Digiqole ad

Tanzania: Abahitanywe n’igorofa bamaze kugera kuri 34

Kuva kuwa gatanu w’icyumweru gishize amarira yari menshi mu Mujyi wa Dar es Salaam, nyuma y’aho igorofa yarimo kubakwa ihirimye igahitana benshi.

Mu bagwiriwe n'uyu muturirwa harimo abawubakaga n'abana barimo kwigira mu ishuri ryigisha Coran riri hafi yawo.
Mu bagwiriwe n’uyu muturirwa harimo abawubakaga n’abana barimo kwigira mu ishuri ryigisha Coran riri hafi yawo.

Kuri uwo munsi imibiri yahise iboneka yageraga mu icumi, ariko kugeza ubu abamaze kuboneka baragera kuri 34 nk’uko BBC dukesha iyi nkuru yabitangaje.

Ubwo iyi gorofa yarimo kubakwa mu gace ka Kariakoo mu Mujyi wa yagwaga Dar es Salaam, yarahirimye igwira imodoka nyinshi zari munsi yayo ndetse ngo n’abakozi benshi barimo kuyubaka baba barahasize ubuzima.

Kugeza ubu icyatumye iyi nyubako ihirima ngo ntikirajya ahagaragara ariko hari abavuga ko itari yujuje ibisabwa.

Uretse bamwe mu barimo kuyubaka bahasize ubuzima ngo hari n’abana bakiniraga hafi yayo yagwiriye bagahita bitaba Imana, nk’uko bivugwa n’abari baturiye iyo nyubako.

Perezida wa Tanzania Jakaya Kikwete yageze ahabereye iyi mpanuka ndetse ategekako abateye iyi mpanuka babiryozwa.

Uyu mubare w’abantu bagera kuri 34 wemejwe n’umuyobozi wa Polisi yo muri Dar es Salaam, Saidi Mecky Sadicky wavuze ko kugera kuwa gatandatu hari hamaze kuboneka imibiri 24 ariko ngo kuva mu ijoro ryakeye kuza uyu munsi hamaze kuboneka abandi icumi; kuburyo bashobora no kuza kwiyongera.

Abwira AFP uko igikorwa cy’ubutabazi cyifashe kugeza ubu Saidi Mecky Sadicky, yagize ati “Turakomeza gushakira ko twabona indi mibiri wenda hari abo dushobora kubona. Turakomeza tugera hasi cyane kugira ngo hatagira n’umwe uzasigaramo.”

Gusa ngo amahirwe ni make cyane yo kubona umuntu ugihumeka umwuka kuko iyi gorofa y’amazu 12 yaguye nabi cyane, ndetse ngo yaguye ahantu hasanzwe amazu yo guturamo, amazu y’ubucuruzi, n’umusigiti.

Ubwo yagwaga hakozwe ubutabazi bwihuse mu rwego rwo gutabara abo yagwiriye.
Ubwo yagwaga hakozwe ubutabazi bwihuse mu rwego rwo gutabara abo yagwiriye.
Ubwo yagwaga hakozwe ubutabazi bwihuse mu rwego rwo gutabara abo yagwiriye.
Barimo kureba ko baramira abari muri iyi modoka yagwiriwe n’iyi gorofa.
Buri wese mu mbara ze yagerageza kureba ko yatanga umusanzu atabara abagwiriwe n'uyu muturirwa w'amagorofa 12.
Buri wese mu mbara ze yagerageza kureba ko yatanga umusanzu atabara abagwiriwe n’uyu muturirwa w’amagorofa 12.
Ibimashini kabuhariwe nabyo byari byitabajwe ngo barebe ko batabara abantu.
Ibimashini kabuhariwe nabyo byari byitabajwe ngo barebe ko batabara abantu.
Yaguye nabi kuburyo yahitanye benshi ikanangiza byinshi.
Yaguye nabi kuburyo yahitanye benshi ikanangiza byinshi.

Photos: BBC

INKINDI Sangwa
UM– USEKE.COM

0 Comment

  • AYIWEEEEEEEE
    UKU NIKO ABASIRIKARE BAZOHEREZA MURI KONGO BAZAHASHIRIRA NGO BAGIYE KURWANA NIMITWE YITWAJE INTWARO
    GUSA NIBIHANGANE
    ABARIYE ISIMA NA ZA FERABETO BO BAZABAZWE ABYANGIRITSE BYOSE

    • Man uransekeje kabisa ubwo se kongo na etaje bihuriye he? hahahahahaha…….

  • Izina rishobora kuba ariryo muntu kuwatanze comment ya mbere!!!!! Abagize ibyago bihangane.

  • nshimishijwe ko nawe wiyise imbwa muzindi koko. gusa ntugira n’umurizo

  • nawe siwowe nikibigutera urumuntu wimbwa sana namutima ugira uteye nabi gusa ahurihose umenye udakwiye kuba mubantu

    • kiriya kibwa nkuko kiyise, cyavumbuye izina rigikwiye kabisa, bene bariya nibo usanga no kwica kuribo ari nkubufindo, kiriya ugize ibyago muri kumwe ntacyo cyakumarira, gusa kimenye ko isi ntanshuti igira, ubu nibo, ejo nicyo!

  • Uri imbwa koko ahubwo uzongereho imbwa yumusega kuko nturi umuntu

Comments are closed.

en_USEnglish