyubako zegereye iyi zari zatangiye gusohora ibintu ngo nazo zidafatwa bagahomba
Izindi nyubako zegereye iyi zari zatangiye gusohora ibintu ngo nazo zidafatwa bagahomba
Chantal wagize ibyago Quincaillerie ye igashya
Chantal wagize ibyago Quincaillerie ye igashya
Abakora ubudozi n'ubundi buconsho hafi aho bahise basohora udukoresho twabo
Abakora ubudozi n’ubundi buconsho hafi aho bahise basohora udukoresho twabo
Munayneza asobanura uko byagenze
Munayneza asobanura uko byagenze

Photos/RM Rutindukanamurego/UM– USEKE

Roger Mark Rutindukanamurego
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • ibi ntibyumvikana! uwo muriro watewe n’ABASUDIRA! ubwo se ko bajya baza bagasudira n’inzu yo kubamo, ubwo tuzajya tubyifamo gute. inzobere niziduhe inama nziza

  • Olalaaaaa mada ihangane ukurikirane mu bwishingizi ubwo nta kundi

  • Inyatsi iragatsindwa! Ikugendaho mpaka.

  • Ariko yeee 400 million,iriya quincaillerie nta 50 millions zirimo.izifite 400 million mu rwanda ntizarenga ebyiri.iriya ndayizi ntakiberamo

Comments are closed.

en_USEnglish