Telephone zitwara za Miliyari urubyiruko rwa East Africa
Ubushakashatsi buherutse gukorwa ku rubyiruko rukoresha itumanaho rya telephone muri Afurika y’iburasirazuba bwerekanye ko hakoreshwa akayabo k’amamiliyoni y’amadorali ku kwezi agurwa amakarita ya telephone (air time).
Mu byumweru bitatu hakozwe ubushakashatsi muri Kenya bwagaragaje ko ku rubyiruko 36,000 rufite hagati y’imyaka 7 na 24 umubare wamafaranga bakoresha yo kugura amakarita ya telefoni mu gihe baganira n’inshuti zabo ari ku kigero cya million 7 z’amadorali y’amanyamerika mu kwezi binganna na (milliyari 75.6 ) ku mwaka.
Ikigo cy’itumanaho SAFARICOM cyerekana ko cyinjije miliyari 94 zamashiringi mu mwaka wa 2010 . Ubushakashatsi bwakozwe bwerekanye ko urubyiruko rwo muri Kenya rukoresha million 38 z’amadorali (3.4 miliyari y’amashingi) mu minsi 30 gusa, hagakurikiraho urubyiruko rwa Uganda ruri ku kigero cya miliyoni 20 z’amadorali bingana na (miliyari 1. 8 zamashiringi) na Tanzaniya miliyoni 12 zamadorali (miliyari 1.1 zamashiringi) ku kwezi.
Ubu bushakasgatsi bwakozwe na Consumer Insight kandi bwerekanye ko 62% by’urubyiruko muri AFRICA yose bafite SimCard imwe (telephone) naho 23% ku ijana bafite SimCard ebyiri(telephone )
Ubundi butunzi bw’urubyiruko ngo bwaba bugenda mu gihe bagura Internet ngo bakoreshe FACEBOOK kuko ku rubyiruko rwa Africa yose rukoresha Internet, 90% ngo bakoresha facebook, naho 17% nibo ngo bakoresha TWITTER.
JP Gashumba
Umuseke.com
1 Comment
ibigo bicuruza itumanaho ndunva byarabyungukiyemo!
Comments are closed.