Digiqole ad

Umufaransa wa Dan 6 yahuguye abakarateka bo mu Rwanda

Remera – Umwe mu bagize ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Ubufaransa Patrick Dupeux akaba inararibonye mu mukino wa Karaté amaze icyumweru mu Rwanda ahugura abakarateka bakina Wado Ryu.

Uwayo Theo (ibumoso), Patrick Dupeux na Maitre Sinzi Tharcisse  imbere y'abandi bakarateka bari gusoza amahugurwa

Uwayo Theo (ibumoso), Patrick Dupeux na Maitre Sinzi Tharcisse imbere y’abandi bakarateka bari gusoza amahugurwa

Aya mahugurwa yashojwe kuwa 10 Kanama yarangijwe n’ibizamini ku bakurikiranye aya mahugurwa bari bafite nibura kuva kuri Dan 1, maze abatsinze bakazamurwa mu ntera.

Maitre Sinzi Tharcisse inararibonye muri Karaté akaba afite Dan 5, avuga ko muri Karaté nta gihe umuntu agera ku musozo ahubwo ahora akeneye guhugurwa ari nayo mpamvu bateguye aya mahugurwa ngo batoze urubyiruko ibishya muri Karaté.

Aya mahugurwa ntabwo yitabiriwe n’abakarateka bo mu Rwanda gusa kuko na Kazungu Salvator wari ufite Dan 3 we na bagenzi be bavuye i Burundi bakaza guhugurwa, uyu kazungu akaba yaratahanye Dan ya kane, n’ubumenyi bushya agiye gusangiza abarundi.

Maitre Sinzi yabwiye umunyamakuru w’Umuseke ati “ Buri gihe umukarateka wabigize umwuga aba akeneye guhugurwa, akamenya ibishya. U Bufaransa ni igihugu gifite Karaté iteye imbere cyane, uyu wahuguraga ni umwe mu nzobere bafite. Asize rero yigishije byinshi hano bigezweho muri Karaté.”

Sinzi Tharcisse ufite Dan ya 5 yemeza ko muri Karaté umuntu akomeza akihugura

Sinzi Tharcisse ufite Dan ya 5 yemeza ko muri Karaté umuntu akomeza akihugura

Uyu Patrick Dupeux (6em Dan) yabwiye Umuseke ko yabonye Karaté yo mu Rwanda itari hasi na gato.

Yagize ati “ nahuguye abakinnyi bari ku rwego rwiza, byantunguye cyane ngereranyije n’uko naje mbitekereza. Biragaragara ko u Rwanda ruri mu bihugu byagize abarimu beza ba Karate.”

Dupeux akaba mubyo yasabye bamwe mu bazamutse mu ntera ari uguhozaho mu gukurikirana (update) ibiba bigezweho muri uyu mukino, ubundi ukomoka mu Ubuyapani.

Aba ni abaturutse mu gihugu cy'u Burundi baje gukurikirana amahugurwa

Aba ni abaturutse mu gihugu cy’u Burundi baje gukurikirana amahugurwa

Patrick arerekana zimwe muri tekiniki zigezweho n'uko zikorwa

Patrick arerekana zimwe muri tekiniki zigezweho n’uko zikorwa

Kazungu Salvador waturutse i Burundi yavanye Dan ya kane mu Rwanda nyuma yo gutsinda ikizamo ni gukurikira amahugurwa

Kazungu Salvador waturutse i Burundi yavanye Dan ya kane mu Rwanda nyuma yo gutsinda ikizamo ni gukurikira amahugurwa

Aba bakobwa bato bafite imikandara y'umukara bari mu mahugurwa

Aba bakobwa bato bafite imikandara y’umukara bari mu mahugurwa

 

Uyu mwana w'umuhungu afite umukanda w'umukara nawe yakurikiraga amahugurwa

Uyu mwana w’umuhungu afite umukanda w’umukara nawe yakurikiraga amahugurwa

Aba bana bazakura bumva neza ibyo bahuguwe

Aba bana bazakura bumva neza ibyo bahuguwe

Rurangayire Guy (Umunyamabangawa FERWAKA) , Patrick Dupeux na Sinzi Tharcisse bari gutanga ibizami bya Dan ya kane

Rurangayire Guy (Directeur technique wa FERWAKA) , Patrick Dupeux na Sinzi Tharcisse bari gutanga ibizami bya Dan ya kane

Ruslan Adamov umutoza w'Ikipe y'igihugu ya Karaté (ubanza iburyo) yaje kuza mu batanga ibizami

Ruslan Adamov umutoza w’Ikipe y’igihugu ya Karaté (ubanza iburyo) yaje kuza mu batanga ibizami

Aha arerekana ko iyo uhagaze neza muri iyo tekinike umuntu ashobora kukuryama mu mugongo

Aha arerekana ko iyo uhagaze neza muri iyo tekinike umuntu ashobora kukuryama mu mugongo

 

Ku munsi w'ikizami bamwe mu batsindiye Dan ya 3

Ku munsi w’ikizami aba ni bamwe mu batsindiye Dan ya 3

Maitre Sinzi na Patrick bagiye gusoza amahugurwa

Maitre Sinzi na Patrick bagiye gusoza amahugurwa

Arerekana uko batera igipfunsi

Arerekana uko batera igipfunsi

Abakarateka benshi mu gihugu bitabiriye aya mahugurwa

Abakarateka benshi mu gihugu bitabiriye aya mahugurwa

Aha yerekanaga uburyo ushobora gusunikwa n'abantu babiri bakakunanirwa

Aha yerekanaga uburyo ushobora gusunikwa n’abantu babiri bakakunanirwa kuko uhagaze neza

Aba bakina muri  Lion Club barishira ko bageze kuri Dan ya gatatu; Marie France na Claire ubu nibo bagore mu Rwanda ubu bafite iki kiciro muri Karaté

Aba bakina muri Lion Club barishira ko bageze kuri Dan ya gatatu; Marie France (hagati) na Claire ubu nibo bagore mu Rwanda ubu bafite iki kiciro muri Karaté

Ifoto y'umunu watangije Wado Ryu witwa Ohtsuka- Hironori wari ufite Dan 10

Ifoto y’umunu watangije Wado Ryu witwa Otsuka Hironori wari ufite Dan 10. Yitabye Imana mu 1982 ku myaka 89 , yahawe ikuzo n’umwami w’Abami Hirohito muri Japan mu 1966. Uyu mugabo kandi yashyizwe ku rwego rwa Shodai Karate-do Meijin Judan ((first-generation Karate master 10th dan) mu mateka nta wundi mukinnyi wa Karaté wageze aha ku Isi

Photos/R Ruti

Roger Marc rutindukanamurego
UM– USEKE.RW

en_USEnglish