U Rwanda na Congo baracyategereje imyanzuro ya CAF
Nyuma y’uko ubuyobozi n’abanyamatego b’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) batanze ibisobanuro k’ubujurire u Rwanda rwatanze, ubu yaba abanyarwanda ndetse n’abanyekongo buri ruhande rufite amatsiko ku myanzuro ya CAF.
Bony Mugabe umuvugizi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda yabwiye Umuseke ko u Rwanda rw’isobanuye neza rutanga ibimenyetso bifatika birurengera ku mwanzuro wo guhagarika Amavubi mu marushanwa yo gushaka Tike ijya mu gikombe cya Africa 2015.
Ati “ Biratinda (gutanga imyanzuro) kuko akanama gashinzwe ubujurire muri CAF iyo kamaze gufata imyanzuro siko kayitangaza karabanza ka kabishyikiriza inama nkuru y’ubuyobozi bwa CAF nabwo bukobona kubitangariza federasiyo zirebwa n’icyo kibazo.”
Ku gicamunsi cyo kuwa gatatu, nyuma yo gutanga ibisobanuro k’ubujurire bw’u Rwanda umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) Nzamwita Vincent Deugole abinyujije kurukuta rwe rwa twitter yavuze ko bigendanye n’ibisobanuro batanze ngo afite ikizere ko CAF izakuraho ibihano bafatiwe u Rwanda.
Ubu igihugu cya Nigeria gitegereje kimwe muri ibi bihugu byombi kizatsinda uru rubanza kugirango ibone ikipe bizakina umukino ubanza wo mu itsinda rya mbere mu gushaka itike y’igikombe cya Afrika cya 2015.
Paul NKURUNZIZA
UM– USEKE.RW
0 Comment
iki gisaza kirananiwe
Kuri ubu hashize amasaha arenga 28 abanyarwanda
bategereje kumenya niba ubujurire ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu
Rwanda ryatanze, ku kibazo cy’umukinnyi Tagy Etekiama cyangwa se Daddy
Birori, bwemewe cyangwa bwanze.
Kuri uyu wa gatatu, saa 13h37, ni bwo uwanyuma mu baburaniraga u
Rwanda, yari amaze kumva n’akanama k’ubujurire k’ishyirahamwe ry’umupira
w’amaguru muri Africa, CAF gusa kugeza na n’ubu, icyemezo kiri
official, ntikiratangazwa.
Mbere amakuru yavugaga ko bitazarenga amasaha 24 hataramenyekana
igisubizo cya nyuma, ariko ubu bimaze kuba amasaha arenga 28, nta
cyemezo kiratangazwa cya nyuma, ndetse abayobozi ba FERWAFA baracyari
Cairo, barategereje.
Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa kane, ahagana mu masaha ya saa
cyenda n’igice (15h30’), ku isaha yo mu Rwanda, CAF ibicishije ku rubuga
rw’ayo rwa Internet imaze gutangaza uko amakipe azahura mu mikino
y’amajonjora y’igikombe cy’Africa, igumisha Congo Brazza mu mwanya wa
yo.
Uko amakipe azahura k’umunsi wa mbere
Iyi gahunda byari bibaye ngombwa ko yongera gutangazwa, ahanini
bitewe n’uko hari ibihugu byari byareze, bitangaza ko bishaka ko imikino
ya byo yakwimurwa kubera icyorezo cya ebola, gikomeje kuyogoza Africa
y’ibirengerezaba.
Congo Brazzaville na yo yareze ivuga ko muri Nigeria hababangamiye,
gusa CAF itangaje ko nta gihindutse ku mikino n’aho izabera, ikavuga ko
niyo hagira igihinduka, ari nyuma y’imikino 2 ibanza, bitewe n’inama
bagirwa n’umuryango w’abibumbye wita k’ubuzima OMS cyangwa se WHO.
Congo Brazzaville yamaze guhamagara abakinnyi izifashisha, ndetse n’imyitozo barayitangira vuba.
Ese u Rwanda rwaba rwasezerewe, cyangwa rurakomeza?
Ruhagoyacu iracyabakurikiranira amakuru.
Izindi nkuru
Kuya 28-08-2014 saa 11:57
Ariko, tureke urwenya; Ubwo mutegereje ko CAF ihara credibility yayo, igatangaza ko icyemezo yafashe ataricyo, ko u rwanda rukomeje amajonjora? Ubwo ntimubona ko n’ubwo bujurire yabusuzuguye ? Abo bayobozi ba Ferwafa bazicara Cairo kugeza ryari? Nibitahire.
urukundo n’amafaranga niki kiruta ibindi,Urwanda ni incuti ,kongo amabuye y’agaciro mubwire namwe.
Comments are closed.