Digiqole ad

Ubufatanye buracyenewe cyane mu gukurikirana ibyaha bidasanzwe – Kagame

 Ubufatanye buracyenewe cyane mu gukurikirana ibyaha bidasanzwe – Kagame

Perezida Kagame, umuyobozi wa Interpol hamwe na IGP Emmanuel Gasana binjira mu nama muri Convention Center

Perezida Kagame kuri uyu wa gatatu yafunguye inama ya 18 ya “Eastern Africa Police Chiefs’ Cooperation Organization Annual General Meeting (EAPPCO-AGM) aho yibukije ko ubufatanye bw’abashinzwe umutekano bukenewe cyane mu gukurikirana ibyaha bigezweho ubu usanga bidasanzwe (complex crimes).

Perezida Kagame, umuyobozi wa Interpol hamwe na IGP Emmanuel Gasana binjira mu nama muri Convention Center
Perezida Kagame, umuyobozi wa Interpol hamwe na IGP Emmanuel Gasana binjira mu nama muri Convention Center

Iyi nama iri kubera muri Kigali Convention Center ihurije hamwe abayobozi ba Police n’ababahagarariye bavuye mu bihugu 37 bya Africa, iri kwiga cyane ku kongera ubufatanye no kuzana ibishya mu kurwanya ibyaha biteguye n’ibyaha biri kwaduka ubu.

Perezida Kagame ayifungura, yavuze ko EAPCCO yamaze kwerekana umumaro ufatika mu bihugu 13 byo mu karere bigize uyu muryango uhuza Police zo mu bihugu by’akarere.

Perezida Kagame ashimira Interpol, byose bihuriramo, ko ikomeje guha agaciro Africa mu bikorwa byayo.

Ati “Ubufatanye bwa hafi buracyenewe cyane mu guperereza ibi byaha biriho ho ubu gufata, kohererezanya no gukurikirana ababiregwa.”

Ibyaha bishya ubu birimo nk’ubujura,ubwambuzi, ubuhemu…byifashishije ikoranabuhanga (Cyber Crimes), gucuruza abantu ubambukiranya imipaka, gucuruza ibiyobyabwenge byambukiranya imipaka n’ibindi…

Perezida Paul Kagame yavuze ko ikoranabuhanga ari ryo rizabibfashamo kubikurikirana cyane kandi ko Africa iri kwihuta cyane mu kubona ikoranabuhanga na Internet yihuse cyane ku kigero kiri hejuru ku isi.

Ati “Ibyaha birahari ariko ntabwo twakwihanganira gusubira inyuma ku muvuduko w’iterambere turiho kubera byo.”

Ashimangira ko  ubufatanye, guhanahana amakuru no guhora bajyana n’ikoranabuhanga rigezweho ryinjizwa muri Police ari iby’ingenzi cyane.

Avuga ko buri gipolisi mu bigize uyu muryango gikoze neza ibyo gikwiriye gukora abaturage batekana kandi bakishimira ibihugu byabo.

Abatumiwe bahagarariye ibihugu binyuranye mu nzego zo kurwanya ibyaha
Abatumiwe bahagarariye ibihugu binyuranye mu nzego zo kurwanya ibyaha
Abatumirwa banyuranye bitabiriye iyi nama
Abatumirwa banyuranye bitabiriye iyi nama
Baturutse mu bihugu 37 bya Africa byose bihuriye muri Interpol
Baturutse mu bihugu 37 bya Africa byose bihuriye muri Interpol
Uhereye ibumoso baririmba indirimbo yubahiriza igihugu, uhagarariye ubuyobozi bwa EAPCCO, umuyobozi wa Interpol, Perezida Kagame n'umuyobozi mukuru wa Police y'u Rwanda
Uhereye ibumoso baririmba indirimbo yubahiriza igihugu, uhagarariye ubuyobozi bwa EAPCCO, umuyobozi wa Interpol, Perezida Kagame, Minisitiri w’umutekano mu gihugu n’umuyobozi mukuru wa Police y’u Rwanda
Mu gihe cy'inama
Mu gihe cy’inama
Uhagarariye umugabo w'ingabo z'u Rwanda hamwe na Minisitiri w'iterambere ry'umuryango
Uhagarariye umugabo w’ingabo z’u Rwanda hamwe na Minisitiri w’iterambere ry’umuryango
Abayobozi banyuranye ba Police y'u Rwanda muri iyi nama
Abayobozi banyuranye ba Police y’u Rwanda muri iyi nama
Perezida Kagame asezera kuri bamwe mu batumirwa nyuma y'inama
Perezida Kagame asezera kuri bamwe mu batumirwa nyuma y’inama
Ubufatanye bwa Police z'ibihugu bigize EAPCCO ngo ni ingenzi mu guha abaturage umutekano
Ubufatanye bwa Police z’ibihugu bigize EAPCCO ngo ni ingenzi mu guha abaturage umutekano
Ifoto rusange y'abayobozi bakuru bitabiriye iyi nama i Kigali
Ifoto rusange y’abayobozi bakuru bitabiriye iyi nama i Kigali

Photos © D S Rubangura/UM– USEKE

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

4 Comments

  • umuseso muraduhangitse none se Musa Fazil ko mbona ahari mukaba muta muvuga uriya se we umeze nku musirikari wo kwa hadui nuwahe ko mutamutubwiye yatutse he

  • Uyu si umuseso ariko ni umuseke!Si byo Jay?!

  • Abashyize hamwe ntakibananira, ubufatanye niyo nkingi ifasha abantu gushyira hamwe mu rwego rwo kunoza ishingano, polisi mpuzamahanga nizishyira hamwe ntakabuza ibyaha bizagabanyuka ku rwego rugaragarira buri wese

  • Ariko kay wagiye wandika wabanje gusoma neza inkuru ukareka no gutukana hadui uzi icyo bisobanura? hadui asa ate?

Comments are closed.

en_USEnglish