Umujyi wa Gisenyi uri mu murenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu, uri cyane cyane mu tugari twa Nengo, Amahoro, Bugoyi, Kivumu, Mbugangari, Umuganda n’agace k’Akagari ka Rubavu. Ni umujyi umaze igihe kinini nka Butare na Kigali, by’umwihariko ni umujyi w’ubucuruzi icyarimwe n’ubukerarugendo. Evode Mugunga umunyamakuru ufata amafoto k’Umuseke yarawusuye ngo akwereke ubuzima bwaho nibura mu munsi umwe.
Uyu mujyi uri ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, ufatanye n’umujyi wa Goma muri Congo usibye umupaka muto gusa unyuramo, wubatse ku buso busaga 12Km² n’abawutuye babarirwa mu bihumbi ijana.
Ni umujyi urimo amahoteli menshi ariko ukaba n’umujyi w’ubucuruzi bushyushye buciriritse, ubucuruzi bwaho bugatezwa imbere cyane n’uko ibicuruzwa byo hakuno ku Gisenyi usanga bikenewe cyane hakurya i Goma muri Congo aho babikunda ngo biba biri ‘qualite’, iby’i Goma nabyo bikenewe ku Gisenyi kuko usanga bidahenda cyane.
Mu gitondo kare usanga umupaka wa Petite bariere (niwo munini ubundi) wambukiraho abantu benshi cyane, bivugwa ko uyu mupaka ariwo unyuraho abantu benshi ku munsi kurusha indi yose mu Rwanda. Abarenga 10 000 bawambuka buri munsi.
Abatuye umujyi wa Gisenyi batunzwe ahanini n’imirimo inyuranye y’ubucuruzi, ubukerarugendo n’ubuhinzi mu mirenge iri mu nkengero z’umujyi nka Nyamyumba, Rugerero na Rubavu.
Dutangire twinjira mu mujyi:
Utangiye kwinjira mu mujyi wa Gisenyi ubona ko ari umujyi usanzweHari isuku igaragara ku mihanda mu mujyiNtutinda kubona ko ari umujyi ushyushye cyaneWigiye hejuru gato ngo urebe umujyi nezaWerekeje amaso ku rundi ruhande rugana mu mujyi rwagatiMu mujyi ahubatse isoko rya kijyambere rimaze imyaka ine ritarangizwa kubera imanza zajemoKu muhanda wa cyera wo mu mujyi hagati hafi y’umusigitiHarasa neza mu mujyikandi hari umwuka mwiza kubera ibidukikijeNi umujyi w’ubucuruzi, aba bajyanye ibitoki byabo ku isokoAba nabo bagiye kugurisha TV yaboMu mujyi rwagati haba hari urujya n’uruza buri munsiMuri gare nshya ya GisenyiNaho haba hari urujya n’uruza cyaneUyu muhanda uri mu igira abantu benshi amasaha yose mu mujyiAba ni abo ku ruhande rw’u Rwanda bashaka kwambuka bajya i Goma bajyanye ibicuruzwa runaka no kuzana ibyahoKu muhanda wo kuri Petite Bariere aha ni mu gitondo kare abantu baba ari benshiUyu hari ibyo avanyeyoWitaruye ureba hakurya muri CongoNi umupaka uba uhuze bikomeye cyane mu gitondoNiwo mupaka unyuraho abantu benshi cyane kurusha indi y’u Rwanda n’ibihugu birukikijeUyu hari ibicuruzwa nawe avanye i Gomaisenyi kandi ni umujyi uri munsi y’ikirunga cya Nyiragongo nubwo kiba kiboneka hafi ariko cyegereye Goma kurusha GisenyiAha ni ku gasoko k’ibiribwa karemwa cyane n’abagore bavuye muri Congo n’abo mu Rwanda baza kurangura imboga n’inyanya bajya kugurisha i GomaIyi Fuso nini iba yazanye inyanya ntihamara umwanya bazigura cyaneUsanga abagore buriye imodoka barangura aha abagura bakoresha cyane igiswahili n’ikinyarwandaAvanyemo ibye agiye gushora hakurya i GomaUyu mugabo nawe ashoye inkoko ze ku isokoMu mujyi w’ubucuruzi nk’uyu mu nzira abantu bashobora kwiyumvikanira bagakora ibyasharaNabo bamanukanye ibyo bejeje ku isoko ry’imyakaUsanga ari abavuye mu mirenge iri hafi y’umujyiAba nabo hafi y’isoko bahacururije urusendaHari abatubahiriza amabwiriza bagacururiza ku mihandaAcuruje isambaza ku mifungoGisenyi ni umujyi w’ubucuruzi bunini n’ubuto bushobokaNi umujyi w’ubucuruzi cyane ku buryo usanga aho ishyaka rikorera ari hagati mu bucuruziUmujyi uba uhuze cyane buri wese aba ahugiye mu byeUmudozi mu kazi keAnacungiye abaturanyi be avocat bacuruje imbere yeIbice byose by’umujyi bibonekamo isukuUtumamiro, imyuko, porte mentau, ibikoropesho,umweyo byose abicururiza rimweUsibye isuku hari n’inyubako zigezweho zigenda zihazamukaIsuku yaho hari abo bayikeshaIri mu ntego z’ubuyoboziUmuhanda ugana kuri Petite Bariere amasaha y’igitondo uba uhuze cyaneNta mujyi utagira aho bita ku ‘Ndege’ aha ni hafi y’ahitwa mu Makoro aho abafundi n’abayede bahurira na ba KapitaNi nko kuvuga ngo ntiturabona akazi ngwino tuvugane turiteguyeMu mujyi w’ubucuruzi n’urubaho rumwe urarubonaAbana batangiye ibiruhuko hano mu Majengu baba batangiye kuwutera ku gasusuruko, Gisenyi hakomoka impano nyinshi zizwi mu mupira w’amaguru mu RwandaHano ku rugi rw’icyatsi kibisi ni iwabo mu rugo kwa Haruna Niyonzima Kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi ubu ukina muri TanzaniaStade Umuganda yaravuguruwe igirwa nziza cyaneNi Stade yujuje ibisabwa byoseIherutse gukinirwaho imikino mpuzamahanga ya CHANIfite ikibuga cyo mu bwoko bwa SynthetiqueNdetse n’ikibuga cyo kwitorezaho cya SythentiqueStade Umuganda hamwe n’Umujyi wa GisenyiHirya gato ya Stade ni mu kibuga cy’indege, urahabona umuhanda w’indegeStade hamwe n’ikibuga cy’indegeHari bacye bagicuruza inkwiUgarutse mu mujyi ukomeza kuhabona ibikorwa by’ubucuruzi cyaneHamwe kandi n’imirimo inyuranye ibyara amafarangaHafi y’isoko ry’ibiribwa hari abakanika amagareAbandi za MotoUrundi rubyiruko rukanika imodokaAmanywa yakambye karani ngufu aguye agacuho hano ari guta akuka ngo akomeze akazi mukanyaAkeneye ko hari abamugirira impuhwe kuko ngo atabonaUyu mugabo we arica isari ahekenya igisheke ari gusohoka mu mujyi avuye gucuruza ku isokoAha ni ku isoko rikuru rya GisenyiKu Gisenyi kudoda inkweto si iby’abagabo gusaHanze gato y’Umujyi uyu mugore araturatira ifu ye ko ari nziza cyaneHari quartier nziza ziri kubakwa aha ni hafi y’umupaka mu mudugudu wa GasutamoHakurya ni i Goma muri Congo hacamo gusa uwo mwanya urimo ubwatsi ufatwa nk’umupaka w’ibihugu byombiUmujyi wa Gisenyi ni umujyi ugenda waguka kandi urushaho gutera imbereAha ni aho bita Mumakoro ni quartier y’ubucuruzi buciriritseAha ni aho bitaga mu Kitagabwa mu kagari k’Amahoro ni quartier ya cyeraMu kuvugurura imiturire mu mujyi abantu benshi bari batuye kuri uyu musozi barimuweAbaribatuye hejuru y’aba bose barimuweUbu hari kuzamuka inyubako z’abaturage zigezwehoGisenyi ni umujyi uba ubereye ijisho unawurebeye inyuma yawoHari insengero ubona zubatse mu buryo bugezwehoAha ni kuri ADEPR ya RubavuMuri za Quartier zishaje ubona naho hari isukuAbana bari mu biruhuko muri ibi bihe, uyu musore arita kuri murumuna weGisenyi kenshi usanga hatambuka indege, nyinshi zigwa i Goma na nke ku kibuga cy’indege cya Gisenyii Goma cyane cyane indege za UN ziba zihakuranwa kuko bahafite akaziUbwiza n’ibidukikije bitanga uruhurirane rwiza rutuma benshi bakunda uyu mujyiUmujyi wose ubamo ibyaha byinshi uba ukeneye n’ubutabera reroIruhande rwa Kivu umuhana waho ntugira uko usaKu Kivu bikaba akarushoN’iyo bugorobye ntihabura abantu baba baje kwimeza nezaHari igihe iki kiyaga kiba ‘cyarakaye’ gisumana imiraba itajya ikabya cyaneKuryoherwa n’ibidukikije si iby’abakuru gusa, abana nabo ntibatangwaAha ni ahantu utera ijisho ukabona ifoto nziza ukagubwa nezaIndege zikora hagati ya Goma na Bukavu ziba zitambuka bya hato na hato hafi ahoInzira yinjira muri Kivu Serena Hotel ntigira uko isa, imbere naho birumvikanaKu kagoroba ukeneye kuruhuka no gusubiza ibitekerezo ku murongo wicara nk’ahaUkareba ishusho nk’iyi bikikoraUmunsi wo gufotora urinda wira ijisho rya Camera rigishaka gufata ibindi byiza
uziko ndebye amafoto nkagirango ndiyo nari natwawe pe ararangiye numva ndababaye pe gusa icyo nkuyemo mbonye arahantu heza ho gukorera ishoramari pe thx umuseke
Evode Mugunga umunyamakuru ufata amafoto k’Umuseke, uri uwa mbere ntawuteze kuguhiga pe! mbega umuseke ngo uradutungura? GISENYI byo irahebuje wahabaye ntiwakwifuza kuhava. Gusa wibagiwe BRASSERIE, ku mashyuza no kumazi yaho kimwe na SERENA HOTEL ! ku bindi bazaguhe igikombe na we umwaka utaha pe !
Ndumiwe narinziko mu Rwanda hari imijyi myinshi none ndabona reka reka ni Kigali gusa peeh. NUmvaga bavuga ngo Musanze na Rubavu byaciye kumugi wa Butare none nigiriye Musanze ndayitembera ama Quartier yose nsanga reka reka bataranyura kuri Butare(Huye). Uyu munyamakuru nawe udutembereje umujyi wa Rubavu(Gisenyi), ndabona ntaho uri kabisa uretse umutungo naturelle w’amazi ya Kivu n’imiterere ya Climat ariko ibikorwa remezo nka imihanda n’inyubako wapi kabisa ahubwo ndumiweeee peehhhhh.
Patrick, ndakumenyesha ko Butare nahize Kaminuza guhera 1995. Gisenyi nyizi mbere ya Genocide kubera ko iwacu hari Goma (DRC). Mpertuse Butare vuba aha ngaha ndetse na Gisenyi. Hari Umuntu wavuze ko Habyara agarutse, Butare ari wo mujyi wo nyine yamenya. Muri Butare, natunguwe no gusanga ahitwaga mu Cyarabu noneho amaduka yose yarafunzwe kubera kwanga gusana. None uratinyutse ngo Gisenyi ntiyasize Butare. Uyu munyamakuru yerekanye imihanda isanzwe yinjira hagati mu ma quartiers ya cyera.naho indi ubundi imihanda myinshi ya Gisenyi yarakozwe Man. niyo mpamvu namusabye kuzerekana ahitwa RCD mu makoro ngo wirebere. Ndibaza ko uwakwere Umujyi wa Ngoma, uzasanga igishya ari ya mazu umwarabu arimo abasanira… Usibye gare, stade Huye na wa Muhanda wo munsi y’ikibuga cy’indege, ibindi nibya mbere y;indege. Batiment central muri UNR yo irangi ryayiboreyeho. Ahubwo abanya Butare, ni mwongere mwikubite agashyi.
thanks very much journalist. ni byiza cyane gusa wibagiwe brasserie hari amagotel afite ubwiza utapfa kubona muri Kigali, kandi uzerekane nubwiza bwumupaka wa petite barierre, na grande barierre irimo kubakwa muburyo buhebuje,nibindi.naho ubundi iyi nkuru ntako isa
21 Comments
murabantu babagobo mukomereze aho kutubwira ibyiza bitatse urwanda muzakomereze nahandi
Umuseke noneho ndaba iki koko!?
Sha nukuri muturyohereza ubuzima mukaturyohereza n’igihugu.
Iyi nkuru mu mafoto iteye ubwuzu kabisa, Tera imbere Rwanda
Mbega byiza weee. Umuseke muri abantu b’abagabo rwose. iyi nkuru ni nziza cyane kbs. Mpise nifuza kuzahasura.
Panga vuba rero uzajye kuharira ubuzima n’umukunzi wawe muri izi mpera z’umwaka!
uziko ndebye amafoto nkagirango ndiyo nari natwawe pe ararangiye numva ndababaye pe gusa icyo nkuyemo mbonye arahantu heza ho gukorera ishoramari pe thx umuseke
HHHHH. NICEEEEEEEEEEE
Murakoze cyane ubutaha muzatwereke umujyi wa Musanze basigaye bavuga ko ari uwa kabiri.
UMUJYI MWIZA KABISA BRAVO KUMUNYAMAKURU BRAVO KUM– USEEKE
Great job
Evode Mugunga umunyamakuru ufata amafoto k’Umuseke, uri uwa mbere ntawuteze kuguhiga pe! mbega umuseke ngo uradutungura? GISENYI byo irahebuje wahabaye ntiwakwifuza kuhava. Gusa wibagiwe BRASSERIE, ku mashyuza no kumazi yaho kimwe na SERENA HOTEL ! ku bindi bazaguhe igikombe na we umwaka utaha pe !
Ntawe uzabahiga muri.uyu mwuga kabisa! muri abantu b abagabo cyane!
Frere Evode uranyemeje gusa wibagiwe kuri stade Gacucu mbugangali no kuri Gacuba usanga abana benshi bahitoreza umupira wamaguru muri iyi minsi yikiruhuko.
Evode nkukuriye ingoferom kabisa
gisenyi narahabaye ariko wari nomundege buriya stade umuganda wayifotoyr uri kuri mt.rubavu cg muri holecopiter
Wa munyamakuru urandwajije. Hashize 2 weeks jye n’umuryango wanjye twarasohokeye ku Gisenyi. Twaraye ku babikira Cyigufi. Unsubije muri mood kabisa y’ibihe byiza twahagiriye. sha amafoto wafashe nta makabya nkuru arimo. Gusa harabura amafoto y’agace bita ngo ni muri RCD Kari gufasha abantu kureba inyubako zazamutse ahazwe cyera nko ku makoo. Gusa abashinzwe iterambere nibihutira gukora umuhanda uva Bralirwa ugana Kigufi kuko nari mparaye, n’umugore n’abana kubera ubunyerere. ibindi byo Gisenyi isigaye iteye amabengeza. Na babandi bayitiriraga ngo niho bahomoka byabashimisha ko abasigaye ku rugo bahasigaye gitwari
birashimishije kuhareba murakoze
Ese ko mu Rwanda haba amarushanwa ya Miss umunyamakuru nkuyu we tuzamukomera amashyi ryari?
Ndumiwe narinziko mu Rwanda hari imijyi myinshi none ndabona reka reka ni Kigali gusa peeh. NUmvaga bavuga ngo Musanze na Rubavu byaciye kumugi wa Butare none nigiriye Musanze ndayitembera ama Quartier yose nsanga reka reka bataranyura kuri Butare(Huye). Uyu munyamakuru nawe udutembereje umujyi wa Rubavu(Gisenyi), ndabona ntaho uri kabisa uretse umutungo naturelle w’amazi ya Kivu n’imiterere ya Climat ariko ibikorwa remezo nka imihanda n’inyubako wapi kabisa ahubwo ndumiweeee peehhhhh.
Patrick, ndakumenyesha ko Butare nahize Kaminuza guhera 1995. Gisenyi nyizi mbere ya Genocide kubera ko iwacu hari Goma (DRC). Mpertuse Butare vuba aha ngaha ndetse na Gisenyi. Hari Umuntu wavuze ko Habyara agarutse, Butare ari wo mujyi wo nyine yamenya. Muri Butare, natunguwe no gusanga ahitwaga mu Cyarabu noneho amaduka yose yarafunzwe kubera kwanga gusana. None uratinyutse ngo Gisenyi ntiyasize Butare. Uyu munyamakuru yerekanye imihanda isanzwe yinjira hagati mu ma quartiers ya cyera.naho indi ubundi imihanda myinshi ya Gisenyi yarakozwe Man. niyo mpamvu namusabye kuzerekana ahitwa RCD mu makoro ngo wirebere. Ndibaza ko uwakwere Umujyi wa Ngoma, uzasanga igishya ari ya mazu umwarabu arimo abasanira… Usibye gare, stade Huye na wa Muhanda wo munsi y’ikibuga cy’indege, ibindi nibya mbere y;indege. Batiment central muri UNR yo irangi ryayiboreyeho. Ahubwo abanya Butare, ni mwongere mwikubite agashyi.
thanks very much journalist.
ni byiza cyane gusa wibagiwe brasserie hari amagotel afite ubwiza utapfa kubona muri Kigali, kandi uzerekane nubwiza bwumupaka wa petite barierre, na grande barierre irimo kubakwa muburyo buhebuje,nibindi.naho ubundi iyi nkuru ntako isa
Gisenyi uri mwiza. Uwafotoye nawe warakoze ariko kugirango Gisenyi ibone abakerarugendo neza nuko wari gushyimamo amahoteri.
umuseke muri abambere kabisa