Digiqole ad

Twumba: Inkangu yahitanye umugore n’abana be babiri n’amatungo yabo

 Twumba: Inkangu yahitanye umugore n’abana be babiri n’amatungo yabo

Iburengerazuba – Mu  mvura idasanzwe  yaraye iguye mu mirenge itandukanye  igize Akarere ka karongi  yasize itwaye ubuzima bw’umubyeyi n’abana be babiri  mu murenge wa Twuumba aka gari ka Rutabi umudugudu wa Rutabi.

Aha hari hahagaze inzu igiikoni n'ibirarobyose byaguye bitembanwa n'inkungu abantu n'amatungo bihasiga ubuzima
Aha hari hahagaze inzu igiikoni n’ibirarobyose byaguye bitembanwa n’inkungu abantu n’amatungo bihasiga ubuzima

Marie Rose Mukandutiye wari mu turimo two mu rugo  n’abana  be babiri b’imyaka itandatu n’undi w’umwaka umwe n’igice inzu yabo yagwiriwe n’inkangu maze iranabatembana.

Iyi nkangu kandi yamanukanye inka imwe, ihene ebyiri, ingurube imwe n’inkoko esheshatu yari amatungo y’uyu muryango.

Athanase Habimana  umugabo w’uyu mugore we yarokotse iki kiiza kuko imvura yamufatiye mu nzira avuye mu mirimo ye akugama mu baturanyi, ubu akaba yapfakajwe n’inkangu.

Mathias Irafasha umuvandimwe w’uriya mugore wahitanywe n’inkangu yabwiye Umuseke ko ivmura ihise bahise batangazwa no kubona ahari inzu yo kwa Habimana itagihari maze bihutira gutabara.

Ati “Twasanze inkangu yabatembanye ndetse bashizemo umwuka n’ariya matungo yose.”

Olivier Cyubahiro  Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Twumba by’agateganyo yabwiye Umuseke avuga ko bababajwe cyane n’aka kaga kagwiririye uyu muryango ndetse n’Umurenge wahise ubatabara.

Cyubahiro ati “Umurenge wacu uri mu misozi kandi abaturage benshi batuye mu mabanga y’imisozi niyo mpamvu tubakangurira gutura ahagenewe kuba imidugudu  kuko imvura ikabije ishobora gukomeza gutwara ubuzima bwacu.”

Akarere ka Karongi mu Burengerazuba kari mu turi kwibasirwa n’ibiiza cyane cyane bishingiye ku mvura nyinshi iri kugwa muri iyi minsi, mu bihe bishize inkuba nizo zibasiraga aka gace ubu inkangu nizo ziri guca ibintu, zibasira cyane abatuye munsi y’imikingo minini.

Marie Rose Mukandutiye n’abana be babiri bahise bashyingurwa kuri uyu wa kabiri.

Abasigaye n'abaturanyi bari mu gahinda
Abasigaye n’abaturanyi bari mu gahinda

Sylvain NGOBOKA
UM– USEKE.RW /Karongi

2 Comments

  • Imana yo nyirubutware yihnganishe uyu mugabo wabuze umuryango wose ndeste n’umutungo wose akaba asigaye ameze nk’igiti kitagira amashami n’imizi

  • RIP kandi uwo mugabo usigaye akomere ku Mana ye amere nka Yobu ntiyihakane Imana

Comments are closed.

en_USEnglish