Digiqole ad

Umunsi wa 19 wa shampionat wahiriye Police, APR, Kiyovu na Rayon

Nyuma yo kwitwara neza kuri uyu munsi wa 19 wa shampionat Police itsinda La Jeunesse 3-0, umutoza wayo Goran yatangaje ko batiteguye gutakaza umukino n’umwe mu mikino 6 basigaranye ngo batware igikombe.

Abakinnyi ba As Kigali basuhuzanya aba Kiyovu kuri uyu wa gatatu
Abakinnyi ba As Kigali basuhuzanya aba Kiyovu kuri uyu wa gatatu

Mu mukino waberaga ku Kicukiro, Police FC yabonye amanota 3, ku bitego 3 byatsinzwe mu gice cya kabiri na Kaze Gilbert, Rivaldo na Kagere Meddy ikipe ya La Jeunesse idakozemo.

Kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, ikipe ya Kiyovu Sport nayo yabonye amanota atatu imbere ya AS Kigali yiyushye akuya, ubwo ku munota wa 87 Murengezi Rodriguez yaboneraga igitego ikipe ye. Kayiranga Baptista umutoza wa Kiyovu akaba yasabye abafana ba Kiyovu kongera kuyigaruka inyuma nyuma y’ibihe bitari byiza yarimo.

Ikipe ya APR yo, i Rubavu imbere ya Etincelles yahatsindiye ibitego 3 byose byatsinzwe na Karekezi Olivier, wahise ugira ibitego 11 muri shampionat anganya na Kagere Meddy nawe watsinze igitego kuri uyu munsi.

Mukura VS yo, ntiyabashije kubona amanota atatu kuri Stade Kamena i Huye imbere ya Marines FC, nubwo yari yatsinze 2 mbere byatsinzwe na Sebanani Emmanuel (crespo) na Corneille Murwanashyaka, byaje kwishyurwa byombi na Marines maze amanota barayagabana.

Rayon Sport yabashije kwivana imbere y’Amagaju kuri stade ya Nyagisenyi  i Nyamagabe bigoranye, ku gitego kimwe ku busa cyinjijwe na Fuad Ndayisenga kuri penaliti.

 Kayiranga Baptiste utoza Kiyovu yemeje ko ikennye rutahizamu utsinda hakiri kare
Kayiranga Baptiste utoza Kiyovu yemeje ko ikennye rutahizamu utsinda hakiri kare

Uko imikino yagenze kuri uyu munsi wa 19:

Kiyovu Sports 1-0 AS Kigali

Etincelles FC 1-3 APR FC

Police FC 3-0 La Jeunesse

Amagaju FC 0-1 Rayon Sports

Isonga FC 3-1 Nyanza FC

Mukura VC 2-2 Marines FC

Kiyovu nyuma y'umukino ishima Imana amanota atatu yabonye yiyushye akuya
Kiyovu nyuma y'umukino ishima Imana amanota atatu yabonye yiyushye akuya

Ange Eric Hatangimana
UM– USEKE.COM

0 Comment

  • Isonga FC mukomereze aho

  • iyi niyo kipe yazagira ejo hazaza heza.
    Kuko igizwe n’abanyarwanda bazi ko bakorera urwababyaye non abaca inshuro.

  • reyon sports na kiyovu sports byagenze bite.

Comments are closed.

en_USEnglish