Digiqole ad

Umugabo wa 1,32m akundana n’inkumi ireshya na 1,82m

 Umugabo wa 1,32m akundana n’inkumi ireshya na 1,82m

Bajya no ku mucanga bambaye imyenda micye nta kibazo

Urukundo umenya rutanagira indeshyo kuko Anton Kraft umugabo mugufi w’indeshyo y’umwana w’imyaka itanu (1,32m) akundana n’igishongore cy’umukobwa usumba abagabo benshi cyane wa metero imwe na cantimetero 82.

Anthon na China ku mucanga mu rukundo
Anthon na China ku mucanga mu rukundo

Uyu mugabo mugufi w’imyaka 52 utuye i Florida muri USA ariko asanzwe ari n’icyamamare mu bijyanye no guterura ibiremereye kuko yigeze kuzamura n’amaboko ye 228Kg no kubagore rero ntabwo yisondeka.

China Bell, w’imyaka 43, umugore bamaze amezi atandatu bakundana avuga ko yabanje ‘gupinga’ uyu mugabo ubwo yamuteretaga bwa mbere, gusa ngo amaze kumenya ubushobozi bwe mu guterura ibiremereye yahise amwemerera urukundo nk’uko bitangazwa na MailOnline

China yavutse ari umuhungu ariko aza kwihinduza (transgender) agirwa umukobwa.

Ati “Nkunda ko azi guterura cyane, iyo nanjye nteruye umuntu uhiga abandi ku isi mu guterura biba bivuze byinshi. Nishimira kuba mufite kuko ni umugabo utangaje.

Uyu mugabo uterura ibiremereye cyane kumurusha abaganga bavuga ko afite ibyago byinshi byo kwicwa n’umutima.

Ariko we ati “Abantu benshi bibaza ko nkora ibi kuko nanga unsuzugurira ubugufi bwanjye, ariko siko bimeze kuko nkora ibyo nshoboye. Ubu ndi mu bagabo batanu bakomeye kurusha abandi ku Isi utitaye ku ndeshyo n’ibiro byanjye.”

Ubu ngo yumva ari we mugabo urusha abandi amahirwe ku isi kuko afite umugore umukunda cyane kandi bameranye neza nubwo batareshya bwose.

Nubwo batareshye ariko ngo ubu bakundanye bikomeye
Nubwo batareshye ariko ngo ubu bakundanye bikomeye
Uyu mugabo afite agahigo ko kuba yarazamuye n'ayo maboko ye 228Kg
Uyu mugabo afite agahigo ko kuba yarazamuye n’ayo maboko ye 228Kg
China ati nanjye guterura umugabo nk'uyu bifite icyo bivuze
China ati nanjye guterura umugabo nk’uyu bifite icyo bivuze
Avuga ko ari mu bagabo batanu bakomeye kurusha abandi ku isi
Avuga ko ari mu bagabo batanu bakomeye kurusha abandi ku isi
Ubugabo asanga ari ubutumbi
Ubugabo asanga ari ubutumbi
Nta pfunwe bimutera kugendana na cherie we umusumba bingana bitya
Nta pfunwe bimutera kugendana na cherie we umusumba bingana bitya
Bajya no ku mucanga bambaye imyenda micye nta kibazo
Bajya no ku mucanga bambaye imyenda micye nta kibazo
Iyo bikenewe hari uburyo bikorwamo
Iyo bikenewe hari uburyo bikorwamo

UM– USEKE.RW

9 Comments

  • Ndumiwe pe

  • Wamugani wa yanga ‘akazananira ifaranga uzahebe’

    • hahah you beat me to it.ubivuze neza kabisa

  • bahuye bahwanye, ntamuhungu wahindutse umukobwa; ntanigikuri cyateruye 200Kg. Muri iyi si nakataraza kari inyuma.

  • Ntibizoroha.!!

  • ni ishano

  • nguwo umusaruro w’urukundo

  • hahhhhhahhhha.simbona n`ubundi naho bataniye,namwe mwabivuze neza muti:”n`umugabo wihinduye umugore”.n`abagabo 2 bibanira munzu n`u`bundi

    Amahanga si ahantu n`ifaranga si kintu mbabwire.ndumiwe ariko

  • Bose ni ibiburaburyo,ibivagundu or ibihundugembe

Comments are closed.

en_USEnglish