Digiqole ad

Umuhango wo kubyukurutsa INYAMBO mu Rukari. AMAFOTO

Nyanza – Mu kwizihiza umunsi w’Umuganura kuri uyu wa 31 Nyakanga, umuhango wo kubyukurutsa inka z’inyambo wabereye i Nyanza mu Rukari ku rugo rw’Umwami Mutara III Rudahigwa. Aha inka z’umwihariko mu mateka, zamuritswe, ziruhirwa, zirakamwa, abana banywa amata, abatahira bazivuga amazina biratinda. Mu muhango nyarwanda unogeye ijisho n’ugutwi.

Abatahira, umwe arimiira inyana undi aravuruganya akama ngo areke inyana nayo yonke
Abatahira, umwe arimira inyana undi aravuruganya akama ngo areke inyana nayo yonke

Inyambo zari inka zatoranyijwe, ku munsi w’Umuganura zikaza kumurikirwa Umwami ziri kumwe n’abatahira bazivuga amazina rubanda rukizihirwana n’Umwami ku munsi ukomeye nk’uyu wa none.

Gusa aya mateka Abakoloni ntibaretse akomeza kuba gakondo, barayarwanyije kugeza umunsi w’Umuganura uciwe mu 1925.

Inyambo ntizari inka zororerwa gutanga amata n’inyama, zari umwihariko mu nka zatozwaga umuco, zikumvira, zikiyereka, zigatakwa amasaro maze zikavumera kuri gahunda umunezero ugasaba abazireba umunsi ugahinduka ibirori.

Izi nka bigaragara ko zatojwe, zumvira cyane abo zizi, barazihamagara zikaza, zihagarara aho zeretswe zikagenda zibwiwe ndetse zikamenya umuntu mushya uziri iruhande. Iyo ushatse gufata inyana yayo nyina igaragaza amahane ku buryo ishobora no guhutaza umuntu ushaka gufata inyana yayo.

Medard Bashana uyobora inzu ndangamurage yo mu Rukari yabwiye Umuseke ko iki gicumbi cya Rudahigwa ari inzu yatangiye kubaka mu 1932, aha ni naho hari indi nzu nyarwanda igaragaza uko se wa Rudahigwa, Umwami Musinga yari abayeho.

Iyo ni inzu nini yitwa ikambere igaragiwe n’izindi nzu gakondo nto ziri mu gikari, aha niho inyambo ziba ziri.

Izabiliza Jeanne Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo wari umushyitsi mukuru  yatangaje ko   gusigasira umuco  nyarwanda  bigomba guherekezwa  no gusura  ingoro  ndangamurage ziri hirya no hino mu gihugu.

Umunsi wo kumurika inyambo wabimburiwe  no  gusobanurira  abitabiriye  uyu munsi  amwe mu mateka  yaranze  u Rwanda  mu gihe cy’umwami Mutara III Rudahigwa, berekwa  igicumbi cy’umuco n’inka z’inyambo zabaga  i bwami ndetse n’imihango  yose  yagombaga gukorerwa  mu Rukari.

Muri ibi biganiro yagize ati:’’  Kuvuga ko ukunda igihugu,  ariko  ntugire umwanya wo gusura  ahantu nk’aha  ntabwo waba ukunda u Rwanda.’’

Bihira  Francois, utuye mu murenge wa Rwabicuma akaba numwe wabanye n’Umwami  Mutara wa III Rudahigwa, yavuze ko  mu muco nyarwanda  Umuganura  uza ku isonga, aho  abaturanye bicaraga bagasangira,  abana bagatura  inzoga y’umuganura  ababyeyi babo nabo bakabaha umugisha, yongeyeho ko ubu  usanga  abanyarwanda  babaye ba nyamwigendaho  ari nabyo    bituma umuco nyarwanda ucika.

Muri uyu muhango ubanziriza  umunsi ngaruka mwaka w’Umuganura, hamuritswe inyambo 10  zirenga.

Muri 2008 niho  uru rugo rwafunguwe nk’ingoro y’umurage, mu 2010 haje ishyo ry’inyambo hatangira kuba ahantu hakurura ba mukerarugendo b’abanyarwanda n’abanyamahanga. Ubu abahasura babarirwa hagati ya 3 000 – 4 000 ku kwezi, baje kureba inyambo n’aya mateka y’urugorw’Umwami.

Kuva icyo gihe abasura mu rukari bariyongereye amafaranga yinjiye yavuye kuri miliyoni 15 muri 2010 ubu ageze kuri miliyoni 45 ava mu basura inzu ndangamurage.

Umulisa Alphonse umuyobozi w’Ingoro ndangamurage z’u Rwanda, yibukije ko Umuganura wongeye gusubira gutangira kwizihizwa mu 2011, aha hari mu rwego rwo kongera gusubiza agaciro umuco nyarwanda abakoloni baciye mu myaka 86 yari ishize.

Kubyukurutsa Inyambo ngo wari umuhango ukomeye cyane mu birori by’umuganura, ni nawo wabimburiraga indi yose i Bwami. Umwami niwe ubwe wahaga abana amata yifuriza abanyarwanda gutunga no gutunganirwa.

Nyuma yo guha abana amata y’Inyambo nibwo abantu bamurikaga umusaruro uturuka ku buhinzi bagezeho.

Umuganura wari umunsi ugamije kwigisha abanyarwanda indangagaciro zo gukunda igihugu, gusangira, gukunda umurimo, gushimira Imana n’ubumwe bw’abanyarwanda.

Abashyitsi bahabwa ikaze mu Rukari
Abashyitsi bahabwa ikaze mu Rukari
Iyi ni inzu bita Ikambere igaragaza amateka y'inyubako z'abanyarwanda
Iyi ni inzu bita Ikambere igaragaza amateka y’inyubako z’abanyarwanda
Inyuma y'iyi nzu
Inyuma y’iyi nzu
Aha ni inyuma aho ziba zari ziri ziteguya kuza kumurikwa
Aha ni inyuma aho ziba zari ziri ziteguya kuza kumurikwa
Inyambo ni inka z'amahembe ateze neza
Inyambo ni inka z’amahembe ateze neza
Imbyino zo gutega nk'inyambo niho zibikomora
Imbyino zo gutega nk’inyambo niho zibikomora
Umutahira Kanamugire yishimira cyane kuba mu nyambo no kuzivuga amazina
Umutahira Kanamugire yishimira cyane kuba mu nyambo no kuzivuga amazina
Zihagaze neza ziteguye kumurikirwa abashyitsi
Zihagaze neza ziteguye kumurikirwa abashyitsi
Umulisa Alphonse arasobanura amwe mu mateka y'inyambo n'uyu munsi
Umulisa Alphonse arasobanura amwe mu mateka y’inyambo n’uyu munsi
Umutahira Rugemintwaza mu byishimo byinshi yatangiye kuzivuga
Umutahira Rugemintwaza mu byishimo byinshi yatangiye kuzivuga
Nabandi bagahita bamwikiriza baziririmba
Nabandi bagahita bamwikiriza baziririmba
Ziratambutse kumurikwa, ziragenda neza kuri gahunda bigaragara ko zabitojwe, aha ziba zimaze guhamagarwa ukabona ko zumva
Ziratambutse kumurikwa, ziragenda neza kuri gahunda bigaragara ko zabitojwe, aha ziba zimaze guhamagarwa ukabona ko zumva
Abatahira imbere yazo baje kuzimurika
Abatahira imbere yazo baje kuzimurika
Zihitiye ku ibumbiro kubanza gushoka
Zihitiye ku ibumbiro kubanza gushoka
Zamuritswe zitatse amasaro nk'uko na mbere ya 1925 byabaga byifashe
Zamuritswe zitatse amasaro nk’uko na mbere ya 1925 byabaga byifashe
Kuri gahunda imwe irakuka indi ikajya ku kibumbiro nta mubyigano nta muvundo
Kuri gahunda imwe irakuka indi ikajya ku kibumbiro nta mubyigano nta muvundo
Ni inka zose z'ibihogo byiza binogeye ijisho
Ni inka zose z’ibihogo byiza binogeye ijisho
Barakama iyi nyambo ituje
Barakama iyi nyambo ituje
Iyo witegereje ubona iyi nka ijisho ryayo ritava ku yayo ndetse iba isa n'ifite amahano yo kubona iyayo ifashwe
Iyo witegereje ubona iyi nka ijisho ryayo ritava ku yayo ndetse iba isa n’ifite amahane yo kubona iyayo ifashwe
Barangiza bakarekuriraho iyayo nayo ikonka
Barahumuje bakarekuriraho iyayo nayo ikonka
Abatahira batangiye kuzivuga amazina no kuririmba amahamba
Abatahira batangiye kuzivuga amazina no kuririmba amahamba
Abashumba iyo bamaraga kuhira hari udukino bakinaga bita kunyabanwa bakozanyaho inkoni, si umuco w'abashumba bose mu Rwanda ariko
Abashumba iyo bamaraga kuhira hari udukino bakinaga bita kunyabanwa bakozanyaho inkoni, si umuco w’abashumba bose mu Rwanda ariko
Uyu mwana w'umutahira yagaragaje ubuhanga mu kuvuga amazina y'inka
Uyu mwana w’umutahira yagaragaje ubuhanga mu kuvuga amazina y’inka
Abana inyuma biteguye guhabwa amata
Abana inyuma biteguye guhabwa amata
Uyu mubyeyi arasobanura iby'uyu muhango wo guha abana amata wakorwaga n'umwami mbere y'ibindi
Uyu mubyeyi arasobanura iby’uyu muhango wo guha abana amata wakorwaga n’umwami mbere y’ibindi
Aracunda amata agakuraho inzindaro areba uko ameze
Aracunda amata agakuraho inzindaro areba uko ameze
Arangije arasuka
Arangije arabuganiza
Ahereza abana
Ahereza abana
Baragotomera
Baragotomera

 

Abanyamahanga bamwe bitabiriye uyu muhango
Abanyamahanga bamwe bitabiriye uyu muhango
Umuhanzi Ruremire Focus ntiyahatanzwe
Umuhanzi Ruremire Focus ntiyahatanzwe
Abatuye aho hafi za Gacu na Rwabicuma na Nyanza mu mujyi ntibahatanzwe
Abatuye aho hafi za Gacu na Rwabicuma na Nyanza mu mujyi ntibahatanzwe
Brig Gen George Rwigamba uhagarariye Ingabo mu Majyepfo yair ahari
Brig Gen George Rwigamba uhagarariye Ingabo mu Majyepfo yair ahari
Abari aha amatsiko ni yose kuri buri kimwe kiri kuhabera
Abari aha amatsiko ni yose kuri buri kimwe kiri kuhabera
Inyambo ziruhirwa kuri gahunda
Inyambo ziruhirwa kuri gahunda
Inyambo ikinze ngo inyana itonka cyangwa izuba rikayica amabera
Inyambo ikinze ngo inyana itonka cyangwa izuba rikayica amabera
Ababyinnyi biteguye gutarama bigatinda
Ababyinnyi biteguye gutarama bigatinda
Bashiki babo biteguye gushayaya
Bashiki babo biteguye gushayaya
Ababyeyi baririmba
Ababyeyi baririmba
Uyu mwana w'umusore aravuga inyambo amazina ku buryo butangaje
Uyu mwana w’umusore aravuga inyambo amazina ku buryo butangaje
Uyu mutahira ukiri muto ati "Ntimundebe ubuto umwambi wanjye uzikingira wavuza ubuhuha"
Uyu mutahira ukiri muto ati “Ntimundebe ubuto umwambi wanjye uzikingira wavuza ubuhuha”
Arakirwa n'umusaza uzobereye mu kuzivuga amazina n'amahamba azicyura
Arakirwa n’umusaza uzobereye mu kuzivuga amazina n’amahamba azicyura
We na Rugemintwaza barakuranwa mu buryo bunogeye amatwi umuco wacu wo kuvugira inka
We na Rugemintwaza barakuranwa mu buryo bunogeye amatwi umuco wacu wo kuvugira inka
Abakobwa bateze neza
Abakobwa bateze neza
Buriwe wese arihera ijisho yitonze
Buriwe wese arihera ijisho yitonze
Uyu mugabo nawe arihera ijisho yakinzeho amataratara y'abubu
Uyu mugabo nawe arihera ijisho yakinzeho amataratara y’abubu
Baratambukana ibyansi ngo babyine
Baratambukana ibyansi ngo babyine
Uru ni Urugangazi rwo mu Rukari rwabyinaga indirimbo za kera z'umuco
Uru ni Urugangazi rwo mu Rukari rwabyinaga indirimbo za kera z’umuco
Basaza babo barataraka gitore
Basaza babo barataraaka gitore
Abasore bavuna sambwe
Abasore bavuna sambwe
Ahagana mu kabwibwi basangiye umuganura, bose bahabwa ibigori barasangira
Ahagana mu kabwibwi basangiye umuganura, bose bahabwa ibigori barasangira
Iyi ni imitsama ya kera abakuru basangiraga ku muganura
Iyi ni imitsama ya kera abakuru basangiraga ku muganura

Photo/Eric BIRORI/UM– USEKE

Elisée MUHIZI & BIRORI Eric
UM– USEKE.RW 

0 Comment

  • uyu muco ntugacike ariko reka ngukosore wowe wanditse iyi nkuru ntabwo bavuga gusuka amata bavuga kubuganiza ntabwo bavuga kurangiza gukama bavuga  guhumuza , umuseke ndabakunda mugira amafoto meza agaragara.

  • umuco nyarwanda ufite ubukire kandi bwitaweho wagirira abanyarwanda akamaro.

  • harakaba Umwami!!!! azaza asange igikari kikiri ici bwami disi!!

  • ibyiza bibereye  u RWANDA

  • Congz bro, wafashe amafotos meza kbsa. Big up

  • Murakoze cyane UM– USEKE ndabakunda pe! Ndarebana ubwuzu ayamafoto … ariko je n’arrête pas de saliver Kubera ariya mata ndeba abana banywa, ibigori ndumva bimpumurira à plus de 8. 000 Km! Mbega akaga! Umuco wacu urakungahaye kuburyo uruta henshi ku isi! Vive le Rwanda!

  • URABONA KO BIRIMO UBUCURUZI CYANE KURUSHA KUBIKUNDA UBWABYO. IZI NKA Z’AMAHEMBE RIMWE BAVUGA KO ARI NYAKATSI ZIGOMBA GUCIKA NDETSE AHUBWO ZARACITSE MUKANDI KANYA ZIKAZA KUMURIKA UMUCO NYARWANDA, NYAKATSI YARACIWE NONE NDABONA MWAYIMURITSE MUBYAGACIRO TWIBITSEHO NTAWAMENYA N’URUVANGE.

  • Harakabaho u Rwanda, Abanyarwanda n’Umuco nyarwanda.

  • MBEGA IBINTU BYIZA WEEEEEE!!!!!BINKUMBUJE I NYANZA KUGICUMBI CY’UMUCO ABO NIBO BAZAVUGA UMUGANURA WUYU MWAKA COGRATURATION

  • Ibi bintu ni byiza rwose. Urubyiruko rutozwe umuco wacu kgo ukomeze usagambe.

  • @Mahoro : Hakorwa iki ngo aze mu Rukari ”Umwami” ?

  • Fiona, nta nka ishobora kuba nyakatsi. Ushobora kubivuga ku nzu ntibigire icyo bitwara ubyunvise. Wabyita imodoka ntibitangaze, televiziyo nta cyo bitwaye. Inka aho kuzita nyakatsi, iyo dushaka kuvuga inyarwanda cyangwa ziriya nyambo tuzita Gakondo. Hari umuntu wahaye undi imodoka yongeraho amafaranga ariko nanubu ntaramwirahira.Umuco wacu urakomeye .Wari uzi ko inka zivura Stress yamaze bamwe?

  • Umuco uragahora iwacu. Nagira ngo nibwirire abanyamakuru bandika amwe mu magambo. Hari aho bavuze ngo ibihogo byiza. Nibyo. Biriya bihogo by’inyambo babyita “ibihogo bitose”. Ahandi ngo zambaye amasaro. Babyita kwambara “imiheha”.

  • mujye mudusobanurira neza tumenye ngo inturire, indakamirwa,inkangaza nikyi, ese bituruka mukyi? kabisa byaba byiza. murakoze

Comments are closed.

en_USEnglish